• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo

CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo

Ubwanditsi 06 Feb 2016 IMIKINO

Ikipe y’igihugu ya Mali niyo yabonye tike yo gukina umukino wa nyuma wa CHAN isezereye Cote d’Ivoire, iyitsinze igitego 1-0 cya Yves Bissouma mu minota ya nyuma y’umukino wa 1/2 waberaga kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa kane.

-2006.jpg

Ni umukino wasifuwe n’umunyamisiri Nlourredin Ibrahim, Marengula Arsenio wo muri Angola na Ahmed Hossam wo mu Misiri bari abasifuzi bo ku mpande mu gihe Bamlak Tessema wo muri Ethiopia yari umusifuzi wa kane.

Uburyo bukomeye bwabonetse hakiri kare, hari ku munota wa cyenda w’umukino, ku ruhande rwa Cote d’Ivoire ubwo Junior Atcho yaherezaga umupira Djrdje Franck Guinza ariko umunyezamu wa Mali, Djigui Diarra naba myugariro be baramuzibira.

Mali yabonye uburyo butandukanye ku bakinnyi bayo bakina imbere barimo barimo Mamadou Coulibary, Sekou Koita, Abdoulaye Diarra ndetse n’ishoti rya Alou Dieng ariko bananirwa kubona izamu rya Badla Ali Sangale.
-2004.jpg
Ku munota wa 32, ku mupira wa Sekou Koita, Cheick Ibtahim Comara wa Cote d’Ivoire yawukoze n’ukuboko mu rubuga rw’amahina maze umunyamisiri Nlourredin Ibrahim atanga penaliti ku ruhande rwa Mali. Iyi, yatewe na Mamadou Coulibary ariko ikurwamo neza n’umuzamu wa Cote d’Ivoire, Badla Ali Sangale.

Ku munota wa 52, Djedje Guiza yakorewe ikosa nab a myugariro ba Mali, Cote d’Ivoire ihabwa coup-franc itagize icyo itanga.

N’Guessam Kouame yashoboraga kubonera Mali igitego ku buryo yabonye nyuma y’iminota 15 igice cya kabiri gitangiye, ariko ishoti yateye rica hejuru y’izamu rya Cote d’Ivoire.

Badra Ali Sangale yongeye kurokora Cote d’Ivoire mu buryo abenshi bari bamaze kubonamo igitego, akuramo ishoti rya Hamdou Sinayoko ku munota wa 63 w’umukino.
Atcho Junior Djobo yahamwe umupira mwiza na Djdje Franck Guiza ku munota wa 71 w’umukino, umunyezamu wa Mali, Djigui Diarra arawumutanga.

Habura iminota 15 gusa, umutoza wa Mali Alain Giresse yafashe icyemezo gikomeye akuramo Sekou Koita, rutahizamu ukiri muto wari wazonze Cote d’Ivoire, yinjiza mu kibuga Yves Bissouma.

Ku munota wa 80, umuzamu wa Cote d’Ivoire Badra Ali Sangare yagonganye na Hamdou Sinayoko wa Mali, abakinnyi bombi byagaragaraga ko babaye, bitabwaho n’abaganga mu gihe kingana n’iminota ibiri.

M.Fils

2016-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’

Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’

RUSHYASHYA 12 Mar 2026
Restrepo Valencia yegukanye akandi gace muri Tour du Rwanda

Restrepo Valencia yegukanye akandi gace muri Tour du Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2020
Kuba tugeze  muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Kuba tugeze muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 21 Jan 2016
AS Kigali yasinyishije Otinda Frederick na Ochieng Lawrence bakomoka muri Kenya ndetse na Saturo Edward wakinaga muri Uganda

AS Kigali yasinyishije Otinda Frederick na Ochieng Lawrence bakomoka muri Kenya ndetse na Saturo Edward wakinaga muri Uganda

Ubwanditsi 30 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa
Amakuru

Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa

Ubwanditsi 11 Aug 2025
Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR
Mu Mahanga

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Ubwanditsi 26 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru