Muri iyi minsi hadutse abiyita abanyamakuru bashakira amaronko kuri Internet. Kugirango inkuru zabo zirebwe bahitamo gukwirakwiza ibinyoma cyane cyane bishingiye mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi no kubangamira umutekano w’igihugu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Nsanzimana Augustin na Niyonshuti Emmanuel bakoreraga shene ya YouTube yitwa ‘Imbarutso ya demokarasi’ yafatwaga nk’umuyoboro wa Ingabire Victoire kuko ibiganiro hafi yabyose ni ikiganiro na Ingabire, nyuma yo gufungwa bagatangaza ibinyoma bijyanye n’ubuzima bwe n’igihugu muri rusange.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko iperereza ry’ibanze ryasanzwe Nsanzimana Augustin na Niyonshuti Emmanuel atari abanyamakuru.
Aba basore batawe muri yombi ku wa 1 Gicurasi 2026 bakurikiranyweho ibyaha birimo icyo gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu, cyangwa imidugararo muri rubanda, binyujijwe kuri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa ni icyaha gihanwa n’amategeko.
Iki cyaha gihanwa n’Itegeko nimero 60/2018 ryo ku wa 22 Kanama 2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.
Hari kandi na Sibomana Athanase ushaje nabi, Yari asanzwe afite umuyoboro wa Youtube avuga igitaramo ariko kuko atarebwaga yahisemo inzira yo guhakana no gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi maze ararebwa koko cyane cyane n’abari inyuma yuwo mugambi bari hirya no hino ku isi.
Akenshi iyo bakora ibi, urwego rwigenzura rw’abanyamakuru rukabatumiza bavuga ko Atari abanyamakuru. Ariko bagera imbere y’ubutabera bati turi abanyamakuru.
Bagomba kumenya ko itangazamakuru Atari inzira y’ubusabo bwo kuronka imibereho binyuze mu gukora icyaha.
Umuntu uhamijwe n’Urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1Frw ariko itarenze miliyoni 3Frw.



