• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Ubwanditsi 06 Feb 2018 IMIKINO

Ubwo bageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere, Areruya Joseph na Team Rwanda baherutse kwegukana Tour de l’Espoir, bakiranywe ubwuzu n’urugwiro n’abafana ndetse n’abayobozi muri Minisiteri ifite siporo mu nshingano.

Iri rushanwa ry’abatarengeje imyaka 23 aba bakinnyi begukanye, ryaberaga mu gihugu cya Cameroun, Arerura Joseph akaba ari we wasoje ari uwa mbere akegukana umupira w’umuhondo ku rutonde rusange.

PNG - 484.7 kb
Team Rwanda igera ku kibuga cy’indege i Kanombe

Iyi ntsinzi kandi yanatumye iyi kipe y’abatarengeje imyaka 23 yemererwa kuzitabira irushanwa ryitwa Tour de l’Avenir, rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje iyi myaka.

PNG - 428 kb
Areruya na Bagenzi be bazitabira Tour de l ’Avenir ifatwa nka Tour de France y’abatarengeje 23

Mu kiganiro gito Areruya Joseph yagiranye n’itangazamakuru bakigera i Kanombe, yatangaje ko iyi ntsinzi yiyongera ku zo bamaze iminsi babona, bazikesha ikinyabupfura, imyitozo ihagije ndetse no kumvira inama z’ababakuriye bafite icyo babarusha muri uyu mukino.

PNG - 433.5 kb
Areruya aganira n’itangazamakuru

Bayingana Aimable uyobora Ishyirahamwe ry’umukino w’Amagare mu Rwanda, yashimye ishyaka ry’aba bakinnyi, anavuga ko ubu bakomeje gukaza imyitozo kuko hakiri amarushanwa menshi yo kwitabira.

Ati” Tugomba gukomeza guhatana tukazamura amanota yacu ku rwego rwa Afurika.”

PNG - 502.6 kb
Aimable Bayingana na Habineza Joseph wigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo

Areruya Joseph na Team Rwanda baherukaga kwakirwa nk’intwari mu kwezi gushize, nyuma yo kwegukana irushanwa La Tropicale Amissa Bongo yaberaga mu gihugu cya Gabon.

PNG - 452.8 kb
Byari ibyishimo ku mutoza wa Team Rwanda
PNG - 392.3 kb
Abafana babyiganaga bashaka kwifotoranya na Team Rwanda

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Ubwanditsi 17 May 2023
Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Ubwanditsi 18 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 May 2018
Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere
Amakuru

Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Ubwanditsi 22 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru