• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ibyo kwerekeza mu gihugu cya Polonge kuri uyu mukinnyi ukina asatira izamu muri APR FC, Nsanzimfura Keddy waguzwe umwaka ushize avuye mu ikipe ya Kiyovu Sport ngo arifuzwa cyane n’ikipe yitwa Jagiellonia Białystok yo mu cyiciro cya mbere muri Pologne bivugwa ko ishobora kumutangaho agera kuri miliyoni 200 Frw.

Ibyo kwerekeza mu gihugu cya Polonge kuri uyu mukinnyi ukina asatira izamu muri APR FC, Nsanzimfura Keddy waguzwe umwaka ushize avuye mu ikipe ya Kiyovu Sport ngo arifuzwa cyane n’ikipe yitwa Jagiellonia Białystok yo mu cyiciro cya mbere muri Pologne bivugwa ko ishobora kumutangaho agera kuri miliyoni 200 Frw

Amakuru yerekeza Keddy muri Pologne aje nyuma yaho uyu mukinnyi yitwaye neza mu mukino ikipe ye ya APR FC yakinnye byumwihariko akaba yarabashije gutsinda igitego kimwe ubwo hari mu mukino bakinnye na Gor Mahia mu ijonjora ribanza rya CAF Champions League mu mukino wabereye mu gihugu cya Kenya.

Nkuko ikinyamakuru IGIHE cyabyanditse ngo ku makuru bamenye ni uko iyi kipe yatangiye kuvugana na APR FC ndetse nta gihindutse yiteguye kwishyura ibihumbi 200€ (miliyoni 200 Frw) kuri Nsanzimfura Keddy, ndetse kandi bikaba bivugwa ko Mupenzi Eto’o ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi muri APR FC ari ku mugabane w’i Burayi ndetse ari we ushakira amakipe aba bakinnyi.

Nsanzimfura yari Kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 17 yitabiriye imikino yo gushaka igikombe cya Afurika cya 2019, yabereye muri Tanzania mu 2018 ndetse ari mu bakinnyi bagaragaza ko bafite impano yihariye.

Siwe mukinnyi wifujwe n’ikipe yo hanze y’u Rwanda muri uyu mwaka akinira ikipe ya APR FC, kuko mu minsi ishize nibwo rutahizamu Byiringiro Lague yohererejwe ubutumire n’ikipe yo mu gihugu cy’u Busuwisi ya FC Zürich yo mu cyiciro cya mbere aha akaba ashobora kuzajyayo hagati ya tariki ya 9 n’iya 19 Mata 2021.

Ikipe ya Jagiellonia yo mu gace ka Białystok muri Pologne yifuza umukinnyi Nsanzimfura Keddy w’imyaka 19 , imaze imyaka 100 ishinzwe ndetse iri mu makipe akomeye muri icyo gihugu kuko ijya ikina imikino ihuza amakipe yo ku mugabane w’i Burayi ya Europa League, muri uyu mwaka w’imikino wa 2019/20, ikipe ya Jagiellonia iri ku mwanya wa 12 mu makipe 16 ikaba ifite amanota 28 mu mikino 22 imaze gukinwa.

2021-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwamagana: Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Rwamagana: Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Rusizi : Umugore watuganyaga ibyo kurya mugikoni yatemeshejwe umuhoro mu mutwe.

Rusizi : Umugore watuganyaga ibyo kurya mugikoni yatemeshejwe umuhoro mu mutwe.

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda

Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda

Ubwanditsi 02 Oct 2025
Inkoramutima za Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni zikomeje kuvugwa mu buriganya na ruswa biteye ubwoba, abaturage bicira isazi mu jisho

Inkoramutima za Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni zikomeje kuvugwa mu buriganya na ruswa biteye ubwoba, abaturage bicira isazi mu jisho

Ubwanditsi 09 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukobwa wahamwe no kwica Steven Kanumba yavuye muri Gereza
HIRYA NO HINO

Umukobwa wahamwe no kwica Steven Kanumba yavuye muri Gereza

Ubwanditsi 14 May 2018
Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora
Mu Mahanga

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi
Amakuru

Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu bagore yatsinzwe na Ethiopie ibitego 4-0 mu mukino wo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 25 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru