• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Ubwanditsi 03 Feb 2020 POLITIKI

Ishyaka riharanira Iterambere ry’Igihugu mu Burundi (UPRONA) ryemeje Gaston Sindimwo nk’uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri uyu mwaka.

Sindimwo usanzwe ari Visi Perezida w’u Burundi; akorana na Perezida Pierre Nkurunziza ubarizwa mu Ishyaka rya CNDD FDD rizaba rihanganye na UPRONA ye.

Uyu mugabo yemerejwe mu Nteko rusange ya UPRONA yateranye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 1 Gashyantare 2020.

Umuyobozi w’Ishyaka rya UPRONA, Gashatsi Abel, yamenyesheje abarwanashyaka baryo bazwi ku izina ry’Abadasigana ko uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2020 ari ‘Sindimwo Gaston.’

Sindimwo ashyigikiwe cyane n’Abadasiganwa cyane ko aho igikorwa cyo kumuhitamo cyabereye muri Zone Ngagara hari benshi bitwaje ibyapa biriho amafoto ye.

Inyandiko ya gahunda y’ibyo UPRONA yifuza gukora (manifesto) ivuga ko “Leta izaba igizwe na 50% b’abagabo n’abagore kandi intara yose izagira Minisitiri kandi ikajyamo abafite ubumuga.’’

Ikomeza igaragaza ko iri shyaka rizagura imigenderanire n’amahanga, rikanavugurura imikorere y’ibigo birimo Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Ubutaka n’indi mitungo (CNTB) n’iyahariwe Ukuri n’Ubwiyunge (CVR).

UPRONA yizeza kandi ko mu gihe yagirirwa icyizere abana bari munsi y’imyaka 18 n’abageze mu zabukuru bazajya bavurwa ku buntu.

Ku bijyanye na Pansiyo, abageze mu zabukuru ngo bazajya bahabwa amafaranga agera kuri 75% z’umushahara bahabwa mu kazi.

UPRONA yatangaje uzayihagararira mu matora ya Perezida mu Burundi ateganyijwe muri Gicurasi 2020, ikurikira CNDD FDD ya Pierre Nkurunziza.

Ishyaka iri ku butegetsi mu Burundi ku wa 26 Mutarama 2020 nibwo ryemeje Ndayishimiye asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD. Yari mu bahabwa amahirwe yo kuzasimbura Perezida Nkurunziza kubera uruhare yagize mu kubaka igisirikare cy’u Burundi n’imirimo y’ubuyobozi itandukanye yagiye akora.

2020-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 26 Oct 2024
Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Ubwanditsi 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]
UBUKUNGU

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Abapolisi basaga 1800 basezerewe mu kazi nta mpaka, abacungagereza 34 birukanwa burundu
ITOHOZA

Abapolisi basaga 1800 basezerewe mu kazi nta mpaka, abacungagereza 34 birukanwa burundu

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Ubwanditsi 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru