• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Ubwanditsi 21 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Abayobozi b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe basubitse urugendo bagombaga kugirira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa 21 Mutarama 2019 nyuma y’uko Urukiko rushinzwe Itegeko Nshinga muri RDC rwemeje ko Félix Tshisekedi ariwe watsinze amatora ya Perezida yo ku wa 30 Ukuboza 2018.

Ebba Kalondo uvugira Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, yatangarije AFP ko “Icyo nakwemeza muri aka kanya ni uko urugendo rwigijwe inyuma. Tuzashyira hanze itangazo mu gihe cya vuba.’’

Iri tsinda ry’abayobozi ba AU ryari kuyoborwa na Perezida Kagame uyoboye AU n’Umunya-Tchad, Moussa Faki.

AU yaherukaga kwanzura kohereza itsinda ry’intumwa zawo zo kuganira n’abantu batandukanye hagamijwe gukumira imvururu zishobora gukurikira amatora. Yari yanasabye RDC kuba ihagaritse gutangaza burundu ibyayavuyemo.

Uyu mwanzuro wafatiwe mu Nama nyunguranabitekerezo ku bibazo bya Congo yabereye Addis Abeba muri Ethiopia ku wa 17 Mutarama 2019, AU.

Iyo nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 16 barimo abo mu nama mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga bigari (ICGLR), abo mu Muryango uhuza Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki na Minisitiri w’Intebe wungirije unashinzwe Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Léonard She Okitundu Lundula.

Perezida Kabila wa RDC ntiyitabiriye iyi nama. Yabwiye mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame unayoboye AU ko adashobora kuva mu gihugu kubera ibibazo bihari.

Ubu busabe bwakurikiwe n’icyemezo cy’Urukiko rw’Itegeko Nshinga rwatangaje mu ijoro ryo ku wa 19 Mutarama 2019 ko Tshisekedi ariwe watorewe kuba Perezida ahigitse Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bari bahanganye.

Abayobozi benshi muri Afurika bagaragaje ko bashyigikiye Tshisekedi ndetse Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) wasabye ko habaho ‘kubahana’ no guha agaciro ‘ubwigenge’ bwa RDC.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Raphamosa, na we yasabye ko ‘‘Abantu bose muri RDC bakwiye kubaha icyemezo cy’Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.’’

Amajwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’Amatora muri RDC ku wa 10 Mutarama 2019, yagaragaje ko umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Félix Tshisekedi yatsinze n’amajwi 38.57%.

Iyi ntsinzi ntiyishimiwe na Martin Fayulu na we wari umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wamuguye mu ntege n’amajwi 34.83%, wahise anitabaza Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

2019-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverineri Munyantwali yagiriye uruzinduko rw’akazi I Bukavu muri Kongo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola

Guverineri Munyantwali yagiriye uruzinduko rw’akazi I Bukavu muri Kongo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2021
 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

Ubwanditsi 16 Dec 2019
Perezida  Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 17 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    January 22, 20199:01 am -

    Ngo abayobozi!!!! Na Kagome se numuyobozi wa AU?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda
INKURU NYAMUKURU

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Ubwanditsi 02 Sep 2019
FERWACY yateguye isiganwa ry’amagare ryiswe “Kibugabuga Race” rizahagurukira mu mujyi wa Kigali rigasorezwa mu karere ka Bugesera
Uncategorized

FERWACY yateguye isiganwa ry’amagare ryiswe “Kibugabuga Race” rizahagurukira mu mujyi wa Kigali rigasorezwa mu karere ka Bugesera

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa
Mu Rwanda

Uko abo kwa Rwigara bakoze ibyaha bashinjwa

Ubwanditsi 16 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru