• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Ubwanditsi 18 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umujenosideri Claude Muhayimana, kuri uyu wa kane tariki 16 Ukuboza 2021, yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza y’i Paris mu Bufaransa, ubwo yari amaze gukatirwa igifungo cy’imyaka 14 kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Claude Muhayimana ni Umunyarwanda ufite n’ubwenegihugu bw’Ubufaransa, akaba yari atuye ahitwa Rouen, hanavugwa abandi bajenosideri benshi. Urubanza rwe rwatangiye i Paris tariki 22 Ugushyingo uyu mwaka, ruburanishwa n’inteko y’abaturage bunganirwa n’impuguke mu mategeko. Humviswe abatangabuhamya 50, barimo n’umugore wa Claude Muhayimana, wabwiye abacamanza ko yiboneye ubwe umugabo we yica Abatutsi. Mu bamushinje kandi harimo n’abakoranye ibyaha na Claude Muhayimana, babyemeye bakanabisabira imbabazi.

Mu mwanzuro w’urukiko, abacamaza bahamije Claude Muhayimana kuba icyitso mu mugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, dore ko ibimenyetso na nyir’ubwite atashoboye guhakana byerekanye ko yakoresheje imodoka ya Hotel Guest House yatwaraga, akajyana abicanyi mu bitero byaguyemo Abatutsi batabarika mu mujyi wa Kibuye no mu nkengero zawo. Ubushinjacyaha bwo bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 15.

Abasesenguzi baganiriye na Rushyashya umwanzuro w’urukiko ukijya ahagaragra, basanga imyaka 14 y’igifungo ari mike ugereranyije n’uburemere bw’ibyaha byahamye Claude Muhayimana. Icyakora bavuga ko icy’ingenzi atari umubare w’imyaka azafungwa, ko ahubwo igikuru ari ubutumwa urubanza rwe rwahaye abajenosideri, bibwiraga ko bazidegembya ubuziraherezo.

Abo basesenguzi kandi batubwiye ko kuba uru ari urubanza rwa gatatu rubereye mu Bufaransa, ari ikigaragaza ko amahanga agenda amenya ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, bikazafasha kurwanya abayipfobya n’abayihakana.

Uru rubanza rwa Claude Muhayimana rwasabye imyaka n’imbaraga nyinshi kugirango rube, dore ko mu mwaka wa 2014 yigeze gufatwa afungwa umwaka umwe gusa, aza kurekurwa ku mpamvu zitasobanutse. Kuba nyuma y’imyaka 27 undi mujenosideri akatiwe rero, biributsa abantu nka Agatha Kanziga, Gen Aloys Ntiwiragabo, Col Laurent Serubuga n’abandi baba mu Bufaransa, ko nabo bazashyira bakagezwa mu butabera.

Urubanza rwa ruharwa Laurent Bucyibaruta, wari Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, rwo ruteganyijwe muri Gicurasi 2022, narwo rukazabera i Paris mu Bufaransa.

 

 

 

2021-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge

U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge

RUSHYASHYA 21 Apr 2026
Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Kiyovu SC igereye mukebo Sunrise FC yigeze kuyibuza igikombe, iyitsinda 4-0 biyiganisha habi

Kiyovu SC igereye mukebo Sunrise FC yigeze kuyibuza igikombe, iyitsinda 4-0 biyiganisha habi

Ubwanditsi 03 Apr 2024
‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

‘Kubwira impunzi z’Abarundi ngo zitahe biroroshye, ikibazo ni ingaruka zabyo’ -Kagame ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 19 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro
IMIKINO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Perezida Kagame  yongeye kugira icyo avuga kuri manda ye ya gatatu
Mu Mahanga

Perezida Kagame yongeye kugira icyo avuga kuri manda ye ya gatatu

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara
INKURU NYAMUKURU

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru