• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Ubwanditsi 12 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu gihe abandi bakandida bavuga ko igihe cyo kwiyamamaza ari gito ku buryo hari uturere bashobora kutazageramo, RPF-Inkotanyi yo ivuga ko ibyumweru bibiri bihagije.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi avuga ko Perezida Kagame azagera mu turere twose uko ari 30, ndetse ngo hari n’uturere azagera ahantu habiri hatandukanye.

François Ngarambe yagize ati “Umukundida wa RPF-Inkotanyi azajya mu turere twose, hamwe ashobore no gukora ahantu habiri hatandukanye bitewe n’uko akarere gateye n’ukuntu kangana.”

Yunzemo ati “Umukandida azagira n’abandi bamwamamaza mu nzego zo hasi ku mirenge, ku tugari, yewe n’inzu ku yindi.”

Ibyo kwamamaza Perezida Kagame mu ngo bizakorwa n’abakorerabushake ba RPF-Inkotanyi kuko “ntabwo umukandida ari we ujya kureba umuntu mu rugo rw’iwe.”

Umunyamakuru yabajije RPF niba nta mpungenge ifite ko hari abakwitwikira umutaka wayo bakajya kuyisebya muri iryo yamamaza ryo mu ngo, abwirwa ko nta mpungenge zihari.

Ngarambe yasobanuye ko adatekereza ko ibyo bizabaho, ariko ko binaramutse bibaye Komisiyo y’Amatora yabikurikirana kuko ari yo ishinzwe iby’imigendekere myiza y’amatora.

Kuba abandi bakandida bavuga ko ibyumweru bibiri byo kwiyamamaza bidahagije, Francois Ngarambe avuga ko bishobora kuba biterwa no kuba ubusanzwe badakorana n’abaturage.

Avuga ko igihe kibaye kinini kurushaho ntacyo byaba bitwaye, ariko ko n’ibyumweru bibiri nta mbogamizi abibonamo, cyane ko ngo RPF-Inkotanyi isanzwe ikorana n’abaturage bya hafi.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame mu kwiyamamaza azabwira abaturage ibyo azakora nibaramnuka bamutoye, ariko akabasobanurira impamvu hari ibyo yabijeje bitarakorwa.

Ntabwo tujya twirarira

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, François Ngarambe yahamije ko RPF itajya yirarira, ko izasobanura abanyarwanda impamvu hari ibitaragerwaho.

RPF-Inkotanyi yemera ko muri manda ishize ndetse no mu myaka 23 imaze ku butegetsi hari ibyo yifuzaga gukora itarabasha gukora, ariko igasobanura ko yakoze iyo bwabaga.

“Ntabwo tujya twirarira cyangwa ngo tubeshye, ibyo tutagezeho twari twemereye Abanyarwanda tuzababwira impamvu, dore inzitizi zabaye izi ngizi, dore aho tugeze, dore igihe bizakorerwa,” uku ni ko Ngarambe yabwiye itangazamakuru.

Ngarambe yavuze ko hari byinshi bitaragerwaho mu guteza imbere inzego zitandukanye zirimo ubuhinzi n’ubuvuzi, ariko ko hari na byinshi byakozwe kandi bishimishije.

Kwiyamamaza bizatangira kuwa Gatanu tariki 14 Nyakanga, aho Perezida Kagame azatangirira kwiyamamaza mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo.

RPF-Inkotanyi isaba abaturage kuzajya bitabira ibikorwa byo kwiyamamaza bya Perezida Kagame, kugira ngo bumve ibyo ateganya kubakorera banamugezeho ibibazo bafite.

Amatora azaba tariki 3 Kanama ku banyarwanda baba mu mahanga, na tariki 4 Kanama ku banyarwanda bari mu gihugu.

-7209.jpg

-7211.jpg

-7210.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François, (hagati) ari kumwe na Komiseri Gasamagera Wellars ushinzwe ibijyanye n’itangazamakuru mu bikorwa byo kwiyamamaza muri FPR Inkotanyi (ibumoso) na Komiseri Mukasine Marie Claire (iburyo)

2017-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Agatogo k’ingabo ziri muri DRC kazabageza ku mahoro cyangwa ku kaduruvayo gahoraho?

Agatogo k’ingabo ziri muri DRC kazabageza ku mahoro cyangwa ku kaduruvayo gahoraho?

Ubwanditsi 12 Apr 2023
U Rwanda rwifatanyije na Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwayo

U Rwanda rwifatanyije na Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwayo

Ubwanditsi 26 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyamirana riri  hagati ya David Himbara na bagenzi be riragarika ingogo
ITOHOZA

Ishyamirana riri hagati ya David Himbara na bagenzi be riragarika ingogo

Ubwanditsi 20 Feb 2016
Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga
IKORANABUHANGA

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti
HIRYA NO HINO

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Ubwanditsi 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru