• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Ubwanditsi 19 Jun 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwahoze ri umukuru w’Igipolisi cya Uganda, uri mu maboko y’igisirikare arimo gukorwaho iperereza, Gen Kale Kayihura, yamaze gusubiza imbunda yari atunze nk’uko amakuru dukesha Chimpreports avuga. Ese ibi byaba bisobanuye ko atakiri umusirikare wa Uganda?

Kuwa Gatatu ushize nibwo Gen Kale Kayihura yatawe muri yombi ubwo yakurwaga ku ifamu ye iherereye mu Karere ka Lyantonde akajyanwa ku birindiro bya gisirikare bya Entebbe mbere yo kujyanwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye, ari naho afungiye.

Kuri uyu wa Kabiri, iki kinyamakuru cyamenye ko Gen Kale Kayihura yatanze imbunda yari atunze zirimo pistol ndetse na radio y’itumanaho yo mu ntoki ya UPDF, ubwo yurizwaga kajugujugu ajyanwa Entebbe.

Umwe mu bantu bo mu muryango we yagize ati: “Gen Kayihura yari afite intwaro yahawe nka General. Yazitanze ubwo yagurutswaga ajya Entebbe.”

Kuri ubu Kayihura arinzwe n’abashinzwe disipuline mu gisirikare (MP) muri imwe mu nyubako zo mu kigo cya gisirikare cya Makindye. Igisirikare kikaba kirinze umutekano we bikomeye aho ari kujyanwa hose muri Kampala nk’uko iyi nkuru ivuga.

Aya makuru yagiye ahagaragara ngo asa nk’anyomoza amakuru ayavugaga ko imbunda zirimo iyakoreshejwe mu kwica AIGP Andrew Kaweesi, zasanzwe zihishe mu rugo rwa Kayihura i Muyenga. Aya makuru akaba anyomozwa n’umwunganizi wa Kayihura mu mategeko uvuga ko ari ibinyoma.

Ubwo ryasabwaga kugira icyo rivuga ku gusaka guherutse kuba mu rugo rwa Kayihura I Muyenga mu cyumweru gishize, Ishyirahamwe ry’abunganizi mu mategeko ryo muri Kampala (KAA) ari naryo ryahawe akazi ko kunganira Kayihura, ryasubije ko nta byinshi ryatangaza kuri ibi.

Bikaba bivugwa ko icyo gihe igisirikare cyajyanye Kayihura iwe mu rugo I Muyenga, kikahamara amasaha menshi abashinzwe iperereza muri polisi bahasaka.

Abo mu muryango wa Kayihura bavuga ko za mudasobwa ngendanwa (laptops), izo ku meza (Desktops), za CD, inyandiko z’umuntu ku giti cye, agendas, iPads n’ibindi bikoresho bya elegitoloniki byatwawe n’abapolisi mu rwego rw’iperereza ryagutse ku mikorere ya Kayihura nk’uwari ukuriye igipolisi.

Mu gihe Gen Kale Kayihura n’ubu agifungiye mu kigo cya gisirikare cya Makindye, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu, perezida Museveni aza kugeza ijambo ku banyagihugu avuga ku kibazo cy’umutekano muri Uganda.

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022
Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Yayeli G.
    June 19, 20185:04 pm -

    Ese habaye iki ko mbona Rushyashya irimo kuvuga kuri Kayihura cyane? Ni ukubera iki da??
    Ahubwo ndabona bijyana ku kuvuga ko arengana iperereza ariyo rigitangira.
    Kandi mwazabona igihuru kibyaye igihunyira. Sinzi ibya Kayihura vraiment!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yisubije umwanya wa mbere nyuma yaho Sunrise FC itsinze Kiyovu SC
Amakuru

APR FC yisubije umwanya wa mbere nyuma yaho Sunrise FC itsinze Kiyovu SC

Ubwanditsi 21 May 2023
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa
Amakuru

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi
SHOWBIZ

Apotre Gitwaza Ntabyumva Kimwe n’Abavuga ko Iradukunda Liliane ataba Miss w’isi

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru