• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU» Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC
Brig. Kandiho Abel na Savimbi wari warayogoje Angola ashyigikiwe na Zaire ya Mobutu yagereranyijwe na Kayumba Nyamwasa ushyigikiwe na Uganda

 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

Ubwanditsi 16 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Abahuza mu gushyira mu bikorwa amasezerano hagati y’u Rwanda na Uganda baturuka mu bihugu bya Kongo-Kinshasa na Angola baburiye igihugu cya Uganda ko gucumbikira no gushyigikira RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa bishobora kubatera ingaruka zikomeye kurusha uko babitekerezaga. Ubwo yafataga ijambo rye uwari uhagarariye Angola, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Manuel Domingos Augusto , yabwiye Uganda kwirukana burundu ku butaka bwayo RNC mu rwego rwo kubaka icyizere cyo gushyira mubikorwa amasezerano ya Luanda.

Umuhuza uturuka muri Angola yatanze urugero rwa Jonas Savimbi wateje umutekano muke igihe kirerkire muri Angola abifashijwe n’igihugu cy’abaturanyi cya Zaire ya Mobutu, ariko ko yaba Mobutu yaba Savimbi ntawe byahiriye none Angola ikaba imaze imyaka 17 mu mahoro itigeze igira kuva yabona ubwigenge kugeza mu mwaka wa 2020.

Ku mugaragaro, Sam Kutesa wari uhagarariye Uganda yarabyanze ahubwo asaba ko hashyirwaho itsinda ryareba ibirego byatanzwe n’impande zombi, dore ko na Uganda yari yazanye ibirego bishya harimo ko Itorero ryitabirwa n’urubyiruko mu Rwanda rigamije gutera Uganda maze intumwa z’u Rwanda zibibutsa ko nta rindi tsinda rikenewe ahubwo hakenewe gushyira mu bikorwa ibyaganiriweho. Ibirego bishya by’itorero bije mu gihe ibyo Uganda yitwazaga byo gufunga umupaka wa Gatuna bumvise ntawe ukibyumva.

Abahuza banzuyeko hari ibigaragarira amaso nubwo nta mwanzuro wagiye hanze. Leta ya Kongo-Kinshasa nayo ifte uruhare rw’umuhuza niyo yashyikirije u Rwanda abayobozi bakuru ba FDLR bari bavuye muri Uganda kubonana na RNC ku busabe bwa Uganda mu rwego rwo guhuza imbaraga. Leta ya Kongo yabahase ibibazo mu gihe cy’amezi abiri, byose barabivuze. babibwiye n’itsinda ry’impuguke za Loni uruhare rwa Uganda mu gushyigikira imitwe yitwara gisirikari.

Nyuma y’inama hagati y’u Rwanda na Uganda itarafashe umwanzuro usibye kubiha abakuru b’ibihugu, Leta ya Uganda yongeye imbaraga mu gushyigikira RNC. Amakuru agera kuri Rushyashya aravugako  Col Asiimwe wo muri CMI yabonanye n’abayobozi ba RNC kubabwira ibyavuye mu nama.  Col Asiimwe yigambye ko nta cyavuyemo kandi ngo ntanigiteze kuzavamo gusa aburira RNC ngo birinde kugumya gukorera mu kajagari no gukora ibintu bataherewe uruhushya.

Yababwiye ngo ibyo bakora nibyo bategura u Rwanda ruba rubizi kandi vuba ngo baraza gukora iperereza ry’abantu baha Kigali amakuru ngo kuko bisa nibyananiye RNC kubyikorera .

Col Asimwe yagize ati “ntabwo twahora dufata abantu kandi arimwe mubaturangira ngo tubafate mu kananirwa no gufata abanyu babarimo kandi mubyukuri aribo batanga amakuru afatika, ibyo dupanga hamwe byose birangira Kigali ibizi ntituzakomeza gukorana gutya”

Ikindi nuko yavuze ko igihe cyose nta bihugu bikomeye ku isi biri mu itsinda ry’abahuza ngo nta kintu kizagerwaho kuko Angola na Kongo nta gitsure babashyiraho.  Hagati aho RNC ikomeje gukora  inama zitandukanye muri Uganda ku mugaragaro ari nako ikomeje gushaka kwiyegereza abanyarwanda bafite imitungo muri Uganda bakababwira ko nibatabayoboka bazabateza Uganda.

Biragaragara ko Uganda itigeze yubaha ibyavugiwe mu masezerano ya Luanda ahubwo ko Perezida Museveni yayashyizeho umukono yiyererutsa ngo agaragaze ko ashyigikiye amahoro kandi ashyigikiye iterabwoba mu karere.

2019-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Coup D’Etat : Nadine Claire KASINGE: Perezidante Mushya W’ishyaka Ishema Ry’u Rwanda

Coup D’Etat : Nadine Claire KASINGE: Perezidante Mushya W’ishyaka Ishema Ry’u Rwanda

Ubwanditsi 07 May 2018
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

Ubwanditsi 01 Dec 2019
Twagiramungu afite ihungabana [trauma]

Twagiramungu afite ihungabana [trauma]

Ubwanditsi 23 Jan 2019
“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 25 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Rwanda

Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 23 Jul 2017
Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri
Amakuru

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ubwanditsi 16 Nov 2021
Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 09 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru