• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urukiko rwemeje ko Dr. Theoneste Niyitegeka azarangiza ibihano yahawe muri gacaca

Urukiko rwemeje ko Dr. Theoneste Niyitegeka azarangiza ibihano yahawe muri gacaca

Ubwanditsi 14 Jun 2017 ITOHOZA

Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwemeje ko ikirego cya Dr. Niyitegeka Theoneste atari impaka zijyanye no kurangiza imanza nk’uko yari yabiregeye

Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye rwavuze ko ikirego cya Dr. Niyitegeka yaruregeye arusaba gukemura impaka ziterwa no kuba yarahamijwe icyaha, agahabwa n’ibihano bidakurikije amategeko n’urukiko Gacaca rw’Ubujurire rwa Gihuma mu Murenge wa Nyamabuye.

Urukiko ruvuga ko Dr. Niyitegeka yaregeye kuba yarahamijwe icyaha hashingiwe ku ngingo ya 11 agaka ka 4 k’itegeko ngenga nimero 16/2004 kandi aka gaka ntakarimo.
Niyitegeka kandi ngo yahanishijwe igifungo cy’imyaka 15 n’urukiko Gacaca rw’ubujurire rwa Gihuma hakurikijwe agaka ka 4 k’ingingo ya 14 ka ririya tegeko ryavuzwe haruguru kandi nyamara ntaho iki gihano kigaragara muri iyo ngingo.

Urukiko rusoma urwo rubanza, rwavuze ko ntaho rwahera ruvuga ko ibyo Dr. Niyitegeka yahamijwe ari impaka zishingiye ku rubanza yaciriwe n’urukiko Gacaca rwa Gihuma.

Urukiko rwavuze ko n’ubwo yahamijwe ibyaha mu gaka katagaragara mu ngingo z’itegeko ntaho rwahera rwemeza ko ari impaka zishingiye ku byaha yahamijwe kuko atabasha kugaragaza icyaha cyari kumuhama.

Naho kuba yarahawe igihano cyo gufungwa imyaka 15, hashingiwe ku ngingo itagaragaza icyo gihano, urukiko rwavuze ko Dr. Niyitegeka Theoneste atagaragaza ikindi gihano akwiye kuba yarahawe cyangwa se ngo agaragaze ko hari ikindi kirengangijwe bityo ko atari impaka zivugwa mu irangiza ry’urubanza rwaciwe n’urukiko Gacaca rwa Gifumba.

Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye rwavuze ko Dr. Niyitegeka atagomba gutanga amagarama yose y’urukiko ibihumbi 25RWf kuko yaburanye afunze.

Dr. Niyitegeka wigeze kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repuburika, yakatiwe n’urukiko Gacaca rw’ubujurire rwa Gihuma imyaka 15 y’igifungo mu mwaka wa 2008.

Yakatiwe icyo gihano nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubufatanyacyaha mu bwicanyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaba afungiye muri Gereza ya Muhanga.

Dr. Niyitegeka n’umwunganira mu mategeko ntibatangaje niba bazajuririra ibyemezo by’urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye.

-6965.jpg

Dr. Niyitegeka Theoneste

2017-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Ubwanditsi 29 May 2019
Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe
POLITIKI

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi
Amakuru

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.
Amakuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Ubwanditsi 11 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru