• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Agatogo k’ingabo ziri muri DRC kazabageza ku mahoro cyangwa ku kaduruvayo gahoraho?

Agatogo k’ingabo ziri muri DRC kazabageza ku mahoro cyangwa ku kaduruvayo gahoraho?

Ubwanditsi 12 Apr 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Abasesengura politiki, by’umwihariko ibijyanye n’intambara, umutekano no gukemura amakimbirane, bakomeje kwibaza ireme ry’umusaruro w’ingabo zicucitse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko uko iminsi yicuma birushaho kudogera.

Izi ni mpungenge zishingiye kukuba muri iki gihugu hakomeje kwiyongera abasirikare baturutse imihanda yose, biyongera ku mitwe yitwaje intwaro irenga 140 yiganje mu Burasirazuba bw’iki gihugu.Abarambye mu busesenguzi bw’Akarere k’Ibiyaga Bigari Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iherereyemo, iyo bageze ku ngingo y’umutekano muke, bakunze gutinda ku mitwe y’iterabwoba; ADF (Allied Democratic Force) ukomoka muri Uganda, FDLR, washinzwe kandi ugizwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Rwanda, indi mitwe yitwaje intwaro isaga 140 irimo CODECO, Maimai-Nyatura n’indi itandukanye.

Icyakora nanone kuri ubu igiteye urujijo muri iki gihugu ni umusanzu uzatangwa n’abacanshuro Perezida Tshisekedi yakuye mu bihugu bitandukanye. Biragoye kumva ukuntu aba bacanshuro bazakorana n’izindi ngabo Tshisekedi yahawe n’imiryango mpuzamahanga nka Nka l’ONU, EAC (EACRF), n’ingabo zitangwa kubucuti afitanye nibindi bihugu nk’Angola.

Nkuko bigarara mu bitangazamakuru mpuzamahanga, ku mbuga nkoranyambaga no mu buhamya butangwa n’abanyamakuru barambye mu gukora inkuru zicukumbuye, gutara no gutangaza amakuru y’ahabera intambara, kuri ubu muri Congo hari; Abacanshuro baturuka muburasirazuba bw’uburayi.

Aba bashinjwa kuba barakoze ibyaha by’ihohotera muri Mali no muri Santrafurika (Republic of Central Africa) ubwo bitabazwaga n’ibi bihugu.Aha ngaha icy’umvikana nuko nta mucanshuro ubayifuriza igihugu cyamuhaye akazi amahoro.

Ahubwo abacanshuro bakora iyo bwabaga ngo umutekano ubure maze bagumye bagumane akazi. Kuri DRC byo ni urundi rwego, kuko uretse kuzagira Congo akarima bazakoremo ibyaha byibasira ikiremwa muntu nko gufata ku ngufu, aba bacanshuro bahiteze kuzasahura amabuye y’agaciro basanzwe bamaranira muri iki gihugu.Uyu mutwe ukomoka muri Bulgaria uyobowe na Frenchman Olivier Bazin uzwi nka Colonel Mario bari gufatanya n’ingabo za Congo, FARDC na FDLR.

Uretse aba bacanshuro baje muri DRC kubera ikibazo cy’umutekano muke n’ubuyobozi bwa ntibindeba bwa Congo, President Tshisekedi yaniyambaje FDLR, Umutwe w’iterabwoba ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, buzuyemo ingengabitekerezo ya genocide. Bamaze no kuyicengeza mu baturage ba Congo murwego rwo kuvangura abanyecongo bavuga ikinyarwanda. Izo nyeshyamba za FDLR zambara imyeda y’Ingabo za congo zizwiho kuba zitishoboreye kandi zamunzwe na Ruswa, maze bakajya mubikorwa byo kwica no gusahura abanyecongo bavuga ikinyarwanda.

Muri Congo hari agatogo k’ingabo nyamara abakurikiranira hafi ibibera muri iki gihugu ntibahwema kugaragaza ko nta musaruro zitanga, aka bwa buro bwinshi butagira umusuru. Urugero rwa hafi ni ingabo za Loni Monusco zihamaze imyaka isaga 20 umumaro wazo ari ugutanga amakuru y’uko muri DRC ibintu byifashe. Nyamara abanye-Congo bakomeje gukurwa mu byabo n’intambara.

Mu rwego rwo kuzabona uko asubika amatora, Perezida Tshisekedi yanze kubahiriza amasezerano yari gutuma M23 ihagarika imirwano. Yakoresheje abanyepolitiki bamushyigikiye, bashishikariza abaturage kwigaragambya basabako ingabo zaje kugoboka iki gihugu zirukanwa, ahubwo azana abacanshuro bazatuma ibintu birushaho kudogera.Amatangazo Guverinoma ya DRC imaze igihe ishyira hanze hahora hagarurwamo igika kivuga ko amatora atazaba mu gihe igihugu kiri mu ntambara.

Ikibazo umuntu wese yakomeza kwibaza ni kimwe, uru ruhuriane rw’ingabo zikomeje kwisukiranya muri congo ni iki kizima zizamarira iki Gihugu. Twibutse ko mungabo zijya muri kiriya gihugu, iz’u Rwanda ntabwo zirimo kuko President Tshisekedi yakomeje gushinja U Rwanda gufasha umutwe wa M23 avuga ko ari abanyarwa.

2023-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020,  yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020, yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 02 Apr 2020
Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica  Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Kigali :Abanyeshuri  basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Kigali :Abanyeshuri basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Ubwanditsi 10 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4
Amakuru

Umunyezamu Hakizimana Adolphe werekeje muri AS Kigali, yashimiye Rayon Sports yari amazemo imyaka 4

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri  bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Mahanga

Burera: Abatwara moto, abanyonzi n’abanyeshuri bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!
Mu Mahanga

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Ubwanditsi 13 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru