• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018 ITOHOZA

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu yatangije ibikorwa by’ikigo cy’uruganda rukora imodoka rwa Volkswagen mu Rwanda, kizateranya imodoka ndetse kigashyiraho uburyo bwo kuzisangira ku bantu benshi, avuga ko umugabane wa Afurika udakeneye gukomeza kuba ikimoteri cy’izishaje.

Iki kigo cyitwa ’Volkswagen Mobility Solutions Rwanda’ giherereye mu gice cyahariwe inganda i Masoro mu Karere ka Gasabo, kikazatangira giteranya imodoka 5000 ku mwaka zo mu bwoko bwa VW Polo, VW Passat, VW Tiguan, VW Teramont na VW Amarok.

David Himbara mu mezi ashize yanditse avuga ko Volkswagen idashobora kuzana uruganda rwayo mu Rwanda nyuma yaho amakuru yari amaze kugera hanze, aza kongera kwandika avuga ko igihe cyatanzwe bitabaye aho yise u Rwanda ngo ni abanyamitwe none aho uruganda rutahiwe kumugaragaro yabuze aho akwirwa. Ubuse noneho arandika iki ?

Ubu abanyarwanda barenga 1000 ni abakozi buruganda, imisoro iratangwa, abanyarwanda bagiye kubona imodoka zitari iza second hands, spare parts zigiye kuboneka kuburyo bworoshye.

Abanyarwanda umunani bibumbiye mu Kigo ‘Awesomity Lab’ cyazobereye mu bijyanye n’ikoranabuhanga ryo gukora porogaramu za telefoni n’imbuga za internet, nibo bagiriwe icyizere na Volkswagen ngo bafatanye mu gushyiraho ikoranabuhanga ryo gusangira imodoka ku bantu benshi.

Ibi bizatuma abantu badafite imodoka cyangwa badashaka gukoresha izabo babona izo batwara muri gahunda zabo bakishyura bitewe n’ibilometero bagenze kandi byose bigakorerwa ku ikoranabuhanga. Bizoroshya ubwikorezi kuko umuntu azajya atunga imodoka mu gihe akeneye kuyikoresha gusa.

Bizagabanya igihe abantu bamara bategereje imodoka zitwara abantu mu buryo rusange kuko imodoka za Volkswagen zizaba ziparitse hafi y’ahakorerwa ubucuruzi, ahahurira abantu benshi n’ahandi, ugakoresha application ya telefoni ukayitwara ukishyura uhageze, ukongera ukayiparika ukagenda.

Nta hantu na hamwe ku Isi ibi byari byakorwa kuba ikigo cyakwikorera imodoka kikanakora uburyo abaturage bazifashisha mu gukoresha izo modoka.

Ibiciro by’imodoka zizateranyirizwa mu Rwanda

Imodoka ya mbere yateranyirijwe mu Rwanda ya VW Polo iragura 23,881 by’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga miliyoni zirenga gato 20 z’amafaranga y’u Rwanda ari nayo ihendutse.

Imodoka ya VW Passat izajya igura 37,674 by’amadolari ( hafi miliyoni 33 Frw), VW Tiguan izaba igura 37,719 $; VW Amarok izwiho guhangara imisozi n’imihanda itameze neza izajya igura 44,559 $ (arenga miliyoni 38 Frw). Hari kandi VW Teramont izaba igura 48,156 $ (miliyoni 42 Frw), ari nayo izaba ihenze mu zizateranyirizwa mu Rwanda.

 

2018-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Urujijo k’ Urupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wirasiye muri Centrafrique

Urujijo k’ Urupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wirasiye muri Centrafrique

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubwanditsi 05 Jan 2017

4 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 28, 201812:21 pm -

    Ariko mukunda kwibasira umuntu ku giti cye..biba bigaragaraza imbaraga mumuha vraiment! Munamuogopa sanaaaa

    Subiza
    • Thomas Nkunda
      June 29, 201810:17 am -

      Ntawumutinya, ahubwo niwe uhora ahuragura ibi gam I. Yongere smoke turebe!

      Subiza
  2. nkotanyi
    June 29, 20186:45 pm -

    yewe aba ba himbara na za njiji ngezi bacitse ururondogoro babuze ibyo bavuga hari aho numvise bavuga ngo ruriya ruganda ni baringa ngo imodoka ziva muri afrika y’epfo !!! ziteranyije??????! imagine??! aba nyaamakuru bisuriye uruganda barabyibonera abandi bajya kuvuga amanjwe??! sha ishyari rizabica mwumirwe. H.E PKagame oyeeeeeeeeeee

    Subiza
    • Thomas Nkunda
      July 1, 20182:24 pm -

      Muhora mutekereza ibiryo gusaaa! Izo ngarane zanyu igihe mwazihereye ntizuzura?@sunday!

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore yaguye igihumure nyuma yo gutsindira itike yo kuziyamamariza mu ishyaka Uhuru Kenyatta ayobora
Mu Rwanda

Umugore yaguye igihumure nyuma yo gutsindira itike yo kuziyamamariza mu ishyaka Uhuru Kenyatta ayobora

Ubwanditsi 01 May 2017
APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League
Amakuru

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Ubwanditsi 16 Oct 2021
Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura
IMIKINO

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Ubwanditsi 16 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru