• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU» Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC
Brig. Kandiho Abel na Savimbi wari warayogoje Angola ashyigikiwe na Zaire ya Mobutu yagereranyijwe na Kayumba Nyamwasa ushyigikiwe na Uganda

 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

Ubwanditsi 16 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Abahuza mu gushyira mu bikorwa amasezerano hagati y’u Rwanda na Uganda baturuka mu bihugu bya Kongo-Kinshasa na Angola baburiye igihugu cya Uganda ko gucumbikira no gushyigikira RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa bishobora kubatera ingaruka zikomeye kurusha uko babitekerezaga. Ubwo yafataga ijambo rye uwari uhagarariye Angola, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Manuel Domingos Augusto , yabwiye Uganda kwirukana burundu ku butaka bwayo RNC mu rwego rwo kubaka icyizere cyo gushyira mubikorwa amasezerano ya Luanda.

Umuhuza uturuka muri Angola yatanze urugero rwa Jonas Savimbi wateje umutekano muke igihe kirerkire muri Angola abifashijwe n’igihugu cy’abaturanyi cya Zaire ya Mobutu, ariko ko yaba Mobutu yaba Savimbi ntawe byahiriye none Angola ikaba imaze imyaka 17 mu mahoro itigeze igira kuva yabona ubwigenge kugeza mu mwaka wa 2020.

Ku mugaragaro, Sam Kutesa wari uhagarariye Uganda yarabyanze ahubwo asaba ko hashyirwaho itsinda ryareba ibirego byatanzwe n’impande zombi, dore ko na Uganda yari yazanye ibirego bishya harimo ko Itorero ryitabirwa n’urubyiruko mu Rwanda rigamije gutera Uganda maze intumwa z’u Rwanda zibibutsa ko nta rindi tsinda rikenewe ahubwo hakenewe gushyira mu bikorwa ibyaganiriweho. Ibirego bishya by’itorero bije mu gihe ibyo Uganda yitwazaga byo gufunga umupaka wa Gatuna bumvise ntawe ukibyumva.

Abahuza banzuyeko hari ibigaragarira amaso nubwo nta mwanzuro wagiye hanze. Leta ya Kongo-Kinshasa nayo ifte uruhare rw’umuhuza niyo yashyikirije u Rwanda abayobozi bakuru ba FDLR bari bavuye muri Uganda kubonana na RNC ku busabe bwa Uganda mu rwego rwo guhuza imbaraga. Leta ya Kongo yabahase ibibazo mu gihe cy’amezi abiri, byose barabivuze. babibwiye n’itsinda ry’impuguke za Loni uruhare rwa Uganda mu gushyigikira imitwe yitwara gisirikari.

Nyuma y’inama hagati y’u Rwanda na Uganda itarafashe umwanzuro usibye kubiha abakuru b’ibihugu, Leta ya Uganda yongeye imbaraga mu gushyigikira RNC. Amakuru agera kuri Rushyashya aravugako  Col Asiimwe wo muri CMI yabonanye n’abayobozi ba RNC kubabwira ibyavuye mu nama.  Col Asiimwe yigambye ko nta cyavuyemo kandi ngo ntanigiteze kuzavamo gusa aburira RNC ngo birinde kugumya gukorera mu kajagari no gukora ibintu bataherewe uruhushya.

Yababwiye ngo ibyo bakora nibyo bategura u Rwanda ruba rubizi kandi vuba ngo baraza gukora iperereza ry’abantu baha Kigali amakuru ngo kuko bisa nibyananiye RNC kubyikorera .

Col Asimwe yagize ati “ntabwo twahora dufata abantu kandi arimwe mubaturangira ngo tubafate mu kananirwa no gufata abanyu babarimo kandi mubyukuri aribo batanga amakuru afatika, ibyo dupanga hamwe byose birangira Kigali ibizi ntituzakomeza gukorana gutya”

Ikindi nuko yavuze ko igihe cyose nta bihugu bikomeye ku isi biri mu itsinda ry’abahuza ngo nta kintu kizagerwaho kuko Angola na Kongo nta gitsure babashyiraho.  Hagati aho RNC ikomeje gukora  inama zitandukanye muri Uganda ku mugaragaro ari nako ikomeje gushaka kwiyegereza abanyarwanda bafite imitungo muri Uganda bakababwira ko nibatabayoboka bazabateza Uganda.

Biragaragara ko Uganda itigeze yubaha ibyavugiwe mu masezerano ya Luanda ahubwo ko Perezida Museveni yayashyizeho umukono yiyererutsa ngo agaragaze ko ashyigikiye amahoro kandi ashyigikiye iterabwoba mu karere.

2019-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” rwiyemeje kugeza ku banyarwanda ibikoresho by’ubwubatsi biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” rwiyemeje kugeza ku banyarwanda ibikoresho by’ubwubatsi biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019
Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jul 2021
Impamvu  Rubingisa Pudence  wari  Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda,  yatawe muri yombi

Impamvu Rubingisa Pudence wari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Ubwanditsi 05 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo
POLITIKI

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Ubwanditsi 06 Dec 2016
Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango
IKORANABUHANGA

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
Uko Inkende Yurira Igiti Niko Igaragaza Akabuno Kayo
INKURU NYAMUKURU

Uko Inkende Yurira Igiti Niko Igaragaza Akabuno Kayo

Ubwanditsi 23 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru