• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 07 Oct 2017 ITOHOZA

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi waranzwe n’umwuka mubi, ahanini ukomoka ku ruhare bushinjwa muri ayo mahano yatwaye ubuzima bw’abarenga miliyoni, nabwo bukihimura butunga agatoki bamwe mu bayobozi b’u Rwanda kuba ku isonga mu mugambi w’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana.

Mu 2006, umucamanza w’Umufaransa Jean-Louis Bruguière utarigeze akoza ikirenge cye mu Rwanda, yakoze raporo yashinjaga bamwe mu ngabo zari iza FPR-Inkotanyi kuba mu barashe indege ya Habyarimana, ashyiraho n’impapuro zo guta muri yombi abagera ku icyenda.

Iyi raporo Bruguière yayikoze agendeye ku buhamya yumviye i Paris atageze aho ibivugwa byabereye, ku buryo byatumye ikemangwa cyane n’abahanga, bagaragaza ko yakoranywe agahimano kuko yagendeye ku buhamya bw’abarwanya Leta y’u Rwanda batuye mu mahanga gusa, biganjemo abahunze igihugu nyuma yo gukora ibyaha n’amakosa akomeye.

Mu 2012 u Rwanda rwahaye rugari abandi bacamanza nabo b’Abafaransa, Marc Trévidic na Nathalie Poux, bo babasha kugera mu gihugu ndetse batangaza ibitandukanye n’ibya Bruguière, ko ibisasu byarashe indege ya Habyarimana byaturutse mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyacungwaga n’abamurinda, ntaho bihuriye n’ingabo za FPR bivugwa ko zari i Masaka.

Icyo gihe byashimangiwe ko yarashwe n’abahezanguni bari mu Ngabo z’u Rwanda (FAR) bashakaga kumwikiza.

U Bufaransa ntibwanyuzwe

Nyuma y’aho u Rwanda ruhaye rugari iki gihugu, n’ubu kiracyapfunda imitwe gishaka kurugaraguza agati ahanini cyifashishije ihanurwa ry’indege ya Habyarimana. Nyuma y’amezi agera ku 11 ubucamanza busubitse iyo dosiye, bwaje kuyisubukura mu iturufu nshya yo gukoresha abahoze mu ngabo z’u Rwanda barimo n’abakatiwe n’inkiko ku byaha binyuranye.

Ku ikubitiro bwakoresheje Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda kuva mu 1994 – 2002, uri mu buhungiro muri Afurika y’Epfo. Uyu wakatiwe n’inkiko za gisirikare mu Rwanda igifungo cy’imyaka 24 ndetse akamburwa impeta zose za gisirikare, yari mu bagombaga gutabwa muri yombi hagendewe kuri raporo ya Bruguière.

Mu 2012, ubwe yaje kwisabira abacamanza Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux ngo abahe ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana. Icyo gihe igihugu yahungiyemo nticyamworohereje gutanga ubwo buhamya bituma mu 2016 hafatwa umwanzuro wo kujya kubutanga i Paris ariko nabyo ntibyakorwa.

U Bufaransa bukomeje umugambi

Nyuma y’uko ubuhamya bwa Kayumba Nyamwasa i Paris budatanzwe, u Bufaransa bwakomeje umugambi wo guharabika ubuyobozi bw’u Rwanda bukoresha abatavuga rumwe nabwo.

Ukurikiyeho Jeune Afrique yatangaje ko yagiye i Paris inshuro ebyiri muri Werurwe agatanga ubuhamya bwe, ni uwirukanywe mu ngabo z’u Rwanda utavuzwe izina. Uyu wahungiye mu Bwongereza nyuma yo kwirukanwa mu gisirikare kubera imyitwarire mibi, yihamirije ko yagize uruhare mu kuzana ibisasu bya missile byahanuye indege ya Habyarimana.

Abatangabuhamya nka Kayumba ubarizwa mu ishyaka rya RNC rirwanya leta y’u Rwanda ndetse ryakunzwe gutungwaho agatoki ku icurwa ry’imigambi igamije guhungabanya umudendezo warwo, kimwe n’abandi bahunze, si abo kwizerwa kuko hari abemeza ko baba bagamije gusiga icyasha abayobozi b’u Rwanda bifashishije ubuhamya bufutamye.

Kagame yakomoje kuri iri perereza

Ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza 2016/2017, Perezida Kagame yakomoje kuri iri pererezida rikorwa n’u Bufaransa, avuga ko nta kibazo na kimwe abifiteho ahubwo bimuha umwanya wo kwibutsa ko ubutabera bw’u Rwanda budashingiye ku nyungu z’u Bufaransa.

Yagize ati “Twashakaga gukemura iki kibazo, kugira umubano mwiza.Twaritanze ubwacu tuti muze hano mugire amakuru kubyo mushaka. Dutanga uburenganzira kuri buri kimwe cyose aba bantu bashaka.”

Yakomeje agira ati “Iperereza ryamaze imyaka igera kuri ibiri, nyuma yo kubona ibyo bashaka bidahari kandi ko nta kintu na kimwe kizabashyigikira […]Tugiye gutangira bundi bushya kandi nta kibazo mbifiteho. Nta kibazo mbifiteho. Ariko gutangira bundi bushya bisobanuye ibintu byinshi.”

Iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryasubitswe mu 2014, abarikoze ari nabo bongeye kurisubukura bakaba barahamije ko ibyo babonye bihamya ko indege ya Habyarimana yarashwe n’abahezanguni bari mu Ngabo z’u Rwanda (FAR) bashakaga kumwikiza kugira ngo haburizwemo ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Arusha.

-8195.jpg

Ibisigazwa by’Indege yari itwaye perezida Habyarimana Juvenal

2017-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Ubwanditsi 23 May 2019
Icyoba ni cyose  mu mujyi wa Kampala

Icyoba ni cyose mu mujyi wa Kampala

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Amahano : Umwami wimikiwe ishyanga

Amahano : Umwami wimikiwe ishyanga

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Ubwanditsi 18 Mar 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Kalisa
    June 7, 20187:46 am -

    Ariko ubwo muba mubeshya nde? ninde utazi uwahanuye iriya ndege?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa
Amakuru

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Ubwanditsi 25 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru