• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Ubwanditsi 01 Jul 2017 POLITIKI

Komisiyo y’igihugu y’amatora kuri uyu mugoroba imaze gutangaza ko abakandida babiri aribo bemejwe by’agateganyo nk’abujuje ibisabwa bibemerera kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Abo ni Paul Kagame watanzwe na FPR-Inkotanyi na Frank Habineza wa Democratic Green Party of Rwanda.

Nk’uko byigaragaje mu itangwa ry’izo kandidatire ntabwo harikubura abarikunanirwa kuzuza ibyo bisabwa, kandidatire zabo ntizishobore kwemerwa. Mu itangwa ry’izo kandidatire byatunguye benshi kubona umuntu nka Habineza atarashoboye kwerekana ikarita ye y’itora, naho nka Barafinda we dosiye ye ikaba yarimo ubusa ! Uyu Barafinda ntabwo yigeze yemezwa by’agateganyo nk’umukandida Perezida uhagarariye ishyaka rye ritazwi.

-7090.jpg

Perezida Paul Kagame umukandida wa RPF-Inkotanyi

-7085.jpg

Frank Habineza wa Green Party

Abo bifuza kuziyamamaeriza umwanya w’umukuru w’igihugu nk’abakandida bigenga ntabwo kandidatire zabo zemewe by’agateganyo kubera yuko hari ibibura muri dosiye zabo. Ingero zatanzwe ni nk’aho usanga muri ba bantu 600 bagombaga kubasinyira hari abatari kuri lisiti y’itora.

Umuntu utari kuri lisiti y’itora aba atemererwa gutora, kwiyamamaza ngo atorwe cyangwa gusinyira ushaka kwiyamamariza umwanya nk’uwo wa perezida wa Repubulika ! Abo bose ariko NEC yabongeje indi minsi irindwi ngo bazabe bujuje ibibura, mbere yuko itangaza lisiti ntakuka y’abakandida Perezida.

-7131.jpg

Diane Rwigara, Gilbert Mwenedata, Barafinda na Mpayimana ntibemejwe na Komisiyo y’amatora

Muri Kenya ho komisiyi y’amatora y’icyo gihugu (IEBC) yarangije kunyura mu madosiye ikaba yaratangaje urutonde ntakuka rw’abazahatanira umwanya w’umkukuru w’igihugu muri ayo matora ataha. Abemejwe na IEBC aho muri Kenya ni ikenda, barimo batatu bigenga na batanu baza bahagarariye imitwe ya politike.

Abazaba bahagarariye imitwe ya politike ni Perezida Uhuru Kenyatta wa Jubilee n’uwo bari bahanganye cyane ubushize, Raila Odinga wa ODM. Abandi ni Ekuro Aukot ( Thirdway Alliance Party), Mohammed Abduba Dida (Tunza Qualition), Justuz Juma (Justice and Freedom Party) na Kwa Jirongo Shakhalanga (United Democratic Party). Uwangiwe ni Justus Juma wa Justice and Freedom Party (JFP). Abemejwe na IEBC kuziyamamaza nk’abakandida bigenga ni Joseph Nyagah, Michael Wainaina na Japheth Kavinga.

Abo IEBC yavuze yuko batujuje ibyasabwagwa, kandidatire zabo zikangwa ni 10 barimo umutegarugori witwa Nazlin Umar. Abandi ni Muthiora Kariara, Japhet Kavinga, Stephen Owoko Oganga, David Munga, Erastus Nyamera, Peter Solomon Gichira, Michael Orenge na Peter Osotsi Odeng.

Ikintu cyagiye kigora cyane abifuzaga kuzaba abakandida bigenga muri Kenya ni umubare w’abagombaga kubasinyira kuko buri wese wifuzaga kuba candida Perezida yagombaga gusinyirwa n’abantu 48,000 mu gihugu hose, barimo nibura 24 kuva muri buri Karere. Uwagombaga gusinyira undi kandi ntabwo yemerewe kuba abarizwa mu mutwe uwo ariwo wose wa politike !

Casmiry Kayumba

2017-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Ubwanditsi 25 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu
Mu Mahanga

Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu

Ubwanditsi 27 Jun 2016
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.
Amakuru

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru