Urwego rutegura BK Pro League, Rwanda Premier League, rwatangaje ko hatazangwa ibikombe bibiri ku mpera z’uyu mwaka w’imikino nk’uko byari byaratangajwe mbere.
Byatangajwe binyuze mu itangazo uru Rwego rwashyize ahagaragara mu gitondo cyo kuri ku wa Kabiri, tariki ya 12 Gicurasi 2026.
Rwavuze ko “nk’uko byari byatangajwe mu kiganiro FERWAFA na RPL byagiranye n’abanyamakuru bamurikirwa gahunda yo kwakira amakipe yo muri Sudani muri Shampiyona, muri uyu mwaka w’imikino hazatangwa ibikombe bibiri.”
Rwanda Premier League yongeyeho ko “ikipe yo muri Sudani izasoreza ku mwanya wa mbere muri BK Pro League y’uyu mwaka izahabwa igikombe cy’icyubahiro [BK Pro League Champions 2025/26] ndetse nk’uko byemejwe mu Ukwakira ubwo aya makipe y’abashyitsi yasabaga gukinira mu Rwanda, yo ntabwo azahabwa ku bihembo bigenewe amakipe yitwaye neza.”
Yakomeje ivuga ko “izatanga kandi ikindi gikombe ku ikipe yahize andi makipe yo mu Rwanda (BK Pro League National Champions) ndetse akaba ari yo izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League ya 2026/27.”

Ku rundi ruhande, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 11 Gicurasi 2026, nyuma y’igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyateguwe na Kiyovu Sports.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Shema Fabrice yavuze ko hateganyijwe igikombe kimwe ku ikipe iyo ari yose nubwo mu Rwanda hakinira amakipe yo mu Rwanda n’ayo muri Sudani.
Ati “Igikombe cya shampiyona ni kimwe kuko ni utsinze shampiyona, ibyo turabyumvikanaho. Ariko mu byo twakoze bindi twanabwiye amakipe yo muri Sudani, ni igihembo cy’amafaranga. Ayo azahabwa ikipe yitwa ko ari iya mbere yo mu Rwanda, izahabwa miliyoni 80 Frw.”
“Mu buryo bwa CAF, kuko ari ikipe iba yasuye ntibivuze ko iyo kipe izaserukira u Rwanda. Ikipe izaserukira u Rwanda muri CAF Champions League ni izaba yabaye iya mbere mu zo mu Rwanda.”
Al-Hilal SC yo muri Sudani yizeye kuzasoreza ku mwanya wa mbere nyuma y’uko kuri ubu ifite amanota 70, irusha amanota 12 Al-Merrikh ya gatatu mu gihe zombi zisigaje imikino ine irimo uzazihuza.
Al-Hilal izigamye ibitego 49 mu gihe Al-Merrikh SC izigamye ibitego 21.
Ni mu gihe APR FC yizeye kwegukana Shampiyona nk’ikipe yo mu Rwanda aho kuri ubu irusha Rayon Sports amanota umunani, ndetse ikeneye amanota abiri mu mikino itatu zombi zisigaje.



