• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Ubwanditsi 01 Jul 2017 POLITIKI

Komisiyo y’igihugu y’amatora kuri uyu mugoroba imaze gutangaza ko abakandida babiri aribo bemejwe by’agateganyo nk’abujuje ibisabwa bibemerera kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Abo ni Paul Kagame watanzwe na FPR-Inkotanyi na Frank Habineza wa Democratic Green Party of Rwanda.

Nk’uko byigaragaje mu itangwa ry’izo kandidatire ntabwo harikubura abarikunanirwa kuzuza ibyo bisabwa, kandidatire zabo ntizishobore kwemerwa. Mu itangwa ry’izo kandidatire byatunguye benshi kubona umuntu nka Habineza atarashoboye kwerekana ikarita ye y’itora, naho nka Barafinda we dosiye ye ikaba yarimo ubusa ! Uyu Barafinda ntabwo yigeze yemezwa by’agateganyo nk’umukandida Perezida uhagarariye ishyaka rye ritazwi.

-7090.jpg

Perezida Paul Kagame umukandida wa RPF-Inkotanyi

-7085.jpg

Frank Habineza wa Green Party

Abo bifuza kuziyamamaeriza umwanya w’umukuru w’igihugu nk’abakandida bigenga ntabwo kandidatire zabo zemewe by’agateganyo kubera yuko hari ibibura muri dosiye zabo. Ingero zatanzwe ni nk’aho usanga muri ba bantu 600 bagombaga kubasinyira hari abatari kuri lisiti y’itora.

Umuntu utari kuri lisiti y’itora aba atemererwa gutora, kwiyamamaza ngo atorwe cyangwa gusinyira ushaka kwiyamamariza umwanya nk’uwo wa perezida wa Repubulika ! Abo bose ariko NEC yabongeje indi minsi irindwi ngo bazabe bujuje ibibura, mbere yuko itangaza lisiti ntakuka y’abakandida Perezida.

-7131.jpg

Diane Rwigara, Gilbert Mwenedata, Barafinda na Mpayimana ntibemejwe na Komisiyo y’amatora

Muri Kenya ho komisiyi y’amatora y’icyo gihugu (IEBC) yarangije kunyura mu madosiye ikaba yaratangaje urutonde ntakuka rw’abazahatanira umwanya w’umkukuru w’igihugu muri ayo matora ataha. Abemejwe na IEBC aho muri Kenya ni ikenda, barimo batatu bigenga na batanu baza bahagarariye imitwe ya politike.

Abazaba bahagarariye imitwe ya politike ni Perezida Uhuru Kenyatta wa Jubilee n’uwo bari bahanganye cyane ubushize, Raila Odinga wa ODM. Abandi ni Ekuro Aukot ( Thirdway Alliance Party), Mohammed Abduba Dida (Tunza Qualition), Justuz Juma (Justice and Freedom Party) na Kwa Jirongo Shakhalanga (United Democratic Party). Uwangiwe ni Justus Juma wa Justice and Freedom Party (JFP). Abemejwe na IEBC kuziyamamaza nk’abakandida bigenga ni Joseph Nyagah, Michael Wainaina na Japheth Kavinga.

Abo IEBC yavuze yuko batujuje ibyasabwagwa, kandidatire zabo zikangwa ni 10 barimo umutegarugori witwa Nazlin Umar. Abandi ni Muthiora Kariara, Japhet Kavinga, Stephen Owoko Oganga, David Munga, Erastus Nyamera, Peter Solomon Gichira, Michael Orenge na Peter Osotsi Odeng.

Ikintu cyagiye kigora cyane abifuzaga kuzaba abakandida bigenga muri Kenya ni umubare w’abagombaga kubasinyira kuko buri wese wifuzaga kuba candida Perezida yagombaga gusinyirwa n’abantu 48,000 mu gihugu hose, barimo nibura 24 kuva muri buri Karere. Uwagombaga gusinyira undi kandi ntabwo yemerewe kuba abarizwa mu mutwe uwo ariwo wose wa politike !

Casmiry Kayumba

2017-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Ubwanditsi 22 May 2018
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Ubwanditsi 14 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru
Mu Rwanda

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”
POLITIKI

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Ubwanditsi 27 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru