• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 07 Oct 2017 ITOHOZA

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi waranzwe n’umwuka mubi, ahanini ukomoka ku ruhare bushinjwa muri ayo mahano yatwaye ubuzima bw’abarenga miliyoni, nabwo bukihimura butunga agatoki bamwe mu bayobozi b’u Rwanda kuba ku isonga mu mugambi w’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana.

Mu 2006, umucamanza w’Umufaransa Jean-Louis Bruguière utarigeze akoza ikirenge cye mu Rwanda, yakoze raporo yashinjaga bamwe mu ngabo zari iza FPR-Inkotanyi kuba mu barashe indege ya Habyarimana, ashyiraho n’impapuro zo guta muri yombi abagera ku icyenda.

Iyi raporo Bruguière yayikoze agendeye ku buhamya yumviye i Paris atageze aho ibivugwa byabereye, ku buryo byatumye ikemangwa cyane n’abahanga, bagaragaza ko yakoranywe agahimano kuko yagendeye ku buhamya bw’abarwanya Leta y’u Rwanda batuye mu mahanga gusa, biganjemo abahunze igihugu nyuma yo gukora ibyaha n’amakosa akomeye.

Mu 2012 u Rwanda rwahaye rugari abandi bacamanza nabo b’Abafaransa, Marc Trévidic na Nathalie Poux, bo babasha kugera mu gihugu ndetse batangaza ibitandukanye n’ibya Bruguière, ko ibisasu byarashe indege ya Habyarimana byaturutse mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyacungwaga n’abamurinda, ntaho bihuriye n’ingabo za FPR bivugwa ko zari i Masaka.

Icyo gihe byashimangiwe ko yarashwe n’abahezanguni bari mu Ngabo z’u Rwanda (FAR) bashakaga kumwikiza.

U Bufaransa ntibwanyuzwe

Nyuma y’aho u Rwanda ruhaye rugari iki gihugu, n’ubu kiracyapfunda imitwe gishaka kurugaraguza agati ahanini cyifashishije ihanurwa ry’indege ya Habyarimana. Nyuma y’amezi agera ku 11 ubucamanza busubitse iyo dosiye, bwaje kuyisubukura mu iturufu nshya yo gukoresha abahoze mu ngabo z’u Rwanda barimo n’abakatiwe n’inkiko ku byaha binyuranye.

Ku ikubitiro bwakoresheje Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda kuva mu 1994 – 2002, uri mu buhungiro muri Afurika y’Epfo. Uyu wakatiwe n’inkiko za gisirikare mu Rwanda igifungo cy’imyaka 24 ndetse akamburwa impeta zose za gisirikare, yari mu bagombaga gutabwa muri yombi hagendewe kuri raporo ya Bruguière.

Mu 2012, ubwe yaje kwisabira abacamanza Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux ngo abahe ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana. Icyo gihe igihugu yahungiyemo nticyamworohereje gutanga ubwo buhamya bituma mu 2016 hafatwa umwanzuro wo kujya kubutanga i Paris ariko nabyo ntibyakorwa.

U Bufaransa bukomeje umugambi

Nyuma y’uko ubuhamya bwa Kayumba Nyamwasa i Paris budatanzwe, u Bufaransa bwakomeje umugambi wo guharabika ubuyobozi bw’u Rwanda bukoresha abatavuga rumwe nabwo.

Ukurikiyeho Jeune Afrique yatangaje ko yagiye i Paris inshuro ebyiri muri Werurwe agatanga ubuhamya bwe, ni uwirukanywe mu ngabo z’u Rwanda utavuzwe izina. Uyu wahungiye mu Bwongereza nyuma yo kwirukanwa mu gisirikare kubera imyitwarire mibi, yihamirije ko yagize uruhare mu kuzana ibisasu bya missile byahanuye indege ya Habyarimana.

Abatangabuhamya nka Kayumba ubarizwa mu ishyaka rya RNC rirwanya leta y’u Rwanda ndetse ryakunzwe gutungwaho agatoki ku icurwa ry’imigambi igamije guhungabanya umudendezo warwo, kimwe n’abandi bahunze, si abo kwizerwa kuko hari abemeza ko baba bagamije gusiga icyasha abayobozi b’u Rwanda bifashishije ubuhamya bufutamye.

Kagame yakomoje kuri iri perereza

Ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza 2016/2017, Perezida Kagame yakomoje kuri iri pererezida rikorwa n’u Bufaransa, avuga ko nta kibazo na kimwe abifiteho ahubwo bimuha umwanya wo kwibutsa ko ubutabera bw’u Rwanda budashingiye ku nyungu z’u Bufaransa.

Yagize ati “Twashakaga gukemura iki kibazo, kugira umubano mwiza.Twaritanze ubwacu tuti muze hano mugire amakuru kubyo mushaka. Dutanga uburenganzira kuri buri kimwe cyose aba bantu bashaka.”

Yakomeje agira ati “Iperereza ryamaze imyaka igera kuri ibiri, nyuma yo kubona ibyo bashaka bidahari kandi ko nta kintu na kimwe kizabashyigikira […]Tugiye gutangira bundi bushya kandi nta kibazo mbifiteho. Nta kibazo mbifiteho. Ariko gutangira bundi bushya bisobanuye ibintu byinshi.”

Iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryasubitswe mu 2014, abarikoze ari nabo bongeye kurisubukura bakaba barahamije ko ibyo babonye bihamya ko indege ya Habyarimana yarashwe n’abahezanguni bari mu Ngabo z’u Rwanda (FAR) bashakaga kumwikiza kugira ngo haburizwemo ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Arusha.

-8195.jpg

Ibisigazwa by’Indege yari itwaye perezida Habyarimana Juvenal

2017-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Ubwanditsi 05 Jul 2019
Bugarama :  Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo  zaguyemo Umunyarwanda

Bugarama : Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo zaguyemo Umunyarwanda

Ubwanditsi 15 Sep 2017
Nyagatare: Umupolisi yarashe umumotari ahita apfa

Nyagatare: Umupolisi yarashe umumotari ahita apfa

Ubwanditsi 18 Oct 2017
U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Kalisa
    June 7, 20187:46 am -

    Ariko ubwo muba mubeshya nde? ninde utazi uwahanuye iriya ndege?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ijambo rya Louise Mushikiwabo Umunyamabanga mukuru wa OIF [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Ijambo rya Louise Mushikiwabo Umunyamabanga mukuru wa OIF [ VIDEO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Umubiri wa Koffi Annan wakiranywe icyubahiro kigenerwa intwari muri Ghana
HIRYA NO HINO

Umubiri wa Koffi Annan wakiranywe icyubahiro kigenerwa intwari muri Ghana

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Ubwanditsi 30 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru