• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 25 Oct 2017 Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibyatangajwe n’Intumwa zigize Komite Nto ya Loni Ishinzwe kurwanya Iyicarubozo zari zaje mu gihugu mu iperereza muri za gereza zitandukanye, zigataha zitarangije akazi zivuga ko zashyizweho amananiza.

Iyi Komite yari igizwe n’abantu icyenda yari igamije kumenya uko imfungwa zifatwa mu Rwanda no kugira inama Leta ku gushinga urwego rw’igihugu rugenzura ahafungirwa abantu.

Izo ntumwa zatangaje ku wa 20 Ukwakira 2017 ko Guverinoma y’u Rwanda yanze gukorana nazo ntizibashe kugera muri gereza n’ahandi hafungiye abantu. Zihamya ko aho zageze zitabashije kuganira n’imfungwa n’abagororwa mu ibanga kandi n’abo zaganiriye nazo bakazibwira ko bashobora kubiryozwa.

Mu itangazo Guverinoma y’u Rwanda yashyize ahagaragara kuri uyu wa 23 Ukwakira 2017, yavuze ko iyo Komite ya Loni yishe amabwiriza bari bemeranyijweho ikarangiza akazi kari kayizanye itabimenyesheje ubuyobozi bw’u Rwanda ahubwo ikajya gusakaza amakuru y’ibihuha mu itangazamakuru.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko u Rwanda ari rwo rwari rwatumiye iyo komite, ikaza ikamara iminsi itanu isura ahantu hatandukanye nta kibazo na kimwe igaragaza.

Yzgize ati “Mu gihe cy’iminsi itanu basuye ibigo bitandukanye birimo gereza, sitasiyo za polisi, Transit Centers, ibitaro bivura abafite uburwayi bwo mu mutwe, baganira n’abakozi, impfungwa n’abarwayi.”

Yasobanuye ko amakuru avuga ko abavuganye n’izo ntumwa za Loni bashobora kubiryozwa adafite ishingiro ahubwo agamije guteza umwuka mubi.

Ati “Ibibazo bya tekiniki byabaye mu ngendo zabo bari mu kazi byahise bikemurwa. Ibivugwa ko uwabajijwe wese ashobora kubiryozwa nta shingiro bifite kandi bigamije guteranya.”

Minisitiri w’Ubutabera yahamije ko iyo komite yasuye ahantu hatandukanye yihitiyemo harimo Gereza ya Rilima na Muhanga, sitasiyo za polisi za Nyamata, Kimihurura, Nyamirambo, Transit Center ya Gikondo, icyicaro cya Diviziyo ya Mbere y’Ingabo z’u Rwanda cya Kami n’Ibitaro bya Ndera.

Minisitiri Busingye avuga ko u Rwanda ruzakomeza kubahiriza amasezerano mpuzamahanga yo gukumira iyicarubozo ariko runita ku mahitamo yandi ashoboka ajyana nayo.

Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye

Iyo komite yari igizwe na Arman Danielyan, ukomoka muri Armenia, ari nawe wari uyiyoboye, Kosta Mitrovic wo muri Serbia, Zdenka Petrovic wo muri Montenegro, Aneta Stanchevska wo muri Macedonia, Joao Nataf, Maria Toyanova, Smitry Cherepanov na Jean Christophe Deslandes.

2017-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Ubwanditsi 06 Mar 2021
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Ubwanditsi 18 May 2022
Moise Mutokambali watozaga ikipe ya The Hoops Rwanda BBC akaza kugirwa umuyobozi wa tekiniki muri FERWABA yasimbujwe Habiyambere Patrick

Moise Mutokambali watozaga ikipe ya The Hoops Rwanda BBC akaza kugirwa umuyobozi wa tekiniki muri FERWABA yasimbujwe Habiyambere Patrick

Ubwanditsi 04 Mar 2021
Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubwanditsi 26 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi bo mu karere ka Musanze batangiye amahugurwa yo kunoza neza  akazi kabo
Mu Mahanga

Abapolisi bo mu karere ka Musanze batangiye amahugurwa yo kunoza neza akazi kabo

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Nyamasheke : Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere
Amakuru

Nyamasheke : Minisitiri Kaboneka yatashye amacumbi y’Abapolisi yubatswe ku bufatanye n’akarere

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC
ITOHOZA

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Ubwanditsi 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru