• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we
Dr Ignatius Chombo, wari Minisitiri w’imari muri Zimbawe.

Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we

Editorial 17 Nov 2017 Mu Mahanga

Dr Ignatius Chombo, wari Minisitiri w’imari muri Zimbawe ndetse akaba yari n’inshuti ya hafi cyane y’Umugore wa Perezida Robert Mugabe, biravugwa ko umurinzi we yishwe n’igisirikare ndetse cyatwaye nabi uyu Minisitiri ejo ahagana saa saba z’igicamunsi. Ibi byose ngo bikaba biri mu mugambi igisirikare cyatangarije kuri televiziyo y’igihugu wo gufata no guhana abayobozi bose bihishe inyuma ya Perezida Mugabe bagasahura umutungo w’iki gihugu.

Abandi barwanashyaka ZANU PF biganjemo urubyiruko na Kudzai Chipanga‚ uyobora urubyiruko muri iri shyaka bari mu maboko y’igisirikare cya Zimbabwe nyuma yo gushaka kwigaragambya bamagana umugambi w’igisirikare cya Zimbabwe wo guhirika ku butegetsi Robert Mugabe.

Kuwa Gatatu imihanda imwe n’imwe yo mu mujyi wa Harare ari nawo murwa mukuru w’iki gihugu yari yagoswe n’abasirikare harimo nk’umuhanda ujya ku nteko Ishinga Amategeko. Umuvugizi w’Igisirikare akaba yarabwiye itangazamakuru ko impamvu bafunze umuhanda ari ukugirango bashakishe abanyabyaha.

Kugeza ubu Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo akaba ari nawe uyobora Akarere ka Afurika y’Amajyepfo (Southern African Development Community- SADAC) yavuze ko arohereza itsinda ry’abayobozi muri Angola na Zimbabwe rikajya kwiga ku buryo bwo guhuza impande zombi hagamije gukemura ibi bibazo biri muri Zimbabwe.

Amafoto yafashwe n’ibitangazamakuru byo muri Zimbabwe agaragaza urugo rw’uyu mu Minisitiri rwuzuyemo amasasu yarashwe ku muryango ndetse n’imbere mu nzu bikaba byanavuzwe ko umurinzi we yamaze kwicwa aho hakekwako ari igisirikare cya Zimbabwe cyamurashe.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Afurika y’Epfo bwemezaga ko Jacob Zuma yavuganye na Robert Mugabe ku murongo wa Telefone ndetse ngo uyu mukambwe amerewe neza iwe mu rugo kandi acungiwe umutekano nta kindi kibazo afite .

Emmerson Mnangagwa, wahoze ari Visi Perezida w’iki gihugu ndetse akaza kwirukanwa na Perezida Mugabe ari nayo ntandaro y’izi mvururu ziri muri Zimbabwe muri iyi minsi. Mu gitondo cyo kuwa Kane yatambukije ubutumwa ku rubuga rwe rwa Twitter avuga ko ategereje icyo abagize Inteko Ishinga Amategeko baza kwanzura ubundi nawe kuri uyu wa  17 Ugushyingo akageza ijambo ku baturage nka Perezida w’Inzibacyuho w’iki gihugu. 

Kugeza ubu ibintu byahinduye isura kuko nyuma yo gufungirwa mu rugo rwe n’igisirikare, Perezida  Robert Mugabe, yongeye kugaragara mu ruhame mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri mu gikorwa cyabereye mu Murwa Mukuru, Harare.

 

2017-11-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Editorial 25 Jan 2016
Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Editorial 16 Dec 2019
Hakomeje kwibazwa aho ADF iri gukura ingufu zo gusebya Monusco na FARDC ku rugamba

Hakomeje kwibazwa aho ADF iri gukura ingufu zo gusebya Monusco na FARDC ku rugamba

Editorial 17 Nov 2018
INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

Editorial 26 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi
Mu Rwanda

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Editorial 15 Jun 2016
Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore
SHOWBIZ

Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Editorial 14 Feb 2017
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera
Amakuru

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Editorial 09 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru