• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Editorial 21 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Abayobozi b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe basubitse urugendo bagombaga kugirira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa 21 Mutarama 2019 nyuma y’uko Urukiko rushinzwe Itegeko Nshinga muri RDC rwemeje ko Félix Tshisekedi ariwe watsinze amatora ya Perezida yo ku wa 30 Ukuboza 2018.

Ebba Kalondo uvugira Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, yatangarije AFP ko “Icyo nakwemeza muri aka kanya ni uko urugendo rwigijwe inyuma. Tuzashyira hanze itangazo mu gihe cya vuba.’’

Iri tsinda ry’abayobozi ba AU ryari kuyoborwa na Perezida Kagame uyoboye AU n’Umunya-Tchad, Moussa Faki.

AU yaherukaga kwanzura kohereza itsinda ry’intumwa zawo zo kuganira n’abantu batandukanye hagamijwe gukumira imvururu zishobora gukurikira amatora. Yari yanasabye RDC kuba ihagaritse gutangaza burundu ibyayavuyemo.

Uyu mwanzuro wafatiwe mu Nama nyunguranabitekerezo ku bibazo bya Congo yabereye Addis Abeba muri Ethiopia ku wa 17 Mutarama 2019, AU.

Iyo nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 16 barimo abo mu nama mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga bigari (ICGLR), abo mu Muryango uhuza Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki na Minisitiri w’Intebe wungirije unashinzwe Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Léonard She Okitundu Lundula.

Perezida Kabila wa RDC ntiyitabiriye iyi nama. Yabwiye mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame unayoboye AU ko adashobora kuva mu gihugu kubera ibibazo bihari.

Ubu busabe bwakurikiwe n’icyemezo cy’Urukiko rw’Itegeko Nshinga rwatangaje mu ijoro ryo ku wa 19 Mutarama 2019 ko Tshisekedi ariwe watorewe kuba Perezida ahigitse Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bari bahanganye.

Abayobozi benshi muri Afurika bagaragaje ko bashyigikiye Tshisekedi ndetse Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) wasabye ko habaho ‘kubahana’ no guha agaciro ‘ubwigenge’ bwa RDC.

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Raphamosa, na we yasabye ko ‘‘Abantu bose muri RDC bakwiye kubaha icyemezo cy’Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.’’

Amajwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’Amatora muri RDC ku wa 10 Mutarama 2019, yagaragaje ko umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Félix Tshisekedi yatsinze n’amajwi 38.57%.

Iyi ntsinzi ntiyishimiwe na Martin Fayulu na we wari umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wamuguye mu ntege n’amajwi 34.83%, wahise anitabaza Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

2019-01-21
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Editorial 08 Sep 2021
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Editorial 10 Jun 2025
Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwakoze ku mitima ya benshi mu Kwibuka25

Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwakoze ku mitima ya benshi mu Kwibuka25

Editorial 07 Apr 2020
Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Editorial 22 Nov 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    January 22, 20199:01 am -

    Ngo abayobozi!!!! Na Kagome se numuyobozi wa AU?

    Subiza

Leave a Reply to Sunday Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.
Amakuru

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Editorial 10 Jun 2021
Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha
Mu Rwanda

Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Editorial 11 May 2018
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko
ITOHOZA

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Editorial 27 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru