• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Ubwanditsi 15 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuwa gatatu tariki ya 14 Ukuboza 2016, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru habereye inama nyunguranabitekerezo y’umunsi umwe yahuje Polisi y’u Rwanda n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye hano mu Rwanda. Muri iki kiganiro,Polisi y’u Rwanda yagejeje ku banyamakuru ishusho y’umutekano, aho ibyaha byagabanyutseho 12% muri rusange.

Iyi nama yahuje abanyamakuru na Polisi y’u Rwanda yari ifite insanganyamatiko igira iti:”Uruhare rw’itangazamakuru mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Atangiza iyi nama ku mugaragaro, Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Jonhston Busingye yashimye ubufatanye Polisi y’u Rwanda ifitanye n’itangazamakuru hagamijwe kubahiriza amategeko.

Kuri iyi ngingo yavuze ati:’’Birazwi ko itangazamakuru ari ubutegetsi bwa 4, kandi bufite inshingano zabwo, ntitwarwanya ibyaha n’ibibangamira umutekano w’abandi tudafite amakuru, kandi aha ni ho itangazamakuru nk’urwego rufite ubushobozi bwo guhindura imyumvire rusabwa guhanahana amakuru n’izindi nzego atuma ibyaha bikumirwa.”

Yakomeje avuga ati:”Ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu, ruswa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bishobora gusenya igihugu cyangwa bikabangamira iterambere twiyemeje, ni ngombwa rero ko habaho ubufatanye bw’abanyamakuru kuko ijwi ryabo rigera ku banyarwanda benshi.”

Muri iyo nama, umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) Georges Rumanzi, yabwiye abanyamakuru ko impanuka zo mu muhanda ahanini ziterwa n’uburangare bw’abashoferi ndetse n’umuvuduko ukabije, ariko ko zishobora no gutezwa n’ibikorwa remezo nk’imihanda bitagendanye n’umubare w’ibinyabiziga byinjira mu Rwanda. Aha yavuze ati:”Kuva mu mwaka wa 2011 kugeza muri uyu mwaka wa 2016, mu Rwanda hinjiye ibinyabiziga 85, 223, ni ukuvuga ko buri mwaka hinjira ibinyabiziga 17,044, bisobanuye ko buri kwezi ku muhanda hiyongera ibinyabiziga 1420, bikaba bigaragara ko ibinyabiziga byiyongera ndetse n’abababitwara bariyongera.

Yakomeje avuga ko ababuriye ubuzima mu mpanuka zo mu muhanda muri uyu mwaka ari 114, abakomeretse cyane ni 230 naho abakomeretse byoroheje ni 730, ugereranyije n’igihembwe gishize usanga impanuka zo mu muhanda zaragabanutseho 37%.

Umuyobozi w’ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Morris Muligo yavuze ko muri rusange ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize.

Mu byaha byari ku isonga muri uyu mwaka harimo gukubita no gukomeretsa, kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge, gusambanya abana, ubujura buciye icyuho n’ubudakoresheje kiboko.

Yakomeje avuga ati:” bimwe mu byatumye ibi byaha bigabanuka uko habayeho ubufatanye bushimishije hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage, ndetse n’izindi nzego mu gukumira no kurwanya ibyaha muri rusange.”

Umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikorwa muri Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) Emmanuel Butera, yashishikarije abanyamakuru gukangurira abanyarwanda kuzizihiza iminsi mikuru isoza n’itangira umwaka mu mahoro n’umutekano. Aha yavuze ati:”Tugiye kujya mu minsi mikuru isoza n’itangira umwaka mudufashe gukangurira abanyarwanda kwishima ariko banazirikana ko ntawe ukwiye gutakaza ubuzima mu buryo bw’amaherere kandi ko ntawe ukwiye guhungabanya umutekano w’abandi.”

Yakomeje avuga ati:”Twese dufatanye ngo umutekano wacu ukomeze kuba mwiza, twirinda ibyaha kandi tubizeza ko Polisi y’u Rwanda ifite ububasha n’ubushobozi mu kubabungabungira umutekano ariko ni ngombwa ko dufatanya.”

Hatanzwe ibiganiro birimo icy’uruhare rw’itangazamakuru mu iterambere rirambye, uruhare rw’itangazamakuru mu gukumira no kurwanya ibyaha níbindi.

Asoza iyi nama ku mugaragaro, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana yashimiye abanayamakuru kubera inkunga batanga mu kubaka igihugu

Yavuze ati:”Uruhare n’ubufatanye dufitanye ni ingenzi mu gukumira no kurwanya ibyaha no gushyira mu bikorwa amategeko, kugira amakuru ni imbaraga ariko kuyakoresha ni imbaraga nyinshi cyane.”

Abakora ibyaha barakoresha ikoranabuhanga kubatahura birasaba ubufatanye buhambaye mu ikoranabuhanga, ni byiza ko twasubiramo amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’itangazamakuru mu rugamba rwo gushaka umutekano.”

Yasoje yifuriza abanyamakuru kuzarangiza umwaka mu mahoro no gutangira umushya mu mutekano.

-5043.jpg

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana

Inama yasojwe abayitabiriye biyemeje ko habaho gufatanya hagati ya Polisi y’u Rwanda n’itangazamakuru mu kwigisha abaturarwanda amategeko y’umuhanda no kubakangura kuyubahiriza, by’umwihariko abanyamaguru, itangazamakuru ryiyemeje kugira uruhare mu gukumira ibyaha rihanahana amakuru na Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego zibishinzwe, ryiyemeje kandi gukurikiza amategeko mu gutara no gutangaza amakuru yimakaza amahoro, umutekano n’iterambere birambye.

Itangazamakuru ryaniyemeje kugira uruhare mu gukangurira abaturarwanda kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka bubahiriza amategeko, yaba ayo mu muhanda cyangwa andi arebana umutekano muri rusange.

RNP

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 May 2021
Polisi y’u Rwanda yafatanye abantu batanu ibiro 170 by’urumogi mu bikorwa byayo byo kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yafatanye abantu batanu ibiro 170 by’urumogi mu bikorwa byayo byo kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 11 Jun 2025
Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Ubwanditsi 24 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwemeje ko Dr. Theoneste Niyitegeka azarangiza ibihano yahawe muri gacaca
ITOHOZA

Urukiko rwemeje ko Dr. Theoneste Niyitegeka azarangiza ibihano yahawe muri gacaca

Ubwanditsi 14 Jun 2017
Centrafurika: Abapolisi b’u Rwanda n’abaturage bigiye hamwe umuco wo kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwiteza imbere
Mu Rwanda

Centrafurika: Abapolisi b’u Rwanda n’abaturage bigiye hamwe umuco wo kugira uruhare mu kwicungira umutekano no kwiteza imbere

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Ubwanditsi 12 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru