• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda

Kuki Uganda ikomeje gukoresha politiki y’ikinyoma ku kibazo cy’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda Ofwono Opondo yavuze ko Leta ye yasabye Ambasaderi w’u Rwanda muri kiriya gihugu Maj Gen Frank Mugambage ibisobanuro ku ifungwa ry’umupaka wa Gatuna, umwe mu yindi ihuza ibihugu byombi.

Guhera ku wa Kane w’iki cyumweru turimo kurangiza, amakuru yavaga i Gatuna mu Karere ka Gicumbi yavugaga ko u Rwanda rwafunze umupaka waryo na Uganda.

Abayobozi mu nzego zitandukanye mu Rwanda bavuze ko gusaba ibikamyo binini guca Kagitumba  biri mu rwego rwo kuwusana bivuze ko imodoka nini zikoreye ibicuruzwa ziva cyangwa zijya muri kimwe muri ibi bihugu zigomba gukoresha umupaka wa Kagitumba mu gihe uwa Gatuna ugisanwa.

Ofwono Opondo  we avuga ko Leta ya Uganda yasabye Ambasaderi wayo mu Rwanda Ms Olive Woneka gusaba ibisobanuro birambuye Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda ku byerekeye ifungwa ryuriya mupaka.

Ati: “ Minisiteri yacu y’ububanyi n’amahanga yatumiye Ambasaderi Mugambage ngo adusobanurire ibya kiriya cyemezo. Twasabye kandi Ambasaderi wacu i Kigali kubabaza impamvu zo gufunga umupaka wa Gatuna.”

Ofwono Opondo

Ibi ariko Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, yabiteye utwatsi, anyomoza  amakuru yavugaga ko yahamagajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu, ngo asobanure ibirebana no kuba umupaka wa Gatuna ufunze.

Ni mu kiganiro Ambasaderi  Mugambage, yagiranye na televiziyo ya NBS, avuga ko nubwo yagerageje kuvugana n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri atazi aho Opondo yakuye ibyo kuba yarahamagajwe kuko bitigeze bibaho ndetse ashimangira ko umupaka utigeze ufungwa.

Ambasaderi Mugambage Frank

Ati “ Abageze hariya bose barabibonye ko hari imirimo imaze iminsi iri gukorwa […] ariko imipaka irafunguye, imodoka zirimo ziragenda, abantu bari kugenda, bari gukoresha umupaka wa Kagitumba”.

Yanagarutse kandi ku kibazo cy’Abanyarwanda bakomeje gushimutwa no gufungirwa muri Uganda, avuga ko bagerageje kukigeza kuri guverinoma y’iki gihugu ariko ikaba ntacyo ibikoraho.

Ati “ Ibintu byinshi twabivuzeho, ntabwo ari itabwa muri yombi gusa hari n’imitwe y’iterabwoba ikorera hano, twarabivuze, twabibwiye guverinoma ya Uganda, ntabwo ushobora guhunga ukuri”.

Amb. Mugambage yavuze ko ibi byose ariyo ntandaro yo kuba Guverinoma y’u Rwanda yarasabye Abanyarwanda kwirinda kujya muri Uganda kubera impamvu z’umutekano wabo.

Nubwo Uganda ihakana kuba nta Munyarwanda ufungiyeyo, Minisitiri Sezibera, aherutse kugaragaza ko hari Abanyarwanda basaga 40 bafungiye muri icyo gihugu ndetse u Rwanda rwashyikirije Uganda amazina yabo.

Ati “Abo ni abo tuzi ariko hari n’abandi tutazi benshi. Ibyo u Rwanda tuzi kandi dufitiye gihamya ni uko bariyo bafunzwe kandi benshi barenga 40, abo tuzi dukurikirana, abandi bicwa, baburiwe irengero, bafata bakagarura ku mupaka, abahohotewe bakabagarura ari intere, hari n’abandi bakomeza gufatwa n’uyu munsi.”

“Ni cyo gituma tubwira abanyarwanda ngo mwijya Uganda mube mwitonze, kubera ubuzima bwabo.”

Minisitiri Sezibera

Sezibera yavuze ko nta mubare afite hafi w’abanyarwanda bamaze kwicirwa muri Uganda, ariko hejuru y’abagera kuri 40 bafungiwe muri icyo gihugu, hari abasaga 800 bamaze kwirukanwayo kandi ngo abo ni abazwi gusa.

Abasesengura iby’umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe utifashe neza bibaza impamvu Uganda ikomeje gukoresha imvugo y’ ikinyoma no kujijisha, bibaza icyo ishaka kwerekana no kugeraho.

Ubwo Perezida Paul Kagame yabonanaga  na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, muri Werurwe 2018, Habaye ibiganiro byabereye mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu iherereye Entebbe, baganira ku ngingo byatangajwe ko ziri “mu nyungu z’ibihugu byombi.”kubireba iki kibazo cy’umwuka mubi wakomeje gututumba.

Perezida Kagame mu ruzinduko aheruka kugirira muri uganda

Ku bijyanye n’umutekano, aba bakuru b’ibihugu bombi basanze nta kibazo cy’umutekano muke kinini kiri hagati y’u Rwanda na Uganda, gusa bemeranyije ko utubazo duto dukomeje kuvugwa mu makuru twakemuka mu gihe habayeho guhana amakuru, dore ko ibihugu byombi bifite itumanaho ryatuma babasha kuvugana mu gihe bibaye ngombwa.

Siko byangeze ariko kuko Uganda n’ Ubuyobozi bwayo cyane cyane bw’agace ka Kisoro mu burengerazuba bwa Uganda, bwashinze bariyeri bugamijwe guhiga bukware abanyarwanda, mu mugambi wo gukomeza kubagirira nabi.

Nk’uko byatangajwe n’abanyarwanda bane bagaruwe mu Rwanda ku wa 26 Gashyantare 2019 bakajugunywa ku mupaka wa Cyanika nyuma yo gufatirwa kuri bariyeri ya polisi ya Kisoro ahitwa Nyakabande, bahamije ko mu gace ka Kisoro hari bariyeri “igamije gusakuma abanyarwanda” mu modoka zitwara abagenzi.

Mu kiganiro cyihariye yahaye ikinyamakuru The East African, Perezida Kagame yashimangiye ko amakuru y’impuha ahabwa Uganda n’Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo, ari yo ntandaro y’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Ati “Bimwe mu bintu bituvugwaho kandi Uganda ikabyizera biva muri bariya bantu baba muri Afurika y’Epfo. Iyo ugerageje kubyiyumvisha, abo bantu bo muri Afurika y’Epfo baduteguraho ibikorwa bibi ni nabo baha amakuru Uganda bagamije kuyishakaho ubufasha mu kuturwanya.”

“Byaba byo cyangwa atari byo, ayo makuru aba agamije gutera ibibazo ari nabyo bo bungukiramo. Niba Uganda yizera ibyo bintu, ni uko yahisemo kubizera. Twabwiye Uganda ibi bibazo, ko iyo bahawe amakuru ari uko abo bantu baba bayikeneyeho ubufasha.”

Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda udatera imbere kubera ubushake buke bwo gushakira ibisubizo ibitandukanya impande zombi.

Yagize ati “Twaganiriye kuri iki kibazo mu myaka ibiri ishize, dushobora kugikemura bibaye atari ukwikunda cyangwa umuntu ushaka ko ibintu bizamba.’’ Yavuze ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda byatijwe umurindi no kuba iki gihugu gitega amatwi abatavuga rumwe n’ u Rwanda bari muri Afurika y’Epfo.

Yavuze ko uyu mutwe (atavuze mu izina) usaba Uganda ubufasha mu mugambi wawo wo guhungabanya u Rwanda.

Hashize imyaka ibiri umubano w’ibihugu byombi utifashe neza, aho u Rwanda rutishimiye uburyo abanyarwanda muri Uganda bafungwa bagakorerwa iyica rubozo.

2019-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Ubwanditsi 24 Jan 2019
Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Mu Rwanda : Abanyamakuru babiri bahagaritswe gukora

Mu Rwanda : Abanyamakuru babiri bahagaritswe gukora

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2019

Igitekerezo kimwe

  1. hesron
    March 4, 20199:44 am -

    ofwono opondo ntihakagire umufata nkumuntu serious….

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
ITOHOZA

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA
HIRYA NO HINO

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta
POLITIKI

Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta

Ubwanditsi 14 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru