• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Ubwanditsi 06 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu kiganiro n’abanyamakuru , umukuru w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda,  Kizza Besigye asobanura mu buryo burambuye imvo n’imvano y’amakimbirane ari hagati y’U Rwanda na Uganda.

Icyo kiganiro cyari mu rurimi rw’ikigande ati :“Niba ushaka kumenya icyibazo cyiri hagati y’URwanda a Uganda, ugomba kumenya ibintu bibiri:

Icya mbere: Bwana Museveni yibwiye ko niba Perezida yari muri Uganda  nk’umusirikare wo ku rwego rwo hejuru, anamuyobora , ninako  azakomeza kumuyobora nubwo azaba ari mu Rwanda, kandi ko U Rwanda ruzaba agace k’igihugu cya Uganda  – niko abyumva, iyi niyo myumvire ya  Museveni, yo kwiremereza , kandi n’igihugu cya Uganda agifata nkaho ari umutungo we ku giti cye: buri wese ni umwuzukuru we,umuvandimwe, n’ibindi., ntiyiyumvisha ko  abantu bashobora kuba abo aribo…’

 Ariko se wowe uri mu cyihe cyiciro? Uri umuvandimwe we , umusangirangendo?

 Nakubwiye ko nshaka kuba icyiremwa muntu cyigenga. Ntawe mbereye umwana w’umuhungu, umwuzukuru , n’ibindi…….

We[Museveni] abona Perezida Kagame muri ubwo buryo, akaba yariyumvishaga ko  agomba kuzajya amwumvira. Ariko Perezida Kagame yamukuriye inzira ku murima [Rwanda] ni igihugu cyacu kandi tuzakiyobora nkuko tumva bikwiriye.

Museveni akaba yaraje kubyumva mu gihe cy’intambara muri Kongo Kinshasa yari igamije kuvana Perezida Mobutu ku butegetsi, yarwanywe ikanatsindwa n’ingabo z’U Rwanda zonyine. Ingabo za Uganda ntacyo zigeze zikora. Ibi bikaba byaratumye Museveni ahorana ikintu cy’ubwoba bumutera gutinya URwanda.

Icya kabiri: Ingingo ya kabiri hagati y’ibi bihugu bibiri, nuko U Rwanda rwahuye n’ibibazo by’umurengera, ariko rugakora rwivuye inyuma  kugirango rubyivanemo. Wibuke ko aribwo bari bakiva muri Jenoside ariko bahise batangira gutera imbere. Uko iminsi yagendaga yicuma, abantu batangiye kugenda bagereranya ibi bihugu uko ari bibiri. Barebaga U Rwanda rwari ruturutse inyuma kure cyane, bakanareba Uganda. Batangira kugereranya ibitaro muri ibi bihugu byombi, ibikorwa remezo, n’ibindi, nta huriro. Nuko bakajya babaza Museveni bati: ‘Byakugendekeye bite?’. Ibyo nabyo byatumye atahwa n’icyoba.

None ubu URwanda rukaba rufite icyibazo cy’umutekano . Hakaba hari abasikute ba bahungu baringa bavaga muri Uganda bajya mu Burundi ariko banyuze mu gihugu cya Tanzaniya batawe muri yombi, nyuma bikaza ku menyekana ko barimo kujya mu myitozo ya gisirikare bityo bakazatera U Rwanda. Nibyo hamwe n’ibindi byinshi byashyigikirwaga na Uganda mu rwego rwo gukomamunkokora U Rwanda, ku birebana n’umutekano hamwe n’iterambere by’U Rwanda…” – Besigye.

Kiiza Besigye ni Umuyobozi w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda Forum for Democratic Change (FDC) akaba ari n’umugabo wa Winnie Byanyima, w’umukuru w’umuryango mpuzamahanga Oxfam International.

Src :  gateteviews.rw


2019-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Uko  Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Ubwanditsi 10 Oct 2020
­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )
POLITIKI

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu
ITOHOZA

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Uganda: Abarobyi batandatu bashimuswe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo muri Congo
Mu Mahanga

Uganda: Abarobyi batandatu bashimuswe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo muri Congo

Ubwanditsi 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru