• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga
Akaliza Keza Ntwari na Nanjira Sambuli mu Banyafurika bagize itsinda rya Loni ryahawe inshingano yo kwiga ku cyateza imbere ubufatanye mpuzamahanga mu by'ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 15 Jul 2018 IKORANABUHANGA

Akaliza Keza Ntwari, Umunyarwandakazi ukiri muto yashyizwe ku rutonde rw’abagize itsinda ryo ku rwego rwo hejuru ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga, ryashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye, ONU.

Itsinda ryatangajwe n’Umunyabanga Mukuru wa ONU, António Guterres, ku wa Kane, rinagaragaraho abantu bakomeye ku Isi nka Melinda Gates uyobora umuryango Bill&Melinda Gates Foundations ndetse na Jack Ma, Umushinwa washinze iguriro ryo kuri internet rya Alibaba.

Guterres yavuze ko muri iki gihe impinduka zikomeje kuzanwa n’ikoranabuhanga ari nyinshi, ariko iyo witegereje ubufatanye ku rwego mpuzamahanga bukiri hasi, ari nayo mpamvu bahisemo gushyiraho iri tsinda.

Ati “Ikoranabuhanga rigezweho ritanga umusanzu ufatika mu kugerwaho kwa gahunda ya 2030 irebana n’Intego z’Iterambere Rirambye (SDGs), ndetse ribasha kurenga imipaka mpuzamahanga. Ni muri urwo rwego ubufatanye ndengamipaka ari ngombwa kugira ngo tubashe kugera ku nyungu ikoranabuhanga rizana mu mibereho rusange n’ubukungu, ariko kandi tunahangane n’ingaruka zaryo.”

Yakomeje avuga ko iri tsinda ryitezweho kurushaho kumenyekanisha impinduka zizanwa n’ikoranabuhanga, ndetse rigatanga umusanzu mu biganirompaka ku birebana no guharanira ko rigera kuri bose kandi uburenganzira bwa muntu budahutajwe.

Akaliza ugaragara muri 20 bagize iri tsinda ni rwiyemezamirimo ukiri muto washinze ibigo bibiri bitanga servisi z’ikoranabuhanga birimo Yambi Animations Studio na Shaking Sun.

Akaliza ukunda ikoranabuhanga by’umwihariko kubera ingaruka nziza rishobora kugira ku iterambere rya Afurika, ni umwe mu bashinze umuryango Girls in ICT Rwanda uhuriza hamwe abagore n’abakobwa bakorana mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Uyu rwiyemezamirimo ukiri muto mu 2012 yahawe na Ministeri y’Ikoranabuhanga mu Rwanda, igihembo cy’umugore wahize abandi mu bihangiye imirimo ifitanye isano n’ikoranabuhanga; mu 2014 ashyirwa mu Kanama ngishwanama ka Microsoft 4Afrika.

Iri tsinda riyobowe na Melinda Gates afatanyije na Jack Ma kandi rigaragaraho abandi Banyafurika barimo Umunya-Kenya, Nanjira Sambuli ukorera Umuryango World Wide Web na Bogolo Kenewendo, Minisitiri w’Ishoramari, Ubucuruzi n’Inganda muri Botswana.

Biteganyijwe ko inama ya mbere y’iri tsinda izaba mu mpera za Nzeri 2018, n’aho raporo ya nyuma ku bikorwa byaryo ikazashyikirizwa Umunyamabanga Mukuru wa ONU nyuma y’amezi icyenda ritangiye gukora.

2018-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018
I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Ubwanditsi 18 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

VIDEO: Ikiganiro kihariye na Sandrine Isheja ukuriye akanama nkemurampaka muri Miss Rwanda 2018
SHOWBIZ

VIDEO: Ikiganiro kihariye na Sandrine Isheja ukuriye akanama nkemurampaka muri Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’  bararira ayo kwarika
Mu Rwanda

Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’ bararira ayo kwarika

Ubwanditsi 26 Jun 2017
Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Mwesigye aragaragaza ukuntu Museveni ari kugana aha Kaddafi

Ubwanditsi 08 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru