• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Ubwanditsi 17 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Lt Gen Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yajyanywe mu bitaro bya Kololo igitaraganya nyuma yo kwitura hasi aho yari afungiye muri kasho ya polisi.

Tumukunde yatawe muri yombi ku wa Kane w’icyumweru gishize ari kumwe n’abandi bantu 13 bashinjwa ibyaha by’ubugambanyi. Mu batawe muri yombi harimo n’abahungu be babiri nk’uko Daily Monitor yabitangaje.

Nubwo Tumukunde yajyanywe mu bitaro, abanyamategeko be bavuze ko batarabwirwa ikibazo yagize.

Umwe mu bapolisi yabwiye itangazamakuru ko Tumukunde yajyanywe mu bitaro bya Kololo ariko abaganga bataragaragaza indwara afite.

Hari amakuru avuga ko Tumukunde yatangiye kumererwa nabi kuwa Gatandatu, ubwo Polisi yari yagiye gusaka urugo rwe ruri Kololo. Ngo byarushijeho gukomera ubwo bamubwiraga ko n’abahungu be babiri bari gushinjwa ubugambanyi.

Ngo Tumukunde yakomeje kubwira abapolisi ko atameze neza ariko babirengaho bamujyana ku rwego rudsanzwe rushinzwe iperereza ahitwa Kireka mu karere ka Wakiso guhatwa ibibazo ari naho yaje kwikubita hasi ageze.

Daily Monitor itangaza ko yagerageje kujya mu bitaro bya Kololo kureba uko bimeze, bakangira abanyamakuru bayo kwinjira. Ngo nta n’umuturage wari wemerewe kuhinjira kuko ibitaro byari birinzwe n’abapolisi bambaye gisivile.

Umugore wa Tumukunde n’inshuti ye ya hafi nibo bemerewe kujya kumusura. Bamwe mu bayobozi bakuru bashinzwe iby’umutekano muri Uganda nabo bari bari aho ku bitaro.

Leta ya Uganda ishinja Tumukunde umugambi w’ubugambanyi no gushaka gufatanya n’amahanga mu guhungabanya umutekano wa Uganda. Ni ibirego ngo yavugiye mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya NBS.

Inzego z’umutekano zatangaje ko abahungu ba Tumukunde bari batawe muri yombi nyuma baje kurekurwa.

Umunyamategeko wa Tumukunde, Alex Luganda, yavuze ko umukiliya we natagezwa mu rukiko vuba, arasaba urukiko kubitegeka cyangwa rugategeka ko arekurwa.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga yavuze ko bari gukora ibishoboka ngo bihutishe iperereza, kugira ngo dosiye ishyikirizwe ubushinjacyaha.

Gen Tumukunde yari muri gahunda zo kwiyamamariza umwanya wa Perezida mu matora ateganyijwe umwaka utaha. Ashinja Perezida Yoweri Museveni kwibasira uwari we wese ugaragaje ko ashaka kwiyamamariza kuba Perezida.

2020-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mushikiwabo yagishije inama Abdou Diouf wamaze imyaka 12 ku mwanya ari guhatanira muri OIF

Mushikiwabo yagishije inama Abdou Diouf wamaze imyaka 12 ku mwanya ari guhatanira muri OIF

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Umujyi wa Kampala watewe n’ icyorezo cya Cholera

Umujyi wa Kampala watewe n’ icyorezo cya Cholera

Ubwanditsi 29 Jan 2019
Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa

Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2021
Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC
POLITIKI

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika
IKORANABUHANGA

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru