• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Ubwanditsi 10 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hashize imyaka 6 imiryango 40 iharanira inyungu zabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ishyikirije ikirego ubucamanza bwo mu Bufaransa, gisaba ko Filipo Hategekimana yakurikiranwa ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu duce tunyuranye two mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zayo.

Uyu Filipo Hategekimana yahoze ari umujandarume mu Rwanda rwo ku ngoma yabajenosideri, aza guhungira ahitwa Rennes mu Bufaransa ubwo bari bamaze gutsindwa. Yahise ahindura amazina, yiyita Pilippe MANIER, agamije kuyobya uburari no gucika ubutabera.

Akimara kumenya ko yatahuwe, yavuye mu Bufaransa mu mwaka wa 2018 ahungira muri Cameroun, ariko iyo miryango ikomeza gukurikirana ibye ari nako itanga amakuru mu nzego zubutabera muri icyo gihugu no mu Bufaransa. Yaje gufatirwa Yaoundé muw2019, nyuma yumwaka umwe yimurirwa muri gereza yo mu Bufaransa.

Nubwo itariki yurubanza rwe itaratangazwa, mu kwezi gushize Ubushinjacyaha Bukuru bwemeje ko ibisabwa byose birimo kwegeranywa ku buryo Filipo Hategekimana azagezwa imbere yubutaberabidatinze. Mu byaha aregwa harimo gushinga no kuyobora bariyeri nibitero byahitanye Abatutsi basaga 10.000, barimo nuwari Burugumesitiri wa Ntyazo, Narcisse NYAGASAZA.

Alain Gauthier ,Umuyobozi wa CPCR , umwe miryango iharanira inyungu zabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yabwiye Ibiro Ntaramakuru byuBufaransa(AFP) ko kuba Ubushinjacyaha Bukuru bwafashe icyemezo cyo gushyikiriza urukiko Filipo Hategekimana, ari intambwe nziza, ishobora kubyunsa nandi madoyise yabajenosideri yazinzitswe aho mu Bufaransa.

Kugeza ubu ubushinjacyaha bwo mu Bufaransa bwashyikirijwe ibirego byinshi bishinja abantu banyuranye uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Leta yuRwanda nabaregera indishyi, bakomeje gusabwa ko abo bantu baburanishwa cyangwa bakoherezwa mu Rwanda, ariko ababishinzwe mu Bufaransa bakomeje kuvunira ibiti mu matwi.

Mu myaka 27 ishize,mu Bufaransa hamaze kuburanishwa abantu 8 baregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, muri bo 3 gusa bakaba aribo bahawe ibihano binyuranye.

Mu bakidegembya harimo Agata Kanziga wari umugore wa Perezida Yuvenali Habyarimana, akaba numunyakazu ukomeye, Laurent Bucyibaruta wari Perefe wa Gikongoro, nabaganga Eugène Rwamucyo na Sostène Munyemana, ibimenyetso bibashinja ibyaha bakurikiranyweho bikaba bimaze imyaka nimyaniko mu tubati twabashinjacyaha nabacamanza bo mu Bufaransa.

Niba hatajemo kuzarira nkana kwabacamanza nkuko bakomeje kubigaragaza, urubanza rwa Claude Muhayimana ukomoka ku Kibuye rwo rwagombye gutangira mu Gushyingo uyu mwaka.

2021-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi

Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi

Ubwanditsi 22 Jun 2016
Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Ubwanditsi 23 Oct 2016
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Ubwanditsi 31 Jul 2024
“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

“Ntugakore, ntukavuge, utabanje gutekereza. Icyo gihe biduha kwirinda ibintu bimwe bitari ngombwa” Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Sep 2019
RDC: Perezida Tshisekedi yarekuye imfungwa 700 ziganjemo iza polikiti
POLITIKI

RDC: Perezida Tshisekedi yarekuye imfungwa 700 ziganjemo iza polikiti

Ubwanditsi 14 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru