• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Ubwanditsi 10 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hashize imyaka 6 imiryango 40 iharanira inyungu zabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ishyikirije ikirego ubucamanza bwo mu Bufaransa, gisaba ko Filipo Hategekimana yakurikiranwa ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu duce tunyuranye two mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zayo.

Uyu Filipo Hategekimana yahoze ari umujandarume mu Rwanda rwo ku ngoma yabajenosideri, aza guhungira ahitwa Rennes mu Bufaransa ubwo bari bamaze gutsindwa. Yahise ahindura amazina, yiyita Pilippe MANIER, agamije kuyobya uburari no gucika ubutabera.

Akimara kumenya ko yatahuwe, yavuye mu Bufaransa mu mwaka wa 2018 ahungira muri Cameroun, ariko iyo miryango ikomeza gukurikirana ibye ari nako itanga amakuru mu nzego zubutabera muri icyo gihugu no mu Bufaransa. Yaje gufatirwa Yaoundé muw2019, nyuma yumwaka umwe yimurirwa muri gereza yo mu Bufaransa.

Nubwo itariki yurubanza rwe itaratangazwa, mu kwezi gushize Ubushinjacyaha Bukuru bwemeje ko ibisabwa byose birimo kwegeranywa ku buryo Filipo Hategekimana azagezwa imbere yubutaberabidatinze. Mu byaha aregwa harimo gushinga no kuyobora bariyeri nibitero byahitanye Abatutsi basaga 10.000, barimo nuwari Burugumesitiri wa Ntyazo, Narcisse NYAGASAZA.

Alain Gauthier ,Umuyobozi wa CPCR , umwe miryango iharanira inyungu zabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yabwiye Ibiro Ntaramakuru byuBufaransa(AFP) ko kuba Ubushinjacyaha Bukuru bwafashe icyemezo cyo gushyikiriza urukiko Filipo Hategekimana, ari intambwe nziza, ishobora kubyunsa nandi madoyise yabajenosideri yazinzitswe aho mu Bufaransa.

Kugeza ubu ubushinjacyaha bwo mu Bufaransa bwashyikirijwe ibirego byinshi bishinja abantu banyuranye uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Leta yuRwanda nabaregera indishyi, bakomeje gusabwa ko abo bantu baburanishwa cyangwa bakoherezwa mu Rwanda, ariko ababishinzwe mu Bufaransa bakomeje kuvunira ibiti mu matwi.

Mu myaka 27 ishize,mu Bufaransa hamaze kuburanishwa abantu 8 baregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, muri bo 3 gusa bakaba aribo bahawe ibihano binyuranye.

Mu bakidegembya harimo Agata Kanziga wari umugore wa Perezida Yuvenali Habyarimana, akaba numunyakazu ukomeye, Laurent Bucyibaruta wari Perefe wa Gikongoro, nabaganga Eugène Rwamucyo na Sostène Munyemana, ibimenyetso bibashinja ibyaha bakurikiranyweho bikaba bimaze imyaka nimyaniko mu tubati twabashinjacyaha nabacamanza bo mu Bufaransa.

Niba hatajemo kuzarira nkana kwabacamanza nkuko bakomeje kubigaragaza, urubanza rwa Claude Muhayimana ukomoka ku Kibuye rwo rwagombye gutangira mu Gushyingo uyu mwaka.

2021-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ubwanditsi 28 Sep 2021
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru
Mu Rwanda

Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza  mu nkiko
Mu Mahanga

Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza mu nkiko

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70
HIRYA NO HINO

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Ubwanditsi 30 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru