• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Uganda: Gen Kale Kayihura yamaze gusubiza ibikoresho bya gisilikare yari atunze

Ubwanditsi 19 Jun 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwahoze ri umukuru w’Igipolisi cya Uganda, uri mu maboko y’igisirikare arimo gukorwaho iperereza, Gen Kale Kayihura, yamaze gusubiza imbunda yari atunze nk’uko amakuru dukesha Chimpreports avuga. Ese ibi byaba bisobanuye ko atakiri umusirikare wa Uganda?

Kuwa Gatatu ushize nibwo Gen Kale Kayihura yatawe muri yombi ubwo yakurwaga ku ifamu ye iherereye mu Karere ka Lyantonde akajyanwa ku birindiro bya gisirikare bya Entebbe mbere yo kujyanwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye, ari naho afungiye.

Kuri uyu wa Kabiri, iki kinyamakuru cyamenye ko Gen Kale Kayihura yatanze imbunda yari atunze zirimo pistol ndetse na radio y’itumanaho yo mu ntoki ya UPDF, ubwo yurizwaga kajugujugu ajyanwa Entebbe.

Umwe mu bantu bo mu muryango we yagize ati: “Gen Kayihura yari afite intwaro yahawe nka General. Yazitanze ubwo yagurutswaga ajya Entebbe.”

Kuri ubu Kayihura arinzwe n’abashinzwe disipuline mu gisirikare (MP) muri imwe mu nyubako zo mu kigo cya gisirikare cya Makindye. Igisirikare kikaba kirinze umutekano we bikomeye aho ari kujyanwa hose muri Kampala nk’uko iyi nkuru ivuga.

Aya makuru yagiye ahagaragara ngo asa nk’anyomoza amakuru ayavugaga ko imbunda zirimo iyakoreshejwe mu kwica AIGP Andrew Kaweesi, zasanzwe zihishe mu rugo rwa Kayihura i Muyenga. Aya makuru akaba anyomozwa n’umwunganizi wa Kayihura mu mategeko uvuga ko ari ibinyoma.

Ubwo ryasabwaga kugira icyo rivuga ku gusaka guherutse kuba mu rugo rwa Kayihura I Muyenga mu cyumweru gishize, Ishyirahamwe ry’abunganizi mu mategeko ryo muri Kampala (KAA) ari naryo ryahawe akazi ko kunganira Kayihura, ryasubije ko nta byinshi ryatangaza kuri ibi.

Bikaba bivugwa ko icyo gihe igisirikare cyajyanye Kayihura iwe mu rugo I Muyenga, kikahamara amasaha menshi abashinzwe iperereza muri polisi bahasaka.

Abo mu muryango wa Kayihura bavuga ko za mudasobwa ngendanwa (laptops), izo ku meza (Desktops), za CD, inyandiko z’umuntu ku giti cye, agendas, iPads n’ibindi bikoresho bya elegitoloniki byatwawe n’abapolisi mu rwego rw’iperereza ryagutse ku mikorere ya Kayihura nk’uwari ukuriye igipolisi.

Mu gihe Gen Kale Kayihura n’ubu agifungiye mu kigo cya gisirikare cya Makindye, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu, perezida Museveni aza kugeza ijambo ku banyagihugu avuga ku kibazo cy’umutekano muri Uganda.

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Ubwanditsi 01 May 2019
Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Ubwanditsi 02 Apr 2020
Inzozi za Museveni ku Rwanda

Inzozi za Museveni ku Rwanda

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda

Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Mar 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Yayeli G.
    June 19, 20185:04 pm -

    Ese habaye iki ko mbona Rushyashya irimo kuvuga kuri Kayihura cyane? Ni ukubera iki da??
    Ahubwo ndabona bijyana ku kuvuga ko arengana iperereza ariyo rigitangira.
    Kandi mwazabona igihuru kibyaye igihunyira. Sinzi ibya Kayihura vraiment!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda
Mu Mahanga

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Ubwanditsi 25 Feb 2019
U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?
UBUKUNGU

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?
Mu Rwanda

Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Ubwanditsi 22 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru