• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

SIDA: Abana banywera Imiti ku Ishuri bafite Imbogamizi y’Akato bahabwa na bagenzi babo

Ubwanditsi 15 May 2024 Amakuru, Mu Rwanda, UBUZIMA

Barasekwa, baravugwa, bahabwa akato, batinywa na bagenzi babo kuko baba bamenye ko bafata imiti ya Virusi itera Sida ku ishuri! Ibi byose ni bimwe mu bikubiye mu kato gahabwa abana bafite Virusi itera Sida bafatira imiti umunsi ku munsi ku mashuri aho biga.

Ni ibintu bihangayikishije, binatuma bamwe batinya kwiga baba mu kigo bagahitamo kwiga bataha, kubera gutinya aka kato bahabwa na bagenzi babo cyangwa abarimu nyuma yo kumenya ko bafite Virusi itera Sida.

Ubushakashatsi bwakozwe mu Rwanda mu mwaka wa 2020 bugakorwa na Minisiteri y’Ubuzima, bugaragaza ko akato gakorerwa abafite Virusi itera Sida kari kari kuri 13% bigaragara ko mu baturage gahari.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abafite Virusi itera Sida, Muneza Sylivie, yabwiye IGIHE ko aka kato aho gateje ikibazo cyane ari mu mashuri, iyo abana bagiye ku mashuri babanza kubasaka bareba ibyo bazanye, ngo hari umwana ufite Virusi itera Sida basangana agacupa karimo ibinini ugasanga umusatse aramwikanze cyangwa n’abandi bagahita babibona.

Muneza yakomeje avuga ko n’iyo umwana ufite Virusi itera Sida agiye kunywera ibinini ku ishuri, usanga yihisha hagira mugenzi we umubona akamuteza abandi ugasanga hari n’abatangiye kumutinya cyangwa bagatangira kwirinda kugendana nawe kuburyo asigara wenyine.

Ati “ Icyo dusaba Minisiteri y’Uburezi rero ndetse na RBC, ni uko bakongera amahugurwa menshi ku bigo by’amashuri, bagasubizaho na club Anti- Sida kugira ngo abana basobanukirwe neza ko batagomba guha umunyeshuri mugenzi wabo akato.”

Ubuhamya bw’abahawe akato ku mashuri

Inkuru dukesha Ikinyamakuru IGIHE yaganiriye n’umwe mu bana b’abakobwa ufite Virusi itera Sida wiga mu kigo cyo mu Karere ka Nyagatare. Uyu mukobwa yavuze ko kuri ubu amaze kwiga ku kigo cya kane ngo kuko iyo abonye bagenzi be bamenye ko afata imiti ya Virusi itera Sida batangira kumutinya na we bikamutera ikibazo.

Ati “ Ubu hano niga ntabwo biramenyekana bizwi na Animatrice gusa, asa n’uwambikiye ibanga ariko aho navuye mu wa Kane, nabibwiye Animatrice ahita abibwira abarimu bose batangira kuntinya no kumfata mu buryo bwihariye kuburyo igihembwe cya kabiri cyagiye kurangira inkuru yaramenyekanye mu kigo hose, inshuti zinshiraho nsigara njyenyine mpitamo kuhava, akato karahari rwose kandi birabangama.”

Umwe mu bakobwa bari kwifashishwa mu bukangurambaga bwo kurwanya Sida wayandujwe n’umuntu amuhohoteye, yavuze ko yamenye ko yanduye yiga mu mashuri yisumbuye ahita atangira gufata imiti, kuri ubu ari mu rubyiruko 30 rufite Virusi itera Sida rwishyize hamwe rurwanya akato rukanashishikariza abanduye gufata imiti.

Ati “Iyo wiga mu mashuri yisumbuye ufite Virusi itera Sida, usanga n’abayobozi ubwabo baguha akato. Nahawe akato ariko kuko nari nifitiye icyizere, nakomeje ubuzima bwanjye mfata imiti, mbereka ko ari ibintu bisanzwe, ababimenye bose bampaye akato bumva ko ngiye gupfa.”

Umusore wo mu Karere ka Kicukiro ufite Virusi itera Sida, yabwiye IGIHE ko hari inshuro nyinshi yagiye asiba kunywa imiti kubera gutinya ko bagenzi be bayibona bigatuma bamuha akato.

Yavuze ko kimwe mu bintu byamubabaje atazibagirwa ari uko yabwiye ubuyobozi bw’ikigo ko afata imiti ya Virusi itera Sida bugahitamo kumusaba kujya yiga ataha.

Ati “ Nagiye ku kigo imiti kuyibika birangora kurushaho, kuyihisha biba uko, Animateur yari ikibazo kuba wabimubwira. Nasabaga uruhushya buri wa Gatanu aza kumbaza impamvu, mwicaza ku ruhande ndabimubwira mu ibanga. Umuyobozi w’ikigo yaje kumpamagara kuko animateur yabimubwiye ahita anshyira externe ambwira ngo sinaba mu kigo mfite virusi itera Sida, kwiga ntaha byarangoye bituma mpava ndahindura.”

Uyu musore yavuze ko yize ku bigo bitanu kubera guhabwa akato n’abayobozi b’amashuri babaga bamenye ko yanduye virusi itera Sida.

Yasabye Leta ko abanyeshuri n’abayobozi bahabwa amakuru menshi kuri virusi itera Sida kugira ngo bumve ko umwana uyifite ufata imiti ari umwana nk’abandi.

Umwe mu bayobozi b’ikigo cy’ishuri mu Karere ka Nyagatare yabwiye IGIHE ko abana bafite Virusi itera Sida abenshi bakunze kuza kwiga bagahisha ko bafite ubwandu, ababyeyi babo nabo ngo banga kubibwira ubuyobozi bigatuma babafata nk’abandi kandi bakagombye kubamenya ntibabakoreshe imirimo nk’iy’abandi.

Yavuze ko kuri ubu batangiye gusubizaho Clubs zirwanya Sida ku mashuri kandi ko n’abana bigisha bagenda babasobanurira uko bataha bagenzi babo bafite Virusi itera Sida kuko abenshi baba baranayanduye abatabigizemo uruhare.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera Sida mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, Dr Ikuzo Basile, yavuze ko mu ngamba bafite harimo kwigisha abarimu, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abandi bafite aho bahuriye n’uburezi kugira ngo aka kato kagabanuke.

Ati “Ubu tugenda dukora amahugurwa tugahugura abarimu uko bafasha abana bafite Virusi itera Sida bari mu bigo byabo […] yego karacyahari ariko turi kugerageza gukorana na Minisiter y’Uburezi kugira ngo dufashe abo bana baba mu mashuri kuba batakorerwa ako kato.”

Kugeza ubu mu Rwanda abarenga ibiumbi 219 bafata imiti ya Virusi itera Sida, ugereranyije n’umubare w’abipimishije bakayisanganwa, abafata imiti ni 92%.

2024-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intore izirusha intambwe ‘ Kagame  Paul’  yatanze Kandidatire  muri Komisiyo y’Amatora

Intore izirusha intambwe ‘ Kagame Paul’ yatanze Kandidatire muri Komisiyo y’Amatora

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Ubwanditsi 29 Oct 2020
Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Mu mvugo Ikarishye Perezida Kagame yahigiye kuzatamaza abayobozi bafite imikorere idahwitse

Ubwanditsi 31 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.
Amakuru

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Ubwanditsi 01 Mar 2022
Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo
Amakuru

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Ubwanditsi 31 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru