• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Ubwanditsi 12 Sep 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Nzeri 2022, kuri Pisine y’Ishuri rya Green Hills habereye irushanwa ryari rifite inyito ya ‘Mako Sharks Sprint Gla’. Irushanwa ryakinwaga ku nshuro yaryo ya mbere.

Iri rushanwa ryateguwe n’Ikipe ya ‘Mako Sharks’ isanzwe ikorera mu Mujyi wa Kigali kuri iyi Pisine, ryari ryitabiriwe n’abakinnyi 144, barimo 86 barushanyijwe mu kiciro cy’abagore na 68 mu bagabo, bombi bari bahagarariye amakipe arindwi (7) agizwe na; Mako Sharks Swimming Club, Les Dauphins Swimming Club, Rwesero Swimming Club, Cercle Sportif de Kigali Swimming Club, Mount Kenya Swimming Club, Cercle Sportif de Karongi Swimming Club na Vision Jeunesse Nouvelle Swimming Club.

Nk’uko byari biteganyijwe ku ngengabihe yari yahawe aya makipe, ku isaha y’isaa Tatu (09:00) za Mugitondo ryari ritangiye, rikaba ryasojwe saa cumi (16:00) z’Umugoroba.

Muri ibi byiciro uko ari bibiri (abagore n’abagabo), abitabiriye iri rushanwa buri mukinnyi yose ku giti cye, haza kwiyongera no koga kw’abakinnyi bagize ikipe, ibizwi nka Relay.

Muri Relay (koga nk’Ikipe), buri kipe yakoreshaga abakinnyi babiri (2) mu kiciro cy’abagabo na babiri (2) b’abagore.

Inyoga abitabiriye iri rushanwa barushanyijwemo, ni inyogo enye (4) arizo; FreeStyle, Breaststroke, Backstroke na Relay yakinnwe mu kiciro cy’amakipe.

Ku ikubitiro, iri rushanwa ryatangiriwe ku kiciro cy’abakinnyi bari munsi y’imyaka 9-10, aho aba bakinnye metero 25 (25m) FreeStyle, rikaba ryasojwe na Relay, aho abakinnyi bayikinnye intera ihwanye na metero 100 (100m).

Uretse ibi byiciro bya metero 25 n’i 100, nk’uko bisanzwe mu gusiganwa intera ngufi ibizwi nka Sprint (Sipurinti) muri uyu mukino, n’intera ireshya na metero 50 nayo ntabwo yirengagijwe, aba bakinnyi bayikinnye bitewe n’ibyiciro by’imyaka bari barimo.

Ubwo hasozwaga ku mugaragaro iri rushanwa rishya ryashyizweho n’Ikipe ya Mako Sharks aho yanatangaje ko inifuza ko ryazajya rikinwa buri uko Umwaka utashye, abahize abandi bahawe imidali ndetse hanatangwa n’ibikombe ku makipe 3 yahize ayandi nyuma yo gukusanya amanota yagiye agira hashingiwe ku byiciro barushanyijwemo n’umubare w’abakinnyi buri Ikipe yari ifite.

Mu kiciro cy’abagabo, Umukinnyi wahize abandi yabaye Maniraguha Eloi wa Mako Sharks, mu gihe mu bagore (Abakobwa), uwahize abandi yabaye Omoro Saniyah nawe ukinira ikipe ya Mako Sharks.

Mu kiciro cy’amakipe, ku umwanya wa gatatau wegukanywe n’ikipe y Vision Jeunesse Nouvelle, yagize amanota 713.

Umwanya wa kabiri wegukanywe n’ikipe ya Cercle Sportif de Karongi, yagize amanota 879, mu gihe umwanya wa mbere ari nawo wahembwe nk’uwikipe yegukanye iri rushanwa ‘Mako Shakrs Sprint Gla’ wegukanywe n’ikipe ya Mako Sharks, yagize amanota 3,232.

Twakubutsa iri rushanwa ryari ryateguwe ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, Komite Olempike y’u Rwanda, Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda, Naba Limited (Ltd) ndetse n’abandi batandukanye.

Uretse abayobozi b’amakipe yari yaje guhiganwa, ryanitabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Madamu Munyangaju Aurore Mimosa, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier, Umunyamabanga wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph, ba Visi Perezida bombi b’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda, Uzabakriho Innocent na Jean Sauveur ndetse n’abandi bayobozi banyuranye.

2022-09-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024
Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu

Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Portugal amateka itwara igikombe cy’Uburayi

Portugal amateka itwara igikombe cy’Uburayi

Ubwanditsi 11 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6
Mu Rwanda

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw
INKURU NYAMUKURU

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Ubwanditsi 18 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru