• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Ubwanditsi 03 Jun 2016 Mu Mahanga

​
Mu minsi ishize, abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bagera kuri 250 bo mu karere ka Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (Rwanda Youth Volunteers in Community Policing RYVCP).

Iri huriro ry’urubyiruko riri mu matsinda agira uruhare runini mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha binyuze mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza ya rubanda no gusobanurira buri wese uruhare rwe mu kwicungira umutekano .

Aba banyamuryango bashya bibumbiye muri COMATRACO na COSTAMOKA , aya akaba ari amwe mu mashyirahamwe y’abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto muri aka karere.

Umuhuzabikorwa w’iri huriro muri aka karere, Kirezi Thacien, yavuze ko ubuyobozi bwaryo kuri uru rwego bugira uruhare rukomeye mu bikorwa byo gukangurira abanyeshuri n’ibindi byiciro kwirinda no kugira uruhare mu kurwanya ibyaha nk’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, icuruzwa ry’abantu, n’ihohoterwa rikorerwa abana.

Kirezi yagize kandi ati,”Mu biganiro n’izo ngeri z’abantu batandukanye tuboneraho gusaba urundi rubyiruko gufatanya natwe gushyira mu bikorwa intego y’ihuriro ryacu. Kugeza ubu mu karere kacu dufite abanyamuryango 1214; ariko intego yacu ni ugukora iyo bwabaga urubyiruko rwose rwo mu karere kacu rukaba abanyamuryango b’ihuriro ryacu.”

Mu minsi ishize, Umuhuzabikorwa w’iri huriro ry’uribyiruko ku rwego rw’igihugu, Justus Kangwagye, yavuze ko intego y’iri huriro ari ukuzamura umubare w’abanyamuryango bayo bakagera nibura kuri miriyoni mu mwaka utaha.

Ibikorwa by’iri huriro bishimwa n’inzego zitandukanye zirimo iza Leta ndetse n’izikorera ku buryo zimwe muri zo zateye ikirenge mu cyaryo.

Mu minsi ishize Polisi y’u Rwanda, Umuryango udahararira inyungu wita ku buzima bwiza bw’abagize umuryango (Society for Family Health -SFH) n’Ihuriro ry’urubyiruko nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano basinye amasezerano y’ubufatanye mu bukangurambaga bwo kwimakaza isuku no kugira uruhare mu kwicungira umutekano.

Mu byo izi mpande eshatu zasezeranye harimo gushyigikira ibikorwa by’iri huriro rigamije gukangurira ingeri z’abantu banyuranye kurangwa n’umuco w’isuku no kugira uruhare mu kwicungira umutekano.

Mu bufasha uyu muryango udaharanira inyungu wemeye iri huriro ry’urubyiruko harimo kuriha bimwe mu bikoresho byaryo risanzwe rikoreshwa mu bikorwa byawo by’ubuvuzi no guhugura abanyamuryango b’iri huriro mu bijyanye n’uburyo bw’ihererekanyamakuru hagati yabo kugira ngo ubutumwa batanga bwo kurwanya ibyaha no kwimakaza isuku burusheho kunvikana ndetse bukurikizwe.

RNP

2016-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Nov 2016
Pastor Ezra Mpyisi ngo Umwami Kigeli  ntiyataha atavuganye na Perezida Kagame

Pastor Ezra Mpyisi ngo Umwami Kigeli ntiyataha atavuganye na Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Hon Theobard Mporanyi  ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi  watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Hon Theobard Mporanyi ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Ubwanditsi 10 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC
IMIKINO

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.
Amakuru

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Nov 2020
Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]
Mu Rwanda

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru