• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Ubwanditsi 06 Sep 2019 IKORANABUHANGA

Telefoni za mbere ku isoko zatangiye gukoresha ubuhanga bwa Android 10, butuma telefoni iha nyirayo umutekano usesuye mu bijyanye n’ikoranabuhanga, ikoroha gukoreshwa kandi ikaramya umuriro.

Ubu buhanga butuma smartphone ikora imirimo uyihaye cyangwa ikagusubiza icyo uyisabye (Android mobile operating system), bwatangiye gukoreshwa ku mugaragaro ku wa 3 Nzeri 2019.

Ku ikubitiro, Android 10 ikoreshwa muri telefoni zo mu bwoko bwa Google Pixel, Essential na Xiaomi K20 Pro, mu gihe izindi zigifite ibyumweru bike byo gutegereza kugira ngo zemererwe gutangira kuyikoresha.

Iyi Android ifite uburyo, iyo umuntu abihisemo, akoresha kuyikoraho uganisha mu merekezo anyuranye mu kuyiyobora igihe abihisemo, aho hamwe hasi kuri telefoni umuntu akanda akeneye kujya aho atangirira (home) cyangwa kureba ku yindi paji ya telefoni, hasimbuzwa umurongo w’umweru utambitse, agenderaho nk’uko iPhone ikora.

Gusa ubwo buryo ntabwo bufite ikintu gikomeye, gusubira inyuma. Hano ho ku ruhande rw’iburyo n’ibumoso bwa telefoni hariho ibimenyetso ukandaho bitewe n’aho wifuza kugana, harimo no gusubira inyuma.

Kuri Androïde 10, telefoni zahawe uburyo bwo gukoresha umuriro muke, aho bitandukanye n’uburyo busanzwe butuma telefoni yawe yijima hakagaragara inyuguti gusa nk’iyo ari nijoro (Dark Mode), kuri iyi nshuro bwanogejwe kurushaho.

Harimo kandi uburyo applications zinyuranye zidakomeza gukora ngo zitware umuriro nk’igihe ukeneye kwita ku kintu runaka (Focus Mode), nka Facebook, WhatsApp cyangwa Twitter zikaba zifunze mu gihe umuntu atazikeneye, ntizibe zitwara umuriro n’amafaranga, ibyo byose umuntu akabikora anyuze aho agenera imikorere ya telefoni ye (settings).

Applications nyinshi kandi zisaba ko umuntu yemeza ko zigaragaza amerekezo arimo, ariko aha harimo uburyo application ishobora kwerekana aho umuntu ari ari uko arimo kuyikoresha gusa, aho kuba igihe cyose. Ushobora no kwemeza ko bikorwa cyangwa ukabihagarika.

Hari kandi ikintu cyongewemo kijyanye n’umutkano wa telefoni yawe (privacy) aho ushobora kwemeza niba igihe wandika imibare y’ibanga ishobora kugaragara, kugena kwerekana ubutumwa bushobora gusomwa igihe telefoni irimo urufunguzo n’ibindi.

Hiyongereyeho icyiswe ‘Live Caption’ gitanga amahirwe yakwandika ku ndirimbo cyangwa amashusho birimuri telefoni, n’uburyo umubyeyi ashobora kumenya umwanya abana bamara bakoresha telefoni na applications bakoresha cyangwa se aho baherereye igihe bafite izo telefoni.

Kugira ngo telefoni za Android zose zitangire gukoresha iyi igezweho hashyizwemo igihe, bitandukanye no kuri telefoni za Apple zikoresha ubuhanga bwa iOS, kuko ho iyo hari ikintu gishya gisohotse zose zihita zikibona.

Gusa kuri Android , iyo hari ibishya bigeze ku isoko, buri kigo gikora telefoni zikoresha Androïde gifite uburenganzira bwo kuyishira muri telefoni bitewe n’uburyo yakozwe. Birashoboka ko hari telefoni zisanzwe ku isoko zizayikoresha cyangwa se bikazagenda bisaba ko zisohokana na telefoni nshya zizava mu ruganda nyuma y’ikorwa ry’iyi Android 10.

Bibarwa ko icyiciro cya mbere cya Android cyari 1.0 cyasohotse ku wa 23 Nzeri 2008, hagenda hakorwaho impinduka kugeza habonetse Android 10.

2019-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 May 2018
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020
Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Icyogajuru cya NASA cyavumbuye umubumbe wa mbere uruta Isi uri ahantu hashobora guturwa

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Min Philbert yahaye inkwenene abayobozi bafungirana internet ngo idashira

Min Philbert yahaye inkwenene abayobozi bafungirana internet ngo idashira

Ubwanditsi 23 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga  REG VC berekeje muri Police Volleyball Club
Amakuru

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump
INKURU NYAMUKURU

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian  bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo
ITOHOZA

Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo

Ubwanditsi 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru