• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ubwanditsi 11 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Bimaze kumenyerwa ko muri Nzeri, uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Apple rushyira hanze telefoni nshya, kandi ikaza yisumbuye ku zo isanze ku isoko.

Ku itariki ya 12 Nzeri nibwo Umuyobozi Mukuru wa Apple, Tim Cook azashyira ahagaragara telefoni nshya zakozwe muri uyu mwaka.

Bizakorerwa mu kiganiro n’abanyamakuru kizabera muri Steve Jobs Theater i Cupertino muri Leta ya California.

Mu gihe habura amasaha make ngo iki gikorwa kibe, ibinyamakuru bitandukanye byatangiye kugaragaza ibyo umuntu yakwitega kuri telefoni nshya.

Bloomberg na 9to5Mac byemeza ko byabonye amafoto ya telefoni nshya zizashyirwa hanze.

Bivuga ko muri zo harimo iPhone XS izaba imeze neza nk’iyayibanjirije, icyahindutse akaba ari uburyo yihuta na camera.

Iyi telefoni kandi ishobora kuzaba ifite indi bimeze kimwe ariko yisumbuye mu bunini kuko izaba ifite santimetero 17.2. Bikekwa ko izahabwa izina rya iPhone XS Max.

Apple kandi ishobora gushyira hanze izindi telefoni zifitemo udushya nk’utwa iPhone X, turimo nk’uburyo bwo gushyiramo urufunguzo ukoresheje isura (Face ID), buzasimbura igikumwe.

Abahanga mu birebana na telefoni bavuga ko ibi bizagira uruhare mu gutuma iPhone zinjiriza Apple amafaranga menshi, kabone n’ubwo igiciro cyazo gishobora kuzaba kiri hasi ugereranyije na iPhone X igura kugera ku bihumbi 999 by’amadolari.

Uru ruganda ngo rushobora no gushyira hanze isaha (Apple Watch) isimbura imaze imyaka itatu ishyizwe ku isoko, byitezwe ko mu dushya izaba ifite harimo ikirahure kigera ku mpande nk’uko bimeze kuri iPhone X.

Mu bindi byitezwe harimo kuba Apple ishobora gushyira ku isoko AirPower ishobora kugufasha gushyira umuriro muri iPhone, Apple Watch ndetse no mu ’utwumvisho (Airpods) bidasabye ko hakoreshwa umugozi.

Mu kumurika ibi bikoresho by’ikoranabuhanga bishya, binitezwe ko ubuyobozi bwa Apple buzanatangaza igihe porogaramu nshya zirimo Mac OS Mojave iOS 12, zizazana n’utundi dushya turimo Memoji [uburyo bwo guhindura isura], gukoresha Face Time [uburyo bwo guhamagara] mu itsinda, zizatangira gukoresherezwa.

iPhone XS izaba imeze neza nk’iyayibanjirije, icyahindutse akaba ari uburyo yihuta na camera

2018-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Ubwanditsi 06 Sep 2019
Telefoni za Mara Phone zikorerwa no mu Rwanda zamaze kugezwa mu bihugu 41

Telefoni za Mara Phone zikorerwa no mu Rwanda zamaze kugezwa mu bihugu 41

Ubwanditsi 12 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patriots BBC yatsinze APR BBC mu mukino wa mbere wa Kamarampaka wa Bet Pawa Playoffs 2024
Amakuru

Patriots BBC yatsinze APR BBC mu mukino wa mbere wa Kamarampaka wa Bet Pawa Playoffs 2024

Ubwanditsi 12 Sep 2024
Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?
Amakuru

Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Dec 2022
Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye  urukundo rukomeye kuri  Jack
IMIKINO

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye urukundo rukomeye kuri Jack

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru