• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Ubwanditsi 12 Mar 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Impuruza zisaba ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bashyikirizwa ubutabera bahanwa, aho baba bari hose ku isi, zakomeje kwiyongera, nyamara ubushake buke bw’abanyapolitiki mu bihugu byinshi, bukomeza kubangamira ubutabera.

By’umwihariko, ba ruharwa bakomeje kubona uBufaransa nk’igihugu cy’isezerano, ndetse bahamara imyaka myishi bibereye mu mutuzo, aho ukuboko k’ubutabera kutabashyikira.

Uku niko abarimo Agatha Kanziga, Jenerali Aloys Ntiwiragabo, Col. Laurent Serubuga n’abandi bicanyi batabarika, bamaze imyaka 30 bageretse akaguru ku kandi, kuko bibwira ko nta cyaha kiri mu kwica Abatutsi. Aho mu Bufaransa kandi abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi baraganje, hatitawe ku kuba icyo ari icyaha gihanwa n’amategeko y’icyo gihugu

Ese uyu mudendezo waba ugeze ku musozo? Abatekereza ko ak’abajenosideri bari mu Bufaransa kaba kagiye gushoboka, barabihera ku ijambo Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’uBufaransa, Jean-François Richard yavugiye i Kigali kuri uyu wa mbere tariki 11 Werurwe 2024, ubwo yatangazaga ko” habayeho koko gukererwa mu gushyikiriza abajenosideri inkiko, ko ariko bigomba gukosorwa bakaburanishwa byihuse”.

Bwana Jean François Ricard yasobanuye ko urwego ayobora rufatanya n’ Ubushinjacyaha bw’u Rwanda kwegeranya ibimenyetso, bityo mu gihe cya vuba, mu Bufaransa hakazatangira imanza nyinshi z’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ati: Igihe kiradusiga, kandi uko dutinda gushyikiriza aba bantu ubutabera, ni nako ibimenyetso birushaho gusibangana. Dufite umukoro wo kuburanisha bariya bantu [bakekwaho ubunyamaswa bukabije]” .

Kugeza ubu mu Bufaransa habarurwa imanza 7 gusa zijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi zaburanishijwe.

Imiryango mpuzamahanga iharanira ubutabera, harimo n’irengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, isanga izo manza ari nkeya cyane, ugereranyije n’ umubare w’abari mu Bufaransa bakwaho uruhare muri iyo Jenoside, ndetse n’imyaka ishize bakoze ibyaha. Aha bibutsa rya hame rivuga ko”ubutabera butinze butaba bukiri ubutabera bunoze”.

Nk’umuryango wa Daphroza na Alain Gauthier utarahwemye gusaba ko abajenosideri bose bahanwa, uvuga ko bibabaje kuba abaregwa ibyaha biremereye nka jenoside bamara imyaka 30 bidegembya, bataburanishijwe ngo bahanwe cyangwa babe abere. Bati:” Muri iyo myaka yose hari ibimenyetso byatakaye. Hari abatangabuhamya bitabye Imana, ndetse n’abanyabyaha bapfuye bataryojwe ubugome bwabo”.

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwakomeje kunengwa ubushake buke mu guhana abo bajennosideri. Urugero ni uko na bake bashyikijwe inkiko byakozwe ku gitutu cy’abaharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, atari ubushake bw’ ubushinjacyaha bw’uBufaransa, kuko bwatangiye gukora amadosiye bubyibwirije nyuma y’imyaka 25 yose, habaye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abasesenguzi basanga ari byiza ko ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kwikubita agashyi. Basanga ariko bukwiye gutera indi ntambwe, abakekwaho ibyaha bakoherezwa kuburanishirizwa aho babikoreye, nk’uko u Rwanda rubisaba, ndetse ibihugu binyuranye, birimo ibyo mu Burayi n’Amerika, bikaba byarubahirije iki cyifuzo.

2024-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022
DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubwanditsi 11 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United
IMIKINO

Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro
Mu Mahanga

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo
Mu Mahanga

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Ubwanditsi 16 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru