• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

Ubwanditsi 30 Jun 2017 Mu Rwanda

Ku munsi w’ejo ku wa kane ingabo za FARDC zahanganye bikomeye n’inyeshyamba zituma ingabo z’igihugu ( FARD) zitakaza ikigo cya gisirikare n’intwaro n’amasasu bitandukanye.

Iyi mirwano yabereye ahari icyicaro cy’ubuyobozi bw’ingabo za FARDC ahitwa Lulimba, ahagana mu majyepfo ya Teritwari ya Fizi, ho muri Kivu y’Amajyepfo.

Radio Okapi ivuga ko iyi mirwano ikaze yabaye mu rukerera aho kuri uyu wa Gatanu abantu bitwaje ibirwanisho bagabye igitero kuri iki cyicaro maze ubuyobozi bw’ingabo za Sokola II mu muri Kivu y’Amajyepfo bugakeka ko ari inyeshyamba za Mai-Mai.

Iyi radio ikomeza ivuga ko igitero cyagabwe n’abantu bitwaje ibirwanisho biyita ko ari abo mu ihuriro CNPSC (coalition nationale du peuple pour la souveraineté du Congo), ihuriro rishya rihuriyemo imitwe y’inyeshyamba itandukanye ikorera mu burasirazuba bwa Congo.

Nyuma y’uko iki gitero kije gitunguranye kandi bikagaragara ko gikomeye byatumye ingabo za FARDC zihita zita ibi birindiro byazo muri iyo mirwano.

Radio Okapi ikomeza ivuga ko abagabye igitero bahise bigarurira ububiko bw’intwaro bagatwara amasasu, aho binavugwa ko uduce twa Misisi na Kilembwe duturanye n’aka ka Lulimba, ngo twaba turi kugenzurwa n’izo nyeshyamba.

Amakuru aturuka mu gisirikare yo avuga ko inyeshyamba za Mai-Mai ari zo zateye ibi birindiro zigamije gusahura imbunda n’amasasu, mbere yo kongeraho ko imirwano yabaye kugeza ku gicamunsi.

-7142.jpg

FARDC

Abaturage bo muri Lulimba na Misisi bari baheze mu ngo zabo nk’uko byatangajwe na sosiyete sivile yo muri aka gace. Iki gitero kikaba cyabaye nyuma y’ukwezi izi nyeshyamba, zihuriye muri CNPSC, zigabye ikindi gitero nk’iki ahitwaTanganyika.

Nanone kandi muri iki gihugu mu mujyi wa Kinshasa kuri uyu wa Kane, umupolisi yiciwe mu gitero cyongeye kugabwa kuri gereza iri muri uyu mujyi, aho amakuru yabashije kujya ahagaragara atavuga niba hari abanyururu baba batorotse.

Muri iki gihugu, muri uyu mwaka abagororwa hafi 5,000 bamaze gutoroka gereza harimo abagera ku 4,000 batorotse mu kwezi gushize.

2017-06-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Ubwanditsi 03 Sep 2017
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

RUSHYASHYA 05 May 2026
‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC
Amakuru

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023
Icyiciro cya kabiri cy’abanyamakuru cyatangiye Itorero i Nkumba
Amakuru

Icyiciro cya kabiri cy’abanyamakuru cyatangiye Itorero i Nkumba

Ubwanditsi 20 Apr 2017
RGB
KWAMAMAZA

RGB

Ubwanditsi 25 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru