• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 14 Aug 2017 Mu Rwanda

Nkuko bisanzwe buri mwaka tariki ya 15 Kanama, abayoboke ba Kiliziya Gatolika bizihiza umunsi wahariwe ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya byumwihariko abenshi mu bayoboke b’iyi kiliziya mu Rwanda no mu bihugu bituranye narwo bateranira i Kibeho ahabereye amabonekerwa bakahizihiriza uyu munsi bikanabafasha gusubizwa bimwe mu bibazo baba bafite.

Amakuru dukesha urwego rw’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) avuga ko kugeza ubu i Kibeho kuri Kiliziya ahabera ibirori byo kwizihiza uyu munsi w’ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya hamaze kugera abantu benshi ndetse muri ako gace nta macumbi akirimo kuboneka kuko ahabarizwa yose yamaze kubona abayakodesha.

Bamwe mu bafite amacumbi muri ako gace baratangaza ko kubona icumbi muri ako gace nibura iyo habura icyumweru ngo umunsi mukuru wijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya ube biba bitoroshye kuko hari n’ababa barishyuye mbere ho amezi atanu.

Kuri ubu imbere ya Kiliziya i Kibeho hubatse amahema ashashemo imisambi afasha ababuze aho bacumbika kuryama ndetse ngo hari na bamwe baba barizaniye amahema mato n’imisambi yo gusasa bakabasha kuryama kuko basanzwe bazi ko ikibazo cy’amacumbi ari ingorabahizi muri iki gihe, ngo ibi bikorwa cyane cyane n’abaturutse mu gihugu cya Uganda.

Nyirambabazi Fortunee waturutse mu karere ka Nyamagabe aganira n’itangazamakuru yavuze ko kuhagera mbere bimufasha kwiyeza kugira ngo ku munsi nyirizina w’ijyanwa mu ijyanwa mu ijuru rya Bikiriya Mariya bizamufashe kubasha kubona ibisubizo bya bimwe mu bibazo afite.

-7603.jpg

Yagize ati “Kuhagera mbere bimfasha kwitagatifuza kugira ngo ku munsi nyir’izina wijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya nzabone ibisubizo by’ibibazo byanjye”
Abajijwe uko abona ibyo kurya Fortunee avuga ko afite umuvandimwe hafi ariho azajya arya akongera ho ko udafite aho arya nkawe abyizanira kuko i Kibeho hari resitora nke utabyizaniye utapfa kubona aho urya kuko abantu baba ari benshi cyane.

Umunsi wahariwe ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya uzizihizwa ejo ku wa 15 Kanama 2017 ariko ukaba usanzwe wizihizwa buri mwaka.

Norbert Nyuzahayo

2017-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ –  Perezida Kagame

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Ubwanditsi 15 May 2017
Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 18 May 2017
Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ubwanditsi 30 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yegukanye agace ka Rusizi-Huye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yegukanye agace ka Rusizi-Huye

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 
INKURU NYAMUKURU

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Ubwanditsi 20 Sep 2019
Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 17 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru