• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 07 Oct 2017 ITOHOZA

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi waranzwe n’umwuka mubi, ahanini ukomoka ku ruhare bushinjwa muri ayo mahano yatwaye ubuzima bw’abarenga miliyoni, nabwo bukihimura butunga agatoki bamwe mu bayobozi b’u Rwanda kuba ku isonga mu mugambi w’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana.

Mu 2006, umucamanza w’Umufaransa Jean-Louis Bruguière utarigeze akoza ikirenge cye mu Rwanda, yakoze raporo yashinjaga bamwe mu ngabo zari iza FPR-Inkotanyi kuba mu barashe indege ya Habyarimana, ashyiraho n’impapuro zo guta muri yombi abagera ku icyenda.

Iyi raporo Bruguière yayikoze agendeye ku buhamya yumviye i Paris atageze aho ibivugwa byabereye, ku buryo byatumye ikemangwa cyane n’abahanga, bagaragaza ko yakoranywe agahimano kuko yagendeye ku buhamya bw’abarwanya Leta y’u Rwanda batuye mu mahanga gusa, biganjemo abahunze igihugu nyuma yo gukora ibyaha n’amakosa akomeye.

Mu 2012 u Rwanda rwahaye rugari abandi bacamanza nabo b’Abafaransa, Marc Trévidic na Nathalie Poux, bo babasha kugera mu gihugu ndetse batangaza ibitandukanye n’ibya Bruguière, ko ibisasu byarashe indege ya Habyarimana byaturutse mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyacungwaga n’abamurinda, ntaho bihuriye n’ingabo za FPR bivugwa ko zari i Masaka.

Icyo gihe byashimangiwe ko yarashwe n’abahezanguni bari mu Ngabo z’u Rwanda (FAR) bashakaga kumwikiza.

U Bufaransa ntibwanyuzwe

Nyuma y’aho u Rwanda ruhaye rugari iki gihugu, n’ubu kiracyapfunda imitwe gishaka kurugaraguza agati ahanini cyifashishije ihanurwa ry’indege ya Habyarimana. Nyuma y’amezi agera ku 11 ubucamanza busubitse iyo dosiye, bwaje kuyisubukura mu iturufu nshya yo gukoresha abahoze mu ngabo z’u Rwanda barimo n’abakatiwe n’inkiko ku byaha binyuranye.

Ku ikubitiro bwakoresheje Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda kuva mu 1994 – 2002, uri mu buhungiro muri Afurika y’Epfo. Uyu wakatiwe n’inkiko za gisirikare mu Rwanda igifungo cy’imyaka 24 ndetse akamburwa impeta zose za gisirikare, yari mu bagombaga gutabwa muri yombi hagendewe kuri raporo ya Bruguière.

Mu 2012, ubwe yaje kwisabira abacamanza Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux ngo abahe ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana. Icyo gihe igihugu yahungiyemo nticyamworohereje gutanga ubwo buhamya bituma mu 2016 hafatwa umwanzuro wo kujya kubutanga i Paris ariko nabyo ntibyakorwa.

U Bufaransa bukomeje umugambi

Nyuma y’uko ubuhamya bwa Kayumba Nyamwasa i Paris budatanzwe, u Bufaransa bwakomeje umugambi wo guharabika ubuyobozi bw’u Rwanda bukoresha abatavuga rumwe nabwo.

Ukurikiyeho Jeune Afrique yatangaje ko yagiye i Paris inshuro ebyiri muri Werurwe agatanga ubuhamya bwe, ni uwirukanywe mu ngabo z’u Rwanda utavuzwe izina. Uyu wahungiye mu Bwongereza nyuma yo kwirukanwa mu gisirikare kubera imyitwarire mibi, yihamirije ko yagize uruhare mu kuzana ibisasu bya missile byahanuye indege ya Habyarimana.

Abatangabuhamya nka Kayumba ubarizwa mu ishyaka rya RNC rirwanya leta y’u Rwanda ndetse ryakunzwe gutungwaho agatoki ku icurwa ry’imigambi igamije guhungabanya umudendezo warwo, kimwe n’abandi bahunze, si abo kwizerwa kuko hari abemeza ko baba bagamije gusiga icyasha abayobozi b’u Rwanda bifashishije ubuhamya bufutamye.

Kagame yakomoje kuri iri perereza

Ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza 2016/2017, Perezida Kagame yakomoje kuri iri pererezida rikorwa n’u Bufaransa, avuga ko nta kibazo na kimwe abifiteho ahubwo bimuha umwanya wo kwibutsa ko ubutabera bw’u Rwanda budashingiye ku nyungu z’u Bufaransa.

Yagize ati “Twashakaga gukemura iki kibazo, kugira umubano mwiza.Twaritanze ubwacu tuti muze hano mugire amakuru kubyo mushaka. Dutanga uburenganzira kuri buri kimwe cyose aba bantu bashaka.”

Yakomeje agira ati “Iperereza ryamaze imyaka igera kuri ibiri, nyuma yo kubona ibyo bashaka bidahari kandi ko nta kintu na kimwe kizabashyigikira […]Tugiye gutangira bundi bushya kandi nta kibazo mbifiteho. Nta kibazo mbifiteho. Ariko gutangira bundi bushya bisobanuye ibintu byinshi.”

Iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryasubitswe mu 2014, abarikoze ari nabo bongeye kurisubukura bakaba barahamije ko ibyo babonye bihamya ko indege ya Habyarimana yarashwe n’abahezanguni bari mu Ngabo z’u Rwanda (FAR) bashakaga kumwikiza kugira ngo haburizwemo ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Arusha.

-8195.jpg

Ibisigazwa by’Indege yari itwaye perezida Habyarimana Juvenal

2017-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Ubwanditsi 06 Sep 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Kalisa
    June 7, 20187:46 am -

    Ariko ubwo muba mubeshya nde? ninde utazi uwahanuye iriya ndege?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda
Mu Rwanda

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)
ITOHOZA

Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)

Ubwanditsi 09 Oct 2018
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo
Amakuru

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru