• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we
Dr Ignatius Chombo, wari Minisitiri w’imari muri Zimbawe.

Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we

Ubwanditsi 17 Nov 2017 Mu Mahanga

Dr Ignatius Chombo, wari Minisitiri w’imari muri Zimbawe ndetse akaba yari n’inshuti ya hafi cyane y’Umugore wa Perezida Robert Mugabe, biravugwa ko umurinzi we yishwe n’igisirikare ndetse cyatwaye nabi uyu Minisitiri ejo ahagana saa saba z’igicamunsi. Ibi byose ngo bikaba biri mu mugambi igisirikare cyatangarije kuri televiziyo y’igihugu wo gufata no guhana abayobozi bose bihishe inyuma ya Perezida Mugabe bagasahura umutungo w’iki gihugu.

Abandi barwanashyaka ZANU PF biganjemo urubyiruko na Kudzai Chipanga‚ uyobora urubyiruko muri iri shyaka bari mu maboko y’igisirikare cya Zimbabwe nyuma yo gushaka kwigaragambya bamagana umugambi w’igisirikare cya Zimbabwe wo guhirika ku butegetsi Robert Mugabe.

Kuwa Gatatu imihanda imwe n’imwe yo mu mujyi wa Harare ari nawo murwa mukuru w’iki gihugu yari yagoswe n’abasirikare harimo nk’umuhanda ujya ku nteko Ishinga Amategeko. Umuvugizi w’Igisirikare akaba yarabwiye itangazamakuru ko impamvu bafunze umuhanda ari ukugirango bashakishe abanyabyaha.

Kugeza ubu Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo akaba ari nawe uyobora Akarere ka Afurika y’Amajyepfo (Southern African Development Community- SADAC) yavuze ko arohereza itsinda ry’abayobozi muri Angola na Zimbabwe rikajya kwiga ku buryo bwo guhuza impande zombi hagamije gukemura ibi bibazo biri muri Zimbabwe.

Amafoto yafashwe n’ibitangazamakuru byo muri Zimbabwe agaragaza urugo rw’uyu mu Minisitiri rwuzuyemo amasasu yarashwe ku muryango ndetse n’imbere mu nzu bikaba byanavuzwe ko umurinzi we yamaze kwicwa aho hakekwako ari igisirikare cya Zimbabwe cyamurashe.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Afurika y’Epfo bwemezaga ko Jacob Zuma yavuganye na Robert Mugabe ku murongo wa Telefone ndetse ngo uyu mukambwe amerewe neza iwe mu rugo kandi acungiwe umutekano nta kindi kibazo afite .

Emmerson Mnangagwa, wahoze ari Visi Perezida w’iki gihugu ndetse akaza kwirukanwa na Perezida Mugabe ari nayo ntandaro y’izi mvururu ziri muri Zimbabwe muri iyi minsi. Mu gitondo cyo kuwa Kane yatambukije ubutumwa ku rubuga rwe rwa Twitter avuga ko ategereje icyo abagize Inteko Ishinga Amategeko baza kwanzura ubundi nawe kuri uyu wa  17 Ugushyingo akageza ijambo ku baturage nka Perezida w’Inzibacyuho w’iki gihugu. 

Kugeza ubu ibintu byahinduye isura kuko nyuma yo gufungirwa mu rugo rwe n’igisirikare, Perezida  Robert Mugabe, yongeye kugaragara mu ruhame mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri mu gikorwa cyabereye mu Murwa Mukuru, Harare.

 

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Ubwanditsi 17 May 2016
CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Ubwanditsi 21 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo
Mu Mahanga

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza
Amakuru

Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba
Amakuru

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru