• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga
Akaliza Keza Ntwari na Nanjira Sambuli mu Banyafurika bagize itsinda rya Loni ryahawe inshingano yo kwiga ku cyateza imbere ubufatanye mpuzamahanga mu by'ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 15 Jul 2018 IKORANABUHANGA

Akaliza Keza Ntwari, Umunyarwandakazi ukiri muto yashyizwe ku rutonde rw’abagize itsinda ryo ku rwego rwo hejuru ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga, ryashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye, ONU.

Itsinda ryatangajwe n’Umunyabanga Mukuru wa ONU, António Guterres, ku wa Kane, rinagaragaraho abantu bakomeye ku Isi nka Melinda Gates uyobora umuryango Bill&Melinda Gates Foundations ndetse na Jack Ma, Umushinwa washinze iguriro ryo kuri internet rya Alibaba.

Guterres yavuze ko muri iki gihe impinduka zikomeje kuzanwa n’ikoranabuhanga ari nyinshi, ariko iyo witegereje ubufatanye ku rwego mpuzamahanga bukiri hasi, ari nayo mpamvu bahisemo gushyiraho iri tsinda.

Ati “Ikoranabuhanga rigezweho ritanga umusanzu ufatika mu kugerwaho kwa gahunda ya 2030 irebana n’Intego z’Iterambere Rirambye (SDGs), ndetse ribasha kurenga imipaka mpuzamahanga. Ni muri urwo rwego ubufatanye ndengamipaka ari ngombwa kugira ngo tubashe kugera ku nyungu ikoranabuhanga rizana mu mibereho rusange n’ubukungu, ariko kandi tunahangane n’ingaruka zaryo.”

Yakomeje avuga ko iri tsinda ryitezweho kurushaho kumenyekanisha impinduka zizanwa n’ikoranabuhanga, ndetse rigatanga umusanzu mu biganirompaka ku birebana no guharanira ko rigera kuri bose kandi uburenganzira bwa muntu budahutajwe.

Akaliza ugaragara muri 20 bagize iri tsinda ni rwiyemezamirimo ukiri muto washinze ibigo bibiri bitanga servisi z’ikoranabuhanga birimo Yambi Animations Studio na Shaking Sun.

Akaliza ukunda ikoranabuhanga by’umwihariko kubera ingaruka nziza rishobora kugira ku iterambere rya Afurika, ni umwe mu bashinze umuryango Girls in ICT Rwanda uhuriza hamwe abagore n’abakobwa bakorana mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Uyu rwiyemezamirimo ukiri muto mu 2012 yahawe na Ministeri y’Ikoranabuhanga mu Rwanda, igihembo cy’umugore wahize abandi mu bihangiye imirimo ifitanye isano n’ikoranabuhanga; mu 2014 ashyirwa mu Kanama ngishwanama ka Microsoft 4Afrika.

Iri tsinda riyobowe na Melinda Gates afatanyije na Jack Ma kandi rigaragaraho abandi Banyafurika barimo Umunya-Kenya, Nanjira Sambuli ukorera Umuryango World Wide Web na Bogolo Kenewendo, Minisitiri w’Ishoramari, Ubucuruzi n’Inganda muri Botswana.

Biteganyijwe ko inama ya mbere y’iri tsinda izaba mu mpera za Nzeri 2018, n’aho raporo ya nyuma ku bikorwa byaryo ikazashyikirizwa Umunyamabanga Mukuru wa ONU nyuma y’amezi icyenda ritangiye gukora.

2018-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize akanama k’ubuyobozi bwa Smart Africa

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize akanama k’ubuyobozi bwa Smart Africa

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye yisamye yasandaye?
Amakuru

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
Uvira: Abarundi n’Abanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza
ITOHOZA

Uvira: Abarundi n’Abanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Nyabihu: Batatu bafashwe batwaye amapaki 5760 ya Blue Sky mu modoka y’inyamahanga
Mu Mahanga

Nyabihu: Batatu bafashwe batwaye amapaki 5760 ya Blue Sky mu modoka y’inyamahanga

Ubwanditsi 28 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru