• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Editorial 07 Nov 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Kaminuza y’ubuzima rusange ku isi (UGHE) yishimiye gutangaza ko hateganyijwe urukurikirane serukiramuco rwa kabiri ruzaba kuwa 11 – 15 Ugushyingo 2020. Iserukiramuco ryiswe Hamwe Festival ni igikorwa ngarukamwaka cyizihiza kandi gishimangira uruhare rw’inganda zihanga bigamije gufasha urwego rw’ubuzima ku isi ariko Uyu mwaka, iserukiramuco rizakorwa ku buryo bw’iyakure bitewe n’icyorezo cya Covid-19.

Iserukiramuco ku bufatanye hagati yinzobere mu buzima ku isi n’abashinzwe guhanga bahuje ibigwi bivuga ko kugirango uburinganire bw’ubuzima ku isi bugerweho. Uyu mwaka iri serukiramuco rifite intego yo guhuza abanyamwuga b’abahanzi baturutse impande zose zisi bakora ibiganiro n’ibikorwa bitandukanye bazatanga amasomo n’inama ku ruhare rw’ubuhanzi m’ubuzima rusange.

Imibereho Myiza igamije kurengera ubuzima bwo mu mutwe niyo nsanganyamatsiko y’uyu mwaka kandi izagaragaramo ibiganiro bijyanye no kutabatwa n’uburwayi bwo mu mutwe.

Abantu batandukanye berekanye uburyo iri serukiramuco “Hamwe Festival 2020” rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri, uyu mwaka rikaba rizaba mu buryo bw’umwihariko kuko abarikurikira bazifashisha uburyo bw’amashusho azaca ku mbuga nkoranyambaga n’imbuga za mudasobwa zitandukanye, mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya covid 19. Muri uyu mwaka wa 2020, intego yaryo ni ukwita ku buzima bwo mu mutwe no kwifashisha ubuhanzi butandukanye mu kubusigasira aho intego igamijwe ari ukwigisha uburyo ubuhanzi bwahura n’ubuzima bityo iminsi ikomeye yo kwirinda Coronavirus cyane cyane ku rubyiruko ubwirinzi budohora ubwonko bushingiye ku buhanzi bukabafasha binyuze mu nyigisho.

Ubusanzwe Hamwe Festival, ni serukiramuco rifite intego yo gusangiza abaryitabira akamaro k’ubuhanzi bw’uburyo bwose n’uko bwagira uruhare mu bijyanye no kurengera ubuzima. Muri iri serurikiramuco abahanzi, inzobere mu buzima ku rwego rw’Isi, n’abandi batandukanye bagomba kwerekana uburyo imbaraga z’ubuhanzi zafasha mu buzima.

Iserukiramuco “Hamwe Festival” itegurwa ku bufatanye na Kaminuza mpuzamahanga ya UGHE (University of Global Health Equity), uyu mwaka izaba guhera tariki 11 kugeza tariki 15 Ugushyingo 2020, ibe hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, aho abayikurikira hazifashishwa uburyo bw’amashusho azanyuzwa ku mbuga nkoranyambaga za Hamwe Festival zirimo Facebook Instagram na Youtube, Hamwe Festival y’uyu mwaka izaba irimo inzobere mu by’ubuzima n’abahanzi batandukanye, bose bakomoka mu bihugu bigera kuri 20.

Ku mugoroba wa tariki 11 Ugushyingo 2020 nibwo izafungurwa ku mugaragaro, aho abayobozi mu nzego za Guverinoma y’u Rwanda, Prof Agnes Binagwaho Umuyobozi wa Kaminuza ya UGHE (University of Global Health Equity) n’abandi bafatanyabikorwa bazageza impanuro n’ubutumwa ku bazayikurikira.

Hamwe Festival ku nshuro yayo ya mbere mu Rwanda, yatbereye mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali hagati ya tariki 8 na 13 Ugushyingo 2019, icyo gihe abahanzi nka Oumou Sangaré ufite izina rikomeye mu muziki wa Afurika hamwe n’umunyarwandakazi Nirere Shanel bataramiye abayitabiriye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, hasobanuwe byinshi kuri Hamwe Festival ya 2020 dore ko Prof Agnes Binagwaho Umuyobozi wa Kaminuza ya UGHE yaganiriye n’abanyamakuru hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Zoom

Abitabiriye ikiganiro n’abanyamakuru banataramiwe n’abaririmbyi barimo Ariel Wayz wari waje aherekejwe n’abandi bahanzi batandukanye nka Man Martin n’abandi

2020-11-07
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Editorial 02 Mar 2023
Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG

Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG

Editorial 31 Mar 2021
FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 01 Oct 2025
Inkoni y’Umwana Ishira Dondidondi, Uwari Umuyobozi w’umutwe w’Iterabwoba wa RUD-Urunana yishwe

Inkoni y’Umwana Ishira Dondidondi, Uwari Umuyobozi w’umutwe w’Iterabwoba wa RUD-Urunana yishwe

Editorial 31 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye
Mu Mahanga

Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Editorial 13 Jan 2016
Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika
HIRYA NO HINO

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Editorial 22 Dec 2018
Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL)  na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo
Mu Mahanga

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Editorial 08 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru