• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga
Akaliza Keza Ntwari na Nanjira Sambuli mu Banyafurika bagize itsinda rya Loni ryahawe inshingano yo kwiga ku cyateza imbere ubufatanye mpuzamahanga mu by'ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 15 Jul 2018 IKORANABUHANGA

Akaliza Keza Ntwari, Umunyarwandakazi ukiri muto yashyizwe ku rutonde rw’abagize itsinda ryo ku rwego rwo hejuru ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga, ryashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye, ONU.

Itsinda ryatangajwe n’Umunyabanga Mukuru wa ONU, António Guterres, ku wa Kane, rinagaragaraho abantu bakomeye ku Isi nka Melinda Gates uyobora umuryango Bill&Melinda Gates Foundations ndetse na Jack Ma, Umushinwa washinze iguriro ryo kuri internet rya Alibaba.

Guterres yavuze ko muri iki gihe impinduka zikomeje kuzanwa n’ikoranabuhanga ari nyinshi, ariko iyo witegereje ubufatanye ku rwego mpuzamahanga bukiri hasi, ari nayo mpamvu bahisemo gushyiraho iri tsinda.

Ati “Ikoranabuhanga rigezweho ritanga umusanzu ufatika mu kugerwaho kwa gahunda ya 2030 irebana n’Intego z’Iterambere Rirambye (SDGs), ndetse ribasha kurenga imipaka mpuzamahanga. Ni muri urwo rwego ubufatanye ndengamipaka ari ngombwa kugira ngo tubashe kugera ku nyungu ikoranabuhanga rizana mu mibereho rusange n’ubukungu, ariko kandi tunahangane n’ingaruka zaryo.”

Yakomeje avuga ko iri tsinda ryitezweho kurushaho kumenyekanisha impinduka zizanwa n’ikoranabuhanga, ndetse rigatanga umusanzu mu biganirompaka ku birebana no guharanira ko rigera kuri bose kandi uburenganzira bwa muntu budahutajwe.

Akaliza ugaragara muri 20 bagize iri tsinda ni rwiyemezamirimo ukiri muto washinze ibigo bibiri bitanga servisi z’ikoranabuhanga birimo Yambi Animations Studio na Shaking Sun.

Akaliza ukunda ikoranabuhanga by’umwihariko kubera ingaruka nziza rishobora kugira ku iterambere rya Afurika, ni umwe mu bashinze umuryango Girls in ICT Rwanda uhuriza hamwe abagore n’abakobwa bakorana mu bijyanye n’ikoranabuhanga.

Uyu rwiyemezamirimo ukiri muto mu 2012 yahawe na Ministeri y’Ikoranabuhanga mu Rwanda, igihembo cy’umugore wahize abandi mu bihangiye imirimo ifitanye isano n’ikoranabuhanga; mu 2014 ashyirwa mu Kanama ngishwanama ka Microsoft 4Afrika.

Iri tsinda riyobowe na Melinda Gates afatanyije na Jack Ma kandi rigaragaraho abandi Banyafurika barimo Umunya-Kenya, Nanjira Sambuli ukorera Umuryango World Wide Web na Bogolo Kenewendo, Minisitiri w’Ishoramari, Ubucuruzi n’Inganda muri Botswana.

Biteganyijwe ko inama ya mbere y’iri tsinda izaba mu mpera za Nzeri 2018, n’aho raporo ya nyuma ku bikorwa byaryo ikazashyikirizwa Umunyamabanga Mukuru wa ONU nyuma y’amezi icyenda ritangiye gukora.

2018-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Ubwanditsi 20 Jun 2019
MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzikazi Butera Knowless agiye gukorana indirimbo n’ umuhanzi ukomeye Ben Pol
SHOWBIZ

Umuhanzikazi Butera Knowless agiye gukorana indirimbo n’ umuhanzi ukomeye Ben Pol

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize
Mu Rwanda

Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Ubwanditsi 09 May 2017
Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina
Amakuru

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru