• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Ubwanditsi 21 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umugabo witwa Sam Buchana wafatiwe mu gihugu cya Uganda n’inzego zishinzwe iperereza muri Uganda ashinjwa gucuruza zahabu y’ibicupuri ntabwo akorera u Rwanda nkuko byatangajwe n’inzego zivugira Leta ya Uganda.

Amakuru atugeraho avuga ko Buchan ari umutekamutwe umaze igihe kirekire abeshya abacuruzi bo muri Uganda nabo hanze kubera ubucuti bwihariye n’Umuryango wa Perezida Museveni. Buchana yashakanye na Patrice Magara, umukobwa wa Sam Magara, wafatanyije urugamba mu bambere na Perezida Museveni mu kurwanya Milton Obote.

Magara yapfuye mu minsi ya ,mbere y’urugamba noneho Museveni yita ku mukobwa we Patricia Magara amwishyurira amashuri kugeza igihe abaye mukuru. Amufata nk’umukobwa we. Patricia yize amategeko aho yakoze muri Perezidansi ya Uganda mbere yuko ashinga Cabinet yiwe akuriye.

Umwe waduhaye amakuru yagize ati  “Umubano wa Buchana n’umuryango wa Perezida Museveni niwo watumye aba umutekamutwe mpuzamahanga udakurikiranwa, ibyo akora bikaba byaviramo undi muntu wa bikora ibihano bikomeye”

Buchana akaba kandi arindwa n’ingabo zidasanzwe za Uganda zinarinda Perezida Museveni. Bimwe mu bikorwa bya Buchana ni ubucuruzi yagiranye n’umucuruzi wo muri Libiya aho yamuhaye amadorali Ibihumbi Magana atatu by’amadorali amubwira ko afite zahabu ariko uwo mucuruzi yenze kwiyahura asanze ari zahabu y’ibicupuri. Yaregeye Polisi ya Uganda ariko yaje gusanga uwo arega ariwe aregera.

Undi watuburiwe na Buchana ni uwo mu gihugu cyo muri Koreya y’amajyepfo, aho yabahaye zahabu y’ibicupuri bakamuha imbangukiragutaba umunani. Mu mwaka umwe bivugwa ko Buchana yibye abacuruzi batandukanye arenga Miliyoni imwe n’ibihumbi Magana atatu by’amadorali.

Igihe Kandiho ukuriye CMI yafataga Buchana ntabwi aruko yamufatiye ibyaha, impamvu nyamukuru nuko atigeze atanga icyacumi ku mafaranga yari amaze iminsi atuburiye abacuruzi batandukanye. Abakurikirana Politiki ya Uganda, bavuga ko Kandiho atari gufata Buchana, umukwe wa Museveni nta ruhushya rwa Salim Saleh kuko niwe ukuriye ubucuruzi bwa Zahabu y’ibicupuri, gucura amafaranga ndetse n’ubucuruzi bw’abantu.

Umwe watanze amakuru adashaka ko amazina ye ajya hanze, yagize ati

“Iyo tuvuga mafia muri Uganda, ntanumwe utazi ko Salim Saleh ariwe uyikuriye, Buchana ikosa yakoze ni ukwiyumva akumva ko ari Muramu wa Museveni bityo ntiyumvire Salim Saleh atazi imbaraga afite. Muri Uganda iyo Salim Saleh agusabye icya cumi ku mafaranga wakuye mu bucuruzi butemewe, byaba byiza wemeye kuko utabikoze wisanga I Mbuya”

Gusa byaje gutungurana ubwo ibinyamakuru byo muri Uganda byatangaje ko Buchana akorera u Rwanda ubwo amakuru yuko afunzwe yajyaga hanze tariki ya 16 Kanama. Umwe ukorera CMI na ISO niwe wakwirakwije ayo makuru ko Buchana akorera u Rwanda bihita bikwirakwizwa n’ibinyamakuru bikorera Leta ya Uganda. Bongeyeho ko Buchana anekera u Rwanda ndetse ashinjwa ubwicanyi bavuga ko yakoze atumwe na Leta y’u Rwanda.

Uwatanze ayo makuru kandi yagize ati “Ninde utazi uko mafia yo muri Uganda ikora? Ninde utazi ko Buchana yacuruzaga zahabu y’ibicupuri ndetse no gucura amafaranga Salim Saleh abizi kandi abimuhereye uburenganzira? Bamufunze kuko hari ibyo batumvikanyeho nuko bagashaka kubeshya abagande bati ni u Rwanda? Yewe u Rwanda rwaragowe”

Buchana yafashwe n’abakorera CMI bazwiho gukora iyicwarubozo ariko ntabwo bigeze bamufata nabi, akaba yaragejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikari rwa Makyinde kuri uyu wambere w’iki cyumweru; bakurikiranira hafi politiki ya Uganda bavuga ko ari Salim Saleh na Kandiho bashaka kumuha isomo.

Uburyo afashwemo butandukanye n’uburyo Abanyarwanda bafatwa bagafungwa bagakorerwa iyicwarubozo, Buchana yagaragaye mu rukiko ameze neza, icyo yafatiwe ntaho gihuriye nibyo bavuga mu itangazamakuru ko akorera u Rwanda.  Arazira kudatanga icya cumi kukuriye mafia muri Uganda ariwe Salim Saleh, murumuna wa Perezida Museveni.

2019-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi ba FDLR bishwe nyuma yuko bashishikarijwe gushyira intwaro hasi bagataha mu Rwanda, bavunira ibiti mu matwi ahubwo bagaragaza ingengabitekerezo yabo

Abayobozi ba FDLR bishwe nyuma yuko bashishikarijwe gushyira intwaro hasi bagataha mu Rwanda, bavunira ibiti mu matwi ahubwo bagaragaza ingengabitekerezo yabo

Ubwanditsi 12 Jan 2020
Intambara ishobora kuba hagati y’Ibihugu by’Ibihangange

Intambara ishobora kuba hagati y’Ibihugu by’Ibihangange

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa  Mu Karere Ka Gisoro

Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa Mu Karere Ka Gisoro

Ubwanditsi 16 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?
Mu Mahanga

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Margret Zziwa  wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera
ITOHOZA

Margret Zziwa wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Ubwanditsi 06 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru