• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’abimukira Bo Muri Libya, Bacuruzwa Hagamijwe Kubagira Abacakara

Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’abimukira Bo Muri Libya, Bacuruzwa Hagamijwe Kubagira Abacakara

Ubwanditsi 30 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Ubwo hatangizwaga inama ihuje Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na Afurika iri kubera muri Côte d’Ivoire, Perezida Kagame yagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo ko ibihugu bikeneye gufatanya mu gushaka umuti w’ibibazo bifite.

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu bikwiye gufatanya mu gushaka ibisubizo by’ibibazo bihura nabyo, akomoza ku cy’abimukira bo muri Libya, giheruka kugaragara ko bacuruzwa hagamijwe kubagira abacakara.

Yavuze ko iyi nama ihuje Afurika n’u Burayi ibaye mu gihe ibihugu biri guharanira kunga ubumwe ku nzego z’uturere no gukomeza gukorera hamwe hagamijwe kurushaho gutanga umusaruro.

Yakomoje ku mavugurura ari gukorwa muri AU, avuga ko agamije ko uyu muryango urushaho kuzuza inshingano zawo kandi mu buryo burambye, ukanibeshaho mu by’imari.

 “Ndifuza gushimangira ibintu bibiri mu gihe dutangira iyi nama. Icya mbere, aya mavugurura ni ingenzi kandi arihutirwa.”

Yavuze ko mu miterere y’ubukungu n’umutekano by’iki gihe biri kugenda bigaragara ko ahazaza ha Afurika hazashingira ku rwego rw’ubufatanye bw’imbere muri uyu mugabane mbere na mbere.

Yakomeje agira ati “Ibyo birimo ubushake bwacu mu gushaka ubushobozi no kwiyishyurira ikiguzi cya gahunda zacu zifitiye akamaro abaturage bacu, tugakura uwo muzigo ku bafatanyabikorwa bacu.”

Kugira ngo ibyo bishoboke kandi ngo uburyo bwo gushyira mu bikorwa iyo gahunda bwamaze kunozwa haba ku rwego rwa politiki na tekiniki, igisabwa kikaba ko ibihugu bigize uyu muryango byumva ko bifite inshingano yo kwikorera ibikorwa byawo.

Muri urwo rugendo kandi niho hazagenda hagaragarizwamo uruhare rw’imiryango y’uturere maze Komisiyo ya AU igakurikirana ihuzabikorwa, ubu byose bikaba biri mu nzira nziza kandi byitezweho umusaruro ufatika.

Yakomeje agira ati “Icya kabiri, ni uko aya mavugurura ari intambwe ikomeye mu gufungurira amarembo ubufatanye bw’u Burayi na Afurika. U Burayi na Afurika turi abaturanyi kandi duhurira ku bintu byinshi byaba mu mutekano, abimukira, ibidukikije, ubucuruzi n’ishoramari.”

Muri urwo rwego, Perezida Kagame yavuze ko ubufatanye bugomba kubaranga kimwe n’ubumuntu bigomba kugaragarira ku buryo bwo gukemura ikibazo cy’abimukira b’Abanyafurika bari muri Libya kimwe n’ahandi, ati “Tugomba gukorera hamwe.”

Yakomeje agira “Afurika Yunze ubumwe ifite aho ihagaze kandi yihagije izaba isobanuye byinshi ku bafatanyabikorwa bo hanze na buri wese ubigiramo uruhare. Kuki umuntu yakwifuza gukorana n’umuntu udafite ibintu biri ku murongo cyangwa udatanga umusaruro?”

Yavuze ko ubufatanye no kumva ibintu kimwe hagati ya Afurika n’u Burayi ni cyo cy’ingenzi kizatuma intengo zishyizwe imbere zigerwaho.

Perezida Kagame yanashimangiye ko muri ayo mavugurura urubyiruko rugomba gutekerezwaho, kuko kuruha umwanya n’amahirwe muri Afurika n’i Burayi ari uburyo bwiza bwo gusigasira indangagaciro n’ahazaza ibi bice by’Isi bisangiye.

Inama z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ziba rimwe mu myaka itatu zikitabirwa n’abakuru b’igihugu na za Guverinoma hagamijwe kugenzura uko ingamba zemeranyijweho n’ibihugu bigize imigabane yombi zishyirwa mu bikorwa. Inama enye ziheruka zabereye mu Misiri (2000), Portugal (2007), Libya (2010) no mu Bubiligi (2014).

Iyi nama izaguraka ku ngingo enye, zirimo ingingo nyamukuru ivuga ku rubyiruko, izanibanda ku hazaza h’umubano hagati y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Ubwanditsi 04 Aug 2020
Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Ubwanditsi 10 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali
UBUKERARUGENDO

Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali

Ubwanditsi 10 May 2018
Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?
INKURU NYAMUKURU

Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?

Ubwanditsi 15 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru