• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hakim Sahabo, Byiringiro Lague mu bakinnyi bahamagawe mu Amavubi, Kwizera Olivier mu bakinnyi basigaye bagarutsweho   |   16 Mar 2026

  • Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura   |   15 Mar 2026

  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame nyuma yo kurahirira kuyobora u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere yavuze ko kuri ubu u Rwanda ari urw’ Abanyarwanda bose yongeraho ko ntawe rubona nk’ umwanzi haba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

Umukuru w’ u Rwanda akaba n’ umugaba mukuru w’ ikirenga yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kanama 2017 nyuma yo kurahira.

Ingingo y’ 102 mu itegeko nshinga ry’ u Rwanda ivuga ibijyanye no kurahira k’umukuru w’ igihugu iyi ngingo ivuga ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga ariwe urahiza Perezida watowe n’ abaturage bigakorwa mu gihe kitarenze iminsi 30 atowe.

Uyu muhango wabereye muri sitade nini u Rwanda rufite ariyo sitade Amahoro I Remera witabirwa n’ abakuru b’ ibihugu bitandukanye by’ Afurika abandi bakuru b’ ibihugu bohereza ababahagarara.

Nyuma yo kurahira Perezida Kagame yashimiye abanyamahanga n’ Abanyarwanda bitabiriye uyu muhango. Ashimira Afurika yabaye hafi y’ u Rwanda. Yanashimiye kandi amashyaka 8 yari amushyigikiye mu bikorwa byo kwiyamamaza. Paul Kagame yari umukandida w’ ishyaka RPF inkotanyi rimaze imyaka 23 riyoboye u Rwanda.

Yakomoje ku bimaze kugerwaho avuga ko kuri ubu abagore n’ abagabo bafite uburenganzira bumwe kandi bahabwa amahirwe angana, yongeraho kuri u Rwanda nta mwanzi rufite.

Yagize ati “… uyu munsi u Rwanda ntawe rubona nk’ umwanzi, yaba uri imbere mu gihugu cyangwa mu mahanga. Igihugu ni icya buri Munyarwanda. Inzego zose zitahiriza umugozi umwe”

Perezida Kagame yakomoje ku banyaburayi bashaka kwigisha Abanyafurika demukarasi y’ I Burayi avuga abayobozi b’ Afurika bakwiye gukorera abaturage babo ibibakwiriye kuko bishoboka kandi bidahenze.

Umukuru w’ igihugu yashimye uburyo urubyiruko rwitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza agaragaza ko azakomeza gukorana narwo hubakirwa kubimaze kugerwaho.

Perezida Kagame yanakomoje ku ndirimbo “Nta ntambara yantera” ayisobanurira abatumva ururimi rw’ Ikinyarwanda agaragaza ko iyo ndirimbo abaturage bayikoreshe mu bikorwa byo kwiyamamaza bagaragaraza ko nta ntambara yatera u Rwanda ubwoba kuko Imana iri mu ruhande rw’ u Rwanda.

Nyuma yo kurahira kwa Perezida Kagame azashyiraho Minisitiri w’ intebe amufashe gushyiraho abagize guverinoma nshya. Umwaka utaha nibwo u Rwanda ruzasubira mu bikorwa by’ amatora hatorwa abagize inteko ishinga amategeko.

Umukuru w’ igihugu yashimye uburyo itora rya Perezida ryagenze avuga ko itora ryagenze neza rikarangira nta kosa ribayemo.

-7674.jpg

-7673.jpg

-7671.jpg

-7672.jpg

-7670.jpg

2017-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusirikare mukuru w’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa guhungabanya umutakno w’igihugu

Umusirikare mukuru w’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa guhungabanya umutakno w’igihugu

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Ubwanditsi 01 Oct 2024
DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

Ubwanditsi 02 Oct 2016
Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda

Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 23 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”
Amakuru

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024
I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 08 May 2016
PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire
POLITIKI

PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire

Ubwanditsi 20 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru