• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

RUSHYASHYA 16 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Abatuye muri Komini Minembwe ihuza teritwari ya Fizi, Uvira na Mwenga bavuga ko nubwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko yemeye agahenge, ihuriro ry’ingabo ubutegetsi bwe bushyigikiye rikomeje kubagabaho ibitero.

Imitwe ishinjwa kugaba ibitero muri Minembwe irimo iy’ingabo za RDC (FARDC), ingabo z’u Burundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda n’ihuriro rya Wazalendo ryibumbiyemo imitwe ya Mai Mai.

Perezida wa sosiyete sivile ikorera muri Minembwe, Mufashe Santos, ku wa 15 Gashyantare 2026 yatangarije radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ko nta kimenyetso na kimwe kigaragaza ko ibitero byahagaze kuko abaturage bakomeje kugabwaho ibitero bya drones.

Mufashe yagize ati “Turacyaraswa na drones za Leta. Hafi ya byose bigaragaza ko imirwano itahagaze. Baracyatera kandi hari ababigenderamo. Duhora dusaba ko hajyaho imihora y’ubutabazi. Ndagira ngo menyeshe umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ko abatuye mu misozi miremire bakomeje kugabwaho ibitero no kwicwa. Batera amanywa n’ijoro.”

Uyu Munye-Congo yasobanuye ko drones ziri kwica abasivili kandi ko zangije imiyoboro y’itumanaho n’ibindi byafashaga abatuye muri Minembwe gukomeza ibikorwa bakesha imibereho ya buri munsi.

Ati “Drones ziri kurasa ingo z’abasivili. Zahagaritse ihuzanzira rya telefone, kandi mu by’ukuri iki kibazo kirakomeye. Twacuruzaga dukoresheje telefone ariko uyu munsi, abatuye muri Minembwe ntibagifite uburyo bwo kubaho.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashimye Perezida wa RDC nyuma yo kwemeza aka gahenge kazatangira kubahirizwa tariki ya 18 Gashyantare, zimwibutsa ariko ko ibyo yemeye bigomba gushyirwa mu bikorwa.

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yagaragaje ko itangazo rya Leta ya RDC kuri aka gahenge rigamije kubeshya amahanga, asobanura ko Perezida Tshisekedi adateze guhagarika ibitero kuko iteka ahora ashaka intambara.

 

2026-02-16
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Impinduka zitunguranye  mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Abayobozi babiri ba FDLR bakatiwe igifungo cya burundu

Abayobozi babiri ba FDLR bakatiwe igifungo cya burundu

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Ubwanditsi 22 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20
Amakuru

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru
IMIKINO

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere
HIRYA NO HINO

Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere

Ubwanditsi 01 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru