• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Ubwanditsi 30 Aug 2017 ITOHOZA

Ihuriro ry’imiryango iharanira ikurikiranwa ry’abakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, CPCR, ryatangaje ko ryabonye amakuru ko kuwa 8 Ugushyingo 2017, Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Muri Kanama 2015 nibwo ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwahagaritse gukurikirana Padiri Munyeshyaka buvuga ko nta bimenyetso bifatika bimushinja, maze nyuma y’amezi abiri ubucamanza buha agaciro icyo cyifuzo, ibintu umuyobozi wa CPCR, Alain Gauthier avuga ko byakozwe ku mpamvu batasobanukiwe.

Yagize ati “Niyo mpamvu imiryango iharanira ubutabera irimo CPCR, yafashe icyemezo cyo kujurira. Bisabye imyaka ibiri yose ngo iki kirego kigarurwe imbere y’ubucamanza.”

Kuva mu 1995 Padiri Munyeshyaka arebwa n’ikirego kimushinja uruhare muru Jenoside yakorewe abatutsi muri Paruwasi ya Sainte Famille mu Mujyi wa Kigali, mu rubanza rumaze igihe kirekire ugereranyije n’izindi zirebana na jenoside yakorewe abatutsi.

Impapuro zisaba itabwa muri yombi rya Munyeshyaka, zigaragaza ko yagize uruhare mu gutegura Jenoside, akitabira inama zatumizwaga na Tharcisse Renzaho wari Perefe w’Umujyi wa Kigali, hamwe na Gen. Munyakazi wahamijwe uruhare muri Jenoside.

Zigaragaza kandi uburyo Munyeshyaka hagati ya Mata na Kamena 1994 yarashe abantu bane ndetse n’ubuhamya bw’abakobwa yasambanyije ku gahato, akanagira uruhare ku bantu 60 bakuwe ahantu hatandukanye bakajya kwicirwa kuri segiteri ya Rugenge.

Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bugitangaza umwanzuro wo guhagarika urubanza rwa Munyeshyaka, Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yarawamaganye, isaba abacamanza b’u Bufaransa kutita kuri ubwo busabe ariko ntibyitabwaho.

Kugeza ubu u Bufaransa bumaze kuburanisha imanza eshatu zonyine, urwarangiye rukaba ari rumwe rwa Pascal Simbikangwa wakatiwe gufungwa imyaka 25 muri Nyakanga umwaka ushize.

Abandi babiri aribo Octavien Ngenzi na Tito Barahira bakatiwe gufungwa burundu ariko barajurira, bigateganywa ko ubujurire bwabo buzumvwa hagati ya tariki 17 Mata na 6 Nyakanga 2018.

Ngenzi w’imyaka 59 na Barahira w’imyaka 66 basimburanye mu kuyobora Komini ya Kabarondo mu yahoze ari Perefegitura Kibungo, bashinjwa kuba ku isonga rya Jenoside yakorewe Abatutsi bari bahungiye muri Paruwasi ya Kabarondo muri Mata 1994.

CPCR ivuga ko urubanza rwa Munyeshyaka rumaze imyaka myinshi, ku buryo nta kabuza uyu musaseridoti ukorera ubutumwa bwe muri paruwasi ya Gisors yagera imbere y’urukiko kuko ibyaha aregwa bikomeye kandi imiryango y’inzirakarengane ikeneye ubutabera.

Iyi mpuzamiryango ivuga ko hari amadosiye menshi agitegerereje ku meza y’abacamanza akeneye gukurikiranwa, ndetse itegereje igisubizo cya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa ku ibaruwa yamwandikiye imusaba kugira icyo akora mu kwihutisha imanza zirebana na Jenoside yakorewe abatutsi.

-7788.jpg

Padiri Wenceslas Munyeshyaka yambaraga gisilikare mugihe cya Jenoside

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Ubwanditsi 12 Jul 2016
Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi.

Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi.

Ubwanditsi 31 Oct 2017
IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Polisi y’u Rwanda n’iy’Ubutaliyani basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Polisi y’u Rwanda n’iy’Ubutaliyani basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 13 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa  k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol
ITOHOZA

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona
Amakuru

Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Ubwanditsi 06 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru