• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Moïse Katumbi yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

RDC: Moïse Katumbi yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

Ubwanditsi 17 Aug 2018 POLITIKI

Ubushinjacyaha Bukuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, bwashyiriyeho Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi, impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi, uyu akaba ari mu buhungiro muri Afurika y’Epfo.

Minisitiri w’Ubutabera wa RDC, Alexis Thambwe Mwamba yabigarutseho kuri uyu wa 16 Kanama, mu kiganiro n’abanyamakuru cyateguwe n’ihuriro Front commun pour le Congo (FCC), ribarizwamo Perezida Joseph Kabila.

Minisitiri Mwamba yagize ati “Ku butabera bwa Congo, Moïse Katumbi ni umunyabyaha wihishe ubutabera, ugomba gutabwa muri yombi […] Izi mpapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi zashyizweho kandi zirakomeza kugira gaciro. Zashyikirijwe ibihugu bimwe bya Afurika n’iby’i Burayi.”

Nk’uko Jeune Afrique yabitangaje, uyu mugabo wahoze ari guverineri w’Intara ya Katanga ikungahaye ku mabuye y’agaciro wifuzaga no kwiyamamaza mu matora ya perezida ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka, yashyiriweho izi mpapuro nyuma y’ibirego bimugarukaho guhera mu 2016.

Leta ya Congo yo yanahakanye ko Katumbi yasabye kwinjira mu gihugu akabyangirwa, ahubwo Minisitiri Tambwe avuga ko ibyatangajwe ko yangiwe kwinjira muri RDC anyuze muri Zambia ari nk’ikinamico nsa.

Yakomeje agira ati “Ibyo byabereye muri Kasumbalesa byari umukino wa politiki. Ntabwo yashakaga kuza kuri ubu butaka. Itegeko ryari ryahawe polisi ntabwo ryari ukumubuza kwinjira ahubwo ryari iro kumufata. Iyo ashaka kwinjira mu gihugu yari kwemererwa ariko umugambi uhari ari ugushyira mu bikorwa itegeko ryatanzwe n’Umushinjacyaha Mukuru.”

Katumbi wahoze ari umunu wa hafi wa Perezida Kabila, yagiye ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu 2015, ava mu gihugu muri Gicurasi 2016 ku mpamvu z’uburwayi, agenda ubwo.

Nyuma yaje no gukatirwa igifungo cy’imyaka itatu adahari nyuma y’uko ubucamanza bwa RDC bumuhamije ko hari inzu y’Umugereki yariganyije, ariko we arabihakana. Nyuma umucamanza Chantal Ramazani wamuhamije icyo cyaha nawe yarahunze, avuga ko yabikoze kubera igitutu yashyizweho.

Katumbi anashinjwa ibyaha byo guhungabanya umutekano w’igihugu bishingiye ku bacanshuro bivugwa ko yagiye yinjiza mu gihugu. Uru rubanza rwarimuriwe ku wa 10 Ukwakira.

2018-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi

Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi

RUSHYASHYA 15 Jun 2026
Igihano cya Rwabukombe, impano u Budage bwahaye Abanyarwanda- Min.Mushikiwabo

Igihano cya Rwabukombe, impano u Budage bwahaye Abanyarwanda- Min.Mushikiwabo

Ubwanditsi 03 Jan 2016
Jean Mbanda yageze mu Rwanda bucece ibyo kwiyamamariza kuyobora igihugu abivamo

Jean Mbanda yageze mu Rwanda bucece ibyo kwiyamamariza kuyobora igihugu abivamo

Ubwanditsi 12 May 2017
Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar

Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar

Ubwanditsi 07 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]
HIRYA NO HINO

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.
Amakuru

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru