• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Ubwanditsi 06 Sep 2019 IKORANABUHANGA

Telefoni za mbere ku isoko zatangiye gukoresha ubuhanga bwa Android 10, butuma telefoni iha nyirayo umutekano usesuye mu bijyanye n’ikoranabuhanga, ikoroha gukoreshwa kandi ikaramya umuriro.

Ubu buhanga butuma smartphone ikora imirimo uyihaye cyangwa ikagusubiza icyo uyisabye (Android mobile operating system), bwatangiye gukoreshwa ku mugaragaro ku wa 3 Nzeri 2019.

Ku ikubitiro, Android 10 ikoreshwa muri telefoni zo mu bwoko bwa Google Pixel, Essential na Xiaomi K20 Pro, mu gihe izindi zigifite ibyumweru bike byo gutegereza kugira ngo zemererwe gutangira kuyikoresha.

Iyi Android ifite uburyo, iyo umuntu abihisemo, akoresha kuyikoraho uganisha mu merekezo anyuranye mu kuyiyobora igihe abihisemo, aho hamwe hasi kuri telefoni umuntu akanda akeneye kujya aho atangirira (home) cyangwa kureba ku yindi paji ya telefoni, hasimbuzwa umurongo w’umweru utambitse, agenderaho nk’uko iPhone ikora.

Gusa ubwo buryo ntabwo bufite ikintu gikomeye, gusubira inyuma. Hano ho ku ruhande rw’iburyo n’ibumoso bwa telefoni hariho ibimenyetso ukandaho bitewe n’aho wifuza kugana, harimo no gusubira inyuma.

Kuri Androïde 10, telefoni zahawe uburyo bwo gukoresha umuriro muke, aho bitandukanye n’uburyo busanzwe butuma telefoni yawe yijima hakagaragara inyuguti gusa nk’iyo ari nijoro (Dark Mode), kuri iyi nshuro bwanogejwe kurushaho.

Harimo kandi uburyo applications zinyuranye zidakomeza gukora ngo zitware umuriro nk’igihe ukeneye kwita ku kintu runaka (Focus Mode), nka Facebook, WhatsApp cyangwa Twitter zikaba zifunze mu gihe umuntu atazikeneye, ntizibe zitwara umuriro n’amafaranga, ibyo byose umuntu akabikora anyuze aho agenera imikorere ya telefoni ye (settings).

Applications nyinshi kandi zisaba ko umuntu yemeza ko zigaragaza amerekezo arimo, ariko aha harimo uburyo application ishobora kwerekana aho umuntu ari ari uko arimo kuyikoresha gusa, aho kuba igihe cyose. Ushobora no kwemeza ko bikorwa cyangwa ukabihagarika.

Hari kandi ikintu cyongewemo kijyanye n’umutkano wa telefoni yawe (privacy) aho ushobora kwemeza niba igihe wandika imibare y’ibanga ishobora kugaragara, kugena kwerekana ubutumwa bushobora gusomwa igihe telefoni irimo urufunguzo n’ibindi.

Hiyongereyeho icyiswe ‘Live Caption’ gitanga amahirwe yakwandika ku ndirimbo cyangwa amashusho birimuri telefoni, n’uburyo umubyeyi ashobora kumenya umwanya abana bamara bakoresha telefoni na applications bakoresha cyangwa se aho baherereye igihe bafite izo telefoni.

Kugira ngo telefoni za Android zose zitangire gukoresha iyi igezweho hashyizwemo igihe, bitandukanye no kuri telefoni za Apple zikoresha ubuhanga bwa iOS, kuko ho iyo hari ikintu gishya gisohotse zose zihita zikibona.

Gusa kuri Android , iyo hari ibishya bigeze ku isoko, buri kigo gikora telefoni zikoresha Androïde gifite uburenganzira bwo kuyishira muri telefoni bitewe n’uburyo yakozwe. Birashoboka ko hari telefoni zisanzwe ku isoko zizayikoresha cyangwa se bikazagenda bisaba ko zisohokana na telefoni nshya zizava mu ruganda nyuma y’ikorwa ry’iyi Android 10.

Bibarwa ko icyiciro cya mbere cya Android cyari 1.0 cyasohotse ku wa 23 Nzeri 2008, hagenda hakorwaho impinduka kugeza habonetse Android 10.

2019-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Ubwanditsi 02 Apr 2019
U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018
Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL

Ubwanditsi 24 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC
INKURU NYAMUKURU

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Rudasingwa Theogene yongeye kuremba bikomeye
ITOHOZA

Rudasingwa Theogene yongeye kuremba bikomeye

Ubwanditsi 07 Jun 2016
CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo
INKURU NYAMUKURU

CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo

Ubwanditsi 05 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru