• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ubwanditsi 11 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Bimaze kumenyerwa ko muri Nzeri, uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Apple rushyira hanze telefoni nshya, kandi ikaza yisumbuye ku zo isanze ku isoko.

Ku itariki ya 12 Nzeri nibwo Umuyobozi Mukuru wa Apple, Tim Cook azashyira ahagaragara telefoni nshya zakozwe muri uyu mwaka.

Bizakorerwa mu kiganiro n’abanyamakuru kizabera muri Steve Jobs Theater i Cupertino muri Leta ya California.

Mu gihe habura amasaha make ngo iki gikorwa kibe, ibinyamakuru bitandukanye byatangiye kugaragaza ibyo umuntu yakwitega kuri telefoni nshya.

Bloomberg na 9to5Mac byemeza ko byabonye amafoto ya telefoni nshya zizashyirwa hanze.

Bivuga ko muri zo harimo iPhone XS izaba imeze neza nk’iyayibanjirije, icyahindutse akaba ari uburyo yihuta na camera.

Iyi telefoni kandi ishobora kuzaba ifite indi bimeze kimwe ariko yisumbuye mu bunini kuko izaba ifite santimetero 17.2. Bikekwa ko izahabwa izina rya iPhone XS Max.

Apple kandi ishobora gushyira hanze izindi telefoni zifitemo udushya nk’utwa iPhone X, turimo nk’uburyo bwo gushyiramo urufunguzo ukoresheje isura (Face ID), buzasimbura igikumwe.

Abahanga mu birebana na telefoni bavuga ko ibi bizagira uruhare mu gutuma iPhone zinjiriza Apple amafaranga menshi, kabone n’ubwo igiciro cyazo gishobora kuzaba kiri hasi ugereranyije na iPhone X igura kugera ku bihumbi 999 by’amadolari.

Uru ruganda ngo rushobora no gushyira hanze isaha (Apple Watch) isimbura imaze imyaka itatu ishyizwe ku isoko, byitezwe ko mu dushya izaba ifite harimo ikirahure kigera ku mpande nk’uko bimeze kuri iPhone X.

Mu bindi byitezwe harimo kuba Apple ishobora gushyira ku isoko AirPower ishobora kugufasha gushyira umuriro muri iPhone, Apple Watch ndetse no mu ’utwumvisho (Airpods) bidasabye ko hakoreshwa umugozi.

Mu kumurika ibi bikoresho by’ikoranabuhanga bishya, binitezwe ko ubuyobozi bwa Apple buzanatangaza igihe porogaramu nshya zirimo Mac OS Mojave iOS 12, zizazana n’utundi dushya turimo Memoji [uburyo bwo guhindura isura], gukoresha Face Time [uburyo bwo guhamagara] mu itsinda, zizatangira gukoresherezwa.

iPhone XS izaba imeze neza nk’iyayibanjirije, icyahindutse akaba ari uburyo yihuta na camera

2018-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Ubwanditsi 24 Apr 2018
BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Ubwanditsi 16 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage
Mu Rwanda

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu
Amakuru

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 26 Oct 2024
Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth
Mu Rwanda

Guterana amagambo bikomeye hagati ya Minisitiri Mushikiwabo n’Umuyobozi w’ Ishyirahamwe Human Right Watch Keneth Roth

Ubwanditsi 05 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru