• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Ubwanditsi 27 Apr 2018 Mu Rwanda

Buri ntangiriro za buri gihembwe, Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) igira gahunda yo guhura n’abanyeshuri n’abakozi bayo, abanyeshuri bagahabwa ubutumwa bw’ingenzi bwihariye nk’urufunguzo n’icyerekezo cy’ibigamijwe baba bari ku ishuri cyangwa buzima busanzwe.

Ubutumwa bw’iki gihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri bwibanze cyane ku kamaro ko gukoresha ururimi rw’Icyongereza n’ikoranabuhanga, nka bimwe mu bizafasha abanyeshuri mu buzima bwabo ndetse no mu iterambere ry’igihugu.

Ubwo Prof.Dr Rwigamba Balinda, Perezida wa Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) ari na we wayishinze, yaganirizaga abanyeshuli kuwa mbere tariki ya 23 Mata 2018 yagize ati “Igihugu cyacu kiri mu miryango itandukanye ikoresha ururimi rw’Icyongereza ndetse ni narwo rukoreshwa mu itangwa ry’amasomo mu Rwanda. Tugomba rero nka Kaminuza gukomeza guharanira kuba indashyikirwa dukoresha uru rurimi ndetse n’ikoranabuhanga cyane cyane ko abarimu babifitiye inararibonye n’ibikoresho bikenewe byose bihari”.

Rwigamba kandi yasabye mu buryo bw’umwihariko ubuyobozi n’abakozi kongera imbaraga mu ikoreshwa ry’Icyongereza n’ikoranabuhanga muri serivisi zose zitangwa na Kaminuza.

Abanyeshuri basobanuriwe ko Icyongereza ndetse n’ikoranabuhanga biri mu nkingi za mwamba mu kubaka uburezi bufite ireme muri iyi Kaminuza.

Prof. Dr Rwigamba yibukije abanyeshuri ko nk’abantu bahabwa ubumenyi butandukanye bitezweho gufasha igihugu mu minsi iri imbere mu ngeri zirimo ubutwererane, ubuhahirane n’ibindi, kandi ko bi bitagerwaho mu gihe Icyongereza n’Ikoranabuhanga byasigara inyuma.

Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza Yigenga ya Kigali, Dr Sekibibi Ezechiel, yabwiye IGIHE ko iyi Kaminuza yaje ku mwanya wa mbere muri Kaminuza zigenga mu Rwanda mu gikorwa cyo gushyira mu myanya Kaminuza mu bijyanye n’ireme ry’uburezi kandi ko iriho ikora ibishoboka byose ngo ikomeze kubaka ireme ry’uburezi ku rwego ruhanitse, kugira ngo abaharangiza barusheho guhangana ku isoko ry’umurimo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, Afurika, n’Isi yose muri rusange.

Yongeyeho ko kuba u Rwanda rukomeza kwakira kandi ruteganya kuzakira inama zikomeye harimo n’iteganyijwe mu 2020 izahuza ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), ari amahirwe abanyarwanda bafite babikesha ubuyobozi bwiza bw’igihugu kandi ko agomba kubyazwa umusaruro.

Yagize ati “Nubwo iki gikorwa cyo gushyira imbaraga zidasanzwe mu kwigisha no gukoresha Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari umurongo mugari duhabwa na Minisiteri y’Uburezi, birunganirana na gahunda dusanganywe, kuko abanyeshuri bafite amatsinda mato agamije guteza imbere Icyongereza n’ikoranabuhanga kandi ajya yegukana ibihembo mu marushanwa Kaminuza Yigenga ya Kigali ULK ihuriramo n’izindi Kaminuza zo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba”.

Ku bijyanye n’ikoranabuhanga, ULK ifite mudasobwa zihagije ku banyeshuri bose bayigamo kandi bafite murandasi (internet) ikoresha umurongo mugari. Iyi Kaminuza yanashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha mu kunoza imyigire n’imyigishirize no gutanga serivisi ku banyeshuri n’abayigana aho baba bari hose.

Umunyeshuri muri Kaminuza Yigenga ya Kigali Nadine Ingabire yagize ati “Dushimishwa cyane n’uburyo butandukanye Kaminuza yacu igenda idushyiriraho budufasha gusobanukirwa no kumenya gukoresha ururimi rw’Icyongereza n’ikoranabuhanga. Ibi bidufasha kurangiza amasomo twifitiye icyizere no guhangana ku isoko ry’umurimo tutikandagira ”.

Umuyobozi w’Ishami ryita ku iterambere ry’indimi muri ULK , Jean Baptiste Manirakiza yabwiye IGIHE ko biteguye neza gukomeza guteza imbere ururimi rw’Icyongereza bifashishije ibikoresho bigezweho bafite bituma umunyeshuri abasha kumva, kuvuga, gusoma ndetse no kwandika ururimi rw’Icyongereza mu buryo bumworoheye.

Jean Claude Ishimwe uhuza ibikorwa by’amatsinda agamije guteza imbere Ikoranabuhanga mu banyeshuri, yavuze ko abanyeshuri bahimbye Porogaramu yitwa e-Claim ishobora kwifashishwa nk’umuyoboro uhuza umuyobozi n’abanyeshuri, uwaba afite ikibazo akakibaza yifashishije iyo porogaramu kandi akaba yabona igisubizo atiriwe akubita amaguru ajya ku biro by’uwo muyobozi.

2018-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Ubwanditsi 28 Nov 2017
Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Ubwanditsi 13 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora
POLITIKI

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus
IKORANABUHANGA

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020
Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba
Mu Mahanga

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Ubwanditsi 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru