• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi bo mu karere ka Musanze batangiye amahugurwa yo kunoza neza akazi kabo

Abapolisi bo mu karere ka Musanze batangiye amahugurwa yo kunoza neza akazi kabo

Ubwanditsi 15 Mar 2016 Mu Mahanga

​Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Musanze yatangiye guha amahugurwa abapolisi bayo bahakorera. Ibi bikaba biri muri gahunda y’ingenzi Polisi y’u Rwanda yihaye yo guhugura abapolisi, ku buryo bituma bahora basobanukiwe ndetse bafite ubumenyi buri gihe, bityo bikabafasha gukora neza akazi kabo.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Musanze Senior Superintendent of Police (SSP) Benoit Nsengiyumva,yavuze ko aya mahugurwa azaba mu byiciro bitandukanye, a agamije guha ubumenyi abapolisi bo muri aka karere, butuma bahora biteguye gukora neza akazi ndetse no kubibutsa indangagaciro z’akazi kabo.

SSP Beniot Nsengiyumva yavuze ko aya mahugurwa azamara iminsi itanu, azakorwa mu byiciro bitanu bitandukanye,aho buri cyiciro cy’abapolisi kizajya gihugurwa umunsi umwe,hagakurikiraho ikindi cyiciro. Abahuguwe kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Werurwe ni 33.

SSP Nsengiyumva yakomeje avuga ko;”abapolisi bibukijwe intego,intumbero ndetse n’indangagaciro bigomba kubaranga igihe cyose bari mu kazi no guhora bari maso kugira ngo buzuze neza inshingano zabo.Banagaragarijwe uko umutekano wifashe, aho bakorera no mu Ntara yose”.

SSP Nsengiyumva yanavuze ko amahugurwa nk’aya asanzweho muri Polisi y’u Rwanda akaba afasha abapolisi kurushaho gushyira mu bikorwa inshingano zabo.

Aya mahugurwa yibanda kuri disipulini igomba kuranga abapolisi,ubufatanye n’abaturage mu gukumira ibyaha,uburyo bwo kugenza ibyaha , gukumira ibyaha bigendanye n’aho isi igeze muri iki gihe birimo icuruzwa ry’abantu n’iry’ibiyobyabwenge n’ibindi.

Amahugurwa nk’aya azahabwa kandi abapolisi bo mu tundi turere tune two mu Ntara y’Amajyaruguru.

RNP

2016-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itorero Solution Center Celebration Church rikorera umurimo w’ivugabutumwa bwiza mu Rwanda, rikomeje imirimo yaryo.

Itorero Solution Center Celebration Church rikorera umurimo w’ivugabutumwa bwiza mu Rwanda, rikomeje imirimo yaryo.

Ubwanditsi 06 Aug 2016
“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

Ubwanditsi 22 Feb 2025
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Ubwanditsi 17 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ubwanditsi 05 Oct 2020
Kigali: Umugororwa wari ukurikiranyweho icyaha cy’iterabwoba yafashwe ashaka gutoroka
Mu Rwanda

Kigali: Umugororwa wari ukurikiranyweho icyaha cy’iterabwoba yafashwe ashaka gutoroka

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Zari akomeje kugaragaza urukundo agifitiye umugabo we wapfuye yari yaramuharitse
HIRYA NO HINO

Zari akomeje kugaragaza urukundo agifitiye umugabo we wapfuye yari yaramuharitse

Ubwanditsi 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru