• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame nyuma yo kurahirira kuyobora u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere yavuze ko kuri ubu u Rwanda ari urw’ Abanyarwanda bose yongeraho ko ntawe rubona nk’ umwanzi haba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

Umukuru w’ u Rwanda akaba n’ umugaba mukuru w’ ikirenga yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kanama 2017 nyuma yo kurahira.

Ingingo y’ 102 mu itegeko nshinga ry’ u Rwanda ivuga ibijyanye no kurahira k’umukuru w’ igihugu iyi ngingo ivuga ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga ariwe urahiza Perezida watowe n’ abaturage bigakorwa mu gihe kitarenze iminsi 30 atowe.

Uyu muhango wabereye muri sitade nini u Rwanda rufite ariyo sitade Amahoro I Remera witabirwa n’ abakuru b’ ibihugu bitandukanye by’ Afurika abandi bakuru b’ ibihugu bohereza ababahagarara.

Nyuma yo kurahira Perezida Kagame yashimiye abanyamahanga n’ Abanyarwanda bitabiriye uyu muhango. Ashimira Afurika yabaye hafi y’ u Rwanda. Yanashimiye kandi amashyaka 8 yari amushyigikiye mu bikorwa byo kwiyamamaza. Paul Kagame yari umukandida w’ ishyaka RPF inkotanyi rimaze imyaka 23 riyoboye u Rwanda.

Yakomoje ku bimaze kugerwaho avuga ko kuri ubu abagore n’ abagabo bafite uburenganzira bumwe kandi bahabwa amahirwe angana, yongeraho kuri u Rwanda nta mwanzi rufite.

Yagize ati “… uyu munsi u Rwanda ntawe rubona nk’ umwanzi, yaba uri imbere mu gihugu cyangwa mu mahanga. Igihugu ni icya buri Munyarwanda. Inzego zose zitahiriza umugozi umwe”

Perezida Kagame yakomoje ku banyaburayi bashaka kwigisha Abanyafurika demukarasi y’ I Burayi avuga abayobozi b’ Afurika bakwiye gukorera abaturage babo ibibakwiriye kuko bishoboka kandi bidahenze.

Umukuru w’ igihugu yashimye uburyo urubyiruko rwitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza agaragaza ko azakomeza gukorana narwo hubakirwa kubimaze kugerwaho.

Perezida Kagame yanakomoje ku ndirimbo “Nta ntambara yantera” ayisobanurira abatumva ururimi rw’ Ikinyarwanda agaragaza ko iyo ndirimbo abaturage bayikoreshe mu bikorwa byo kwiyamamaza bagaragaraza ko nta ntambara yatera u Rwanda ubwoba kuko Imana iri mu ruhande rw’ u Rwanda.

Nyuma yo kurahira kwa Perezida Kagame azashyiraho Minisitiri w’ intebe amufashe gushyiraho abagize guverinoma nshya. Umwaka utaha nibwo u Rwanda ruzasubira mu bikorwa by’ amatora hatorwa abagize inteko ishinga amategeko.

Umukuru w’ igihugu yashimye uburyo itora rya Perezida ryagenze avuga ko itora ryagenze neza rikarangira nta kosa ribayemo.

-7674.jpg

-7673.jpg

-7671.jpg

-7672.jpg

-7670.jpg

2017-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Burundi: Minisitiri w’Amazi n’ibidukikije yishwe arashwe

Burundi: Minisitiri w’Amazi n’ibidukikije yishwe arashwe

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Ubwanditsi 03 Jun 2025
Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside  ni muntu ki?
ITOHOZA

Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside ni muntu ki?

Ubwanditsi 14 Sep 2018
U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi
IMIKINO

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

Ubwanditsi 11 Jul 2018
Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi
POLITIKI

Sudani: Abavandimwe ba Omar al Bashir batawe muri yombi

Ubwanditsi 18 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru