• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Kagame aziyamamaza mu turere twose, anamamazwe urugo ku rundi

Ubwanditsi 12 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu gihe abandi bakandida bavuga ko igihe cyo kwiyamamaza ari gito ku buryo hari uturere bashobora kutazageramo, RPF-Inkotanyi yo ivuga ko ibyumweru bibiri bihagije.

Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi avuga ko Perezida Kagame azagera mu turere twose uko ari 30, ndetse ngo hari n’uturere azagera ahantu habiri hatandukanye.

François Ngarambe yagize ati “Umukundida wa RPF-Inkotanyi azajya mu turere twose, hamwe ashobore no gukora ahantu habiri hatandukanye bitewe n’uko akarere gateye n’ukuntu kangana.”

Yunzemo ati “Umukandida azagira n’abandi bamwamamaza mu nzego zo hasi ku mirenge, ku tugari, yewe n’inzu ku yindi.”

Ibyo kwamamaza Perezida Kagame mu ngo bizakorwa n’abakorerabushake ba RPF-Inkotanyi kuko “ntabwo umukandida ari we ujya kureba umuntu mu rugo rw’iwe.”

Umunyamakuru yabajije RPF niba nta mpungenge ifite ko hari abakwitwikira umutaka wayo bakajya kuyisebya muri iryo yamamaza ryo mu ngo, abwirwa ko nta mpungenge zihari.

Ngarambe yasobanuye ko adatekereza ko ibyo bizabaho, ariko ko binaramutse bibaye Komisiyo y’Amatora yabikurikirana kuko ari yo ishinzwe iby’imigendekere myiza y’amatora.

Kuba abandi bakandida bavuga ko ibyumweru bibiri byo kwiyamamaza bidahagije, Francois Ngarambe avuga ko bishobora kuba biterwa no kuba ubusanzwe badakorana n’abaturage.

Avuga ko igihe kibaye kinini kurushaho ntacyo byaba bitwaye, ariko ko n’ibyumweru bibiri nta mbogamizi abibonamo, cyane ko ngo RPF-Inkotanyi isanzwe ikorana n’abaturage bya hafi.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame mu kwiyamamaza azabwira abaturage ibyo azakora nibaramnuka bamutoye, ariko akabasobanurira impamvu hari ibyo yabijeje bitarakorwa.

Ntabwo tujya twirarira

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, François Ngarambe yahamije ko RPF itajya yirarira, ko izasobanura abanyarwanda impamvu hari ibitaragerwaho.

RPF-Inkotanyi yemera ko muri manda ishize ndetse no mu myaka 23 imaze ku butegetsi hari ibyo yifuzaga gukora itarabasha gukora, ariko igasobanura ko yakoze iyo bwabaga.

“Ntabwo tujya twirarira cyangwa ngo tubeshye, ibyo tutagezeho twari twemereye Abanyarwanda tuzababwira impamvu, dore inzitizi zabaye izi ngizi, dore aho tugeze, dore igihe bizakorerwa,” uku ni ko Ngarambe yabwiye itangazamakuru.

Ngarambe yavuze ko hari byinshi bitaragerwaho mu guteza imbere inzego zitandukanye zirimo ubuhinzi n’ubuvuzi, ariko ko hari na byinshi byakozwe kandi bishimishije.

Kwiyamamaza bizatangira kuwa Gatanu tariki 14 Nyakanga, aho Perezida Kagame azatangirira kwiyamamaza mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo.

RPF-Inkotanyi isaba abaturage kuzajya bitabira ibikorwa byo kwiyamamaza bya Perezida Kagame, kugira ngo bumve ibyo ateganya kubakorera banamugezeho ibibazo bafite.

Amatora azaba tariki 3 Kanama ku banyarwanda baba mu mahanga, na tariki 4 Kanama ku banyarwanda bari mu gihugu.

-7209.jpg

-7211.jpg

-7210.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Ngarambe François, (hagati) ari kumwe na Komiseri Gasamagera Wellars ushinzwe ibijyanye n’itangazamakuru mu bikorwa byo kwiyamamaza muri FPR Inkotanyi (ibumoso) na Komiseri Mukasine Marie Claire (iburyo)

2017-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Gicumbi: Umwana w’umuhungu yaciwe igitsina

Gicumbi: Umwana w’umuhungu yaciwe igitsina

Ubwanditsi 29 Aug 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto- Munyantwali Alphonse mu ihererekanyabubasha na Matiku Marcel wayoboroga FERWAFA basuye ibikorwaremezo byayo
Amakuru

Amafoto- Munyantwali Alphonse mu ihererekanyabubasha na Matiku Marcel wayoboroga FERWAFA basuye ibikorwaremezo byayo

Ubwanditsi 27 Jun 2023
Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo
Mu Mahanga

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be
Amakuru

Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

RUSHYASHYA 16 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru