• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Ubwanditsi 06 Sep 2019 IKORANABUHANGA

Telefoni za mbere ku isoko zatangiye gukoresha ubuhanga bwa Android 10, butuma telefoni iha nyirayo umutekano usesuye mu bijyanye n’ikoranabuhanga, ikoroha gukoreshwa kandi ikaramya umuriro.

Ubu buhanga butuma smartphone ikora imirimo uyihaye cyangwa ikagusubiza icyo uyisabye (Android mobile operating system), bwatangiye gukoreshwa ku mugaragaro ku wa 3 Nzeri 2019.

Ku ikubitiro, Android 10 ikoreshwa muri telefoni zo mu bwoko bwa Google Pixel, Essential na Xiaomi K20 Pro, mu gihe izindi zigifite ibyumweru bike byo gutegereza kugira ngo zemererwe gutangira kuyikoresha.

Iyi Android ifite uburyo, iyo umuntu abihisemo, akoresha kuyikoraho uganisha mu merekezo anyuranye mu kuyiyobora igihe abihisemo, aho hamwe hasi kuri telefoni umuntu akanda akeneye kujya aho atangirira (home) cyangwa kureba ku yindi paji ya telefoni, hasimbuzwa umurongo w’umweru utambitse, agenderaho nk’uko iPhone ikora.

Gusa ubwo buryo ntabwo bufite ikintu gikomeye, gusubira inyuma. Hano ho ku ruhande rw’iburyo n’ibumoso bwa telefoni hariho ibimenyetso ukandaho bitewe n’aho wifuza kugana, harimo no gusubira inyuma.

Kuri Androïde 10, telefoni zahawe uburyo bwo gukoresha umuriro muke, aho bitandukanye n’uburyo busanzwe butuma telefoni yawe yijima hakagaragara inyuguti gusa nk’iyo ari nijoro (Dark Mode), kuri iyi nshuro bwanogejwe kurushaho.

Harimo kandi uburyo applications zinyuranye zidakomeza gukora ngo zitware umuriro nk’igihe ukeneye kwita ku kintu runaka (Focus Mode), nka Facebook, WhatsApp cyangwa Twitter zikaba zifunze mu gihe umuntu atazikeneye, ntizibe zitwara umuriro n’amafaranga, ibyo byose umuntu akabikora anyuze aho agenera imikorere ya telefoni ye (settings).

Applications nyinshi kandi zisaba ko umuntu yemeza ko zigaragaza amerekezo arimo, ariko aha harimo uburyo application ishobora kwerekana aho umuntu ari ari uko arimo kuyikoresha gusa, aho kuba igihe cyose. Ushobora no kwemeza ko bikorwa cyangwa ukabihagarika.

Hari kandi ikintu cyongewemo kijyanye n’umutkano wa telefoni yawe (privacy) aho ushobora kwemeza niba igihe wandika imibare y’ibanga ishobora kugaragara, kugena kwerekana ubutumwa bushobora gusomwa igihe telefoni irimo urufunguzo n’ibindi.

Hiyongereyeho icyiswe ‘Live Caption’ gitanga amahirwe yakwandika ku ndirimbo cyangwa amashusho birimuri telefoni, n’uburyo umubyeyi ashobora kumenya umwanya abana bamara bakoresha telefoni na applications bakoresha cyangwa se aho baherereye igihe bafite izo telefoni.

Kugira ngo telefoni za Android zose zitangire gukoresha iyi igezweho hashyizwemo igihe, bitandukanye no kuri telefoni za Apple zikoresha ubuhanga bwa iOS, kuko ho iyo hari ikintu gishya gisohotse zose zihita zikibona.

Gusa kuri Android , iyo hari ibishya bigeze ku isoko, buri kigo gikora telefoni zikoresha Androïde gifite uburenganzira bwo kuyishira muri telefoni bitewe n’uburyo yakozwe. Birashoboka ko hari telefoni zisanzwe ku isoko zizayikoresha cyangwa se bikazagenda bisaba ko zisohokana na telefoni nshya zizava mu ruganda nyuma y’ikorwa ry’iyi Android 10.

Bibarwa ko icyiciro cya mbere cya Android cyari 1.0 cyasohotse ku wa 23 Nzeri 2008, hagenda hakorwaho impinduka kugeza habonetse Android 10.

2019-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Ubwanditsi 15 May 2019
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ubwanditsi 11 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Igikomangoma cy’Ubwongereza

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club
Amakuru

Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club

Ubwanditsi 05 Oct 2025
CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika
Amakuru

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru