• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo

CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo

Ubwanditsi 06 Feb 2016 IMIKINO

Ikipe y’igihugu ya Mali niyo yabonye tike yo gukina umukino wa nyuma wa CHAN isezereye Cote d’Ivoire, iyitsinze igitego 1-0 cya Yves Bissouma mu minota ya nyuma y’umukino wa 1/2 waberaga kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa kane.

-2006.jpg

Ni umukino wasifuwe n’umunyamisiri Nlourredin Ibrahim, Marengula Arsenio wo muri Angola na Ahmed Hossam wo mu Misiri bari abasifuzi bo ku mpande mu gihe Bamlak Tessema wo muri Ethiopia yari umusifuzi wa kane.

Uburyo bukomeye bwabonetse hakiri kare, hari ku munota wa cyenda w’umukino, ku ruhande rwa Cote d’Ivoire ubwo Junior Atcho yaherezaga umupira Djrdje Franck Guinza ariko umunyezamu wa Mali, Djigui Diarra naba myugariro be baramuzibira.

Mali yabonye uburyo butandukanye ku bakinnyi bayo bakina imbere barimo barimo Mamadou Coulibary, Sekou Koita, Abdoulaye Diarra ndetse n’ishoti rya Alou Dieng ariko bananirwa kubona izamu rya Badla Ali Sangale.
-2004.jpg
Ku munota wa 32, ku mupira wa Sekou Koita, Cheick Ibtahim Comara wa Cote d’Ivoire yawukoze n’ukuboko mu rubuga rw’amahina maze umunyamisiri Nlourredin Ibrahim atanga penaliti ku ruhande rwa Mali. Iyi, yatewe na Mamadou Coulibary ariko ikurwamo neza n’umuzamu wa Cote d’Ivoire, Badla Ali Sangale.

Ku munota wa 52, Djedje Guiza yakorewe ikosa nab a myugariro ba Mali, Cote d’Ivoire ihabwa coup-franc itagize icyo itanga.

N’Guessam Kouame yashoboraga kubonera Mali igitego ku buryo yabonye nyuma y’iminota 15 igice cya kabiri gitangiye, ariko ishoti yateye rica hejuru y’izamu rya Cote d’Ivoire.

Badra Ali Sangale yongeye kurokora Cote d’Ivoire mu buryo abenshi bari bamaze kubonamo igitego, akuramo ishoti rya Hamdou Sinayoko ku munota wa 63 w’umukino.
Atcho Junior Djobo yahamwe umupira mwiza na Djdje Franck Guiza ku munota wa 71 w’umukino, umunyezamu wa Mali, Djigui Diarra arawumutanga.

Habura iminota 15 gusa, umutoza wa Mali Alain Giresse yafashe icyemezo gikomeye akuramo Sekou Koita, rutahizamu ukiri muto wari wazonze Cote d’Ivoire, yinjiza mu kibuga Yves Bissouma.

Ku munota wa 80, umuzamu wa Cote d’Ivoire Badra Ali Sangare yagonganye na Hamdou Sinayoko wa Mali, abakinnyi bombi byagaragaraga ko babaye, bitabwaho n’abaganga mu gihe kingana n’iminota ibiri.

M.Fils

2016-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Ubwanditsi 09 Dec 2021
AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023

AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 09 Feb 2023
Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya  Kigali

Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya  Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports

Umukino wa Super Cup wa APR FC na POLICE FC wakuyeho ibirori bya Mukura VS yari yatangaje ko izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe
ITOHOZA

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera
Mu Mahanga

Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana
Mu Rwanda

Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana

Ubwanditsi 15 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru