• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Ubwanditsi 27 Apr 2018 Mu Rwanda

Buri ntangiriro za buri gihembwe, Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) igira gahunda yo guhura n’abanyeshuri n’abakozi bayo, abanyeshuri bagahabwa ubutumwa bw’ingenzi bwihariye nk’urufunguzo n’icyerekezo cy’ibigamijwe baba bari ku ishuri cyangwa buzima busanzwe.

Ubutumwa bw’iki gihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri bwibanze cyane ku kamaro ko gukoresha ururimi rw’Icyongereza n’ikoranabuhanga, nka bimwe mu bizafasha abanyeshuri mu buzima bwabo ndetse no mu iterambere ry’igihugu.

Ubwo Prof.Dr Rwigamba Balinda, Perezida wa Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) ari na we wayishinze, yaganirizaga abanyeshuli kuwa mbere tariki ya 23 Mata 2018 yagize ati “Igihugu cyacu kiri mu miryango itandukanye ikoresha ururimi rw’Icyongereza ndetse ni narwo rukoreshwa mu itangwa ry’amasomo mu Rwanda. Tugomba rero nka Kaminuza gukomeza guharanira kuba indashyikirwa dukoresha uru rurimi ndetse n’ikoranabuhanga cyane cyane ko abarimu babifitiye inararibonye n’ibikoresho bikenewe byose bihari”.

Rwigamba kandi yasabye mu buryo bw’umwihariko ubuyobozi n’abakozi kongera imbaraga mu ikoreshwa ry’Icyongereza n’ikoranabuhanga muri serivisi zose zitangwa na Kaminuza.

Abanyeshuri basobanuriwe ko Icyongereza ndetse n’ikoranabuhanga biri mu nkingi za mwamba mu kubaka uburezi bufite ireme muri iyi Kaminuza.

Prof. Dr Rwigamba yibukije abanyeshuri ko nk’abantu bahabwa ubumenyi butandukanye bitezweho gufasha igihugu mu minsi iri imbere mu ngeri zirimo ubutwererane, ubuhahirane n’ibindi, kandi ko bi bitagerwaho mu gihe Icyongereza n’Ikoranabuhanga byasigara inyuma.

Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza Yigenga ya Kigali, Dr Sekibibi Ezechiel, yabwiye IGIHE ko iyi Kaminuza yaje ku mwanya wa mbere muri Kaminuza zigenga mu Rwanda mu gikorwa cyo gushyira mu myanya Kaminuza mu bijyanye n’ireme ry’uburezi kandi ko iriho ikora ibishoboka byose ngo ikomeze kubaka ireme ry’uburezi ku rwego ruhanitse, kugira ngo abaharangiza barusheho guhangana ku isoko ry’umurimo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, Afurika, n’Isi yose muri rusange.

Yongeyeho ko kuba u Rwanda rukomeza kwakira kandi ruteganya kuzakira inama zikomeye harimo n’iteganyijwe mu 2020 izahuza ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), ari amahirwe abanyarwanda bafite babikesha ubuyobozi bwiza bw’igihugu kandi ko agomba kubyazwa umusaruro.

Yagize ati “Nubwo iki gikorwa cyo gushyira imbaraga zidasanzwe mu kwigisha no gukoresha Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari umurongo mugari duhabwa na Minisiteri y’Uburezi, birunganirana na gahunda dusanganywe, kuko abanyeshuri bafite amatsinda mato agamije guteza imbere Icyongereza n’ikoranabuhanga kandi ajya yegukana ibihembo mu marushanwa Kaminuza Yigenga ya Kigali ULK ihuriramo n’izindi Kaminuza zo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba”.

Ku bijyanye n’ikoranabuhanga, ULK ifite mudasobwa zihagije ku banyeshuri bose bayigamo kandi bafite murandasi (internet) ikoresha umurongo mugari. Iyi Kaminuza yanashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha mu kunoza imyigire n’imyigishirize no gutanga serivisi ku banyeshuri n’abayigana aho baba bari hose.

Umunyeshuri muri Kaminuza Yigenga ya Kigali Nadine Ingabire yagize ati “Dushimishwa cyane n’uburyo butandukanye Kaminuza yacu igenda idushyiriraho budufasha gusobanukirwa no kumenya gukoresha ururimi rw’Icyongereza n’ikoranabuhanga. Ibi bidufasha kurangiza amasomo twifitiye icyizere no guhangana ku isoko ry’umurimo tutikandagira ”.

Umuyobozi w’Ishami ryita ku iterambere ry’indimi muri ULK , Jean Baptiste Manirakiza yabwiye IGIHE ko biteguye neza gukomeza guteza imbere ururimi rw’Icyongereza bifashishije ibikoresho bigezweho bafite bituma umunyeshuri abasha kumva, kuvuga, gusoma ndetse no kwandika ururimi rw’Icyongereza mu buryo bumworoheye.

Jean Claude Ishimwe uhuza ibikorwa by’amatsinda agamije guteza imbere Ikoranabuhanga mu banyeshuri, yavuze ko abanyeshuri bahimbye Porogaramu yitwa e-Claim ishobora kwifashishwa nk’umuyoboro uhuza umuyobozi n’abanyeshuri, uwaba afite ikibazo akakibaza yifashishije iyo porogaramu kandi akaba yabona igisubizo atiriwe akubita amaguru ajya ku biro by’uwo muyobozi.

2018-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Ubwanditsi 15 Jul 2024
Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Ubwanditsi 17 Jul 2017
Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Ubwanditsi 06 Dec 2025
Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Ubwanditsi 13 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe
INKURU NYAMUKURU

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda 1, 200 000
Mu Mahanga

Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda 1, 200 000

Ubwanditsi 11 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru