• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

Ubwanditsi 31 Oct 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’ Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yatangaje ko u Rwanda rudafitiye icyizere amasezerano ya Roma ashyiraho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC), kuko rubogama.

Yabitangaje mu muhango wo gutangiza imikorere ya televiziyo ya TV5 Monde Afrique mu Rwanda, ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 30 Ukwakira 2017. Ni nyuma y’ikibazo yabajijwe n’umunyamakuru Françoise Joly, abaza ku bijyanye n’icyo u Rwanda ruvuga ku mikorere y’uru rukiko ndetse no ku Burundi.

Nyuma yuko Rudatsimburwa Albert, Umuyobozi wa Contact Radio &TV yibukije Minisitiri Mushikiwabo n’abari bakibajije icyo akivugaho, Mushikiwabo yabikomojeho kuri Twitter.

Ati « U Rwanda ntirufitiye icyizere(ntirwemera) amasezerano ya Roma(ashyiraho ICC), ( le #Rwanda s’est méfié duTraité de Rome,vue la politisation de la justice internationale), nyuma yo kubona ko rubogamiye ku mpamvu za politiki aho gukorera mu murongo nyawo w’ubutabera butabogamye.

Mushikiwabo akomeza avuga ko hari abantu bakurikiranywe n’uru rukiko ariko ngo bitagombye.

-8536.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo

Yongeyeho ati « Hari abari muri urwo rukiko batagombye kuba bariyo, n’abagombye kuba bariyo ariko batajyanyweho. »

Yasoje avuga ko imitekerereze y’u Rwanda kuri icyo kibazo yarenzaho.

Ikinyamakuru Bwiza dukesha iyi nkuru kivuga ko mu bihe bimwe mu byaranze imbwirwaruhame za Perezida Kagame mu myaka itanu kuva mu nteko ya 68 kugeza mu ya 72, yagiye agaruka ku mikoranire n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, imiyoborere, ibibazo by’intambara n’abimukira byugarije Isi n’ibindi.

U Rwanda rwanenze kenshi mu ruhame imikorere ya ICC

Mu ijambo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagejeje ku nteko rusange ya Loni ya 68 yabaye muri Nzeri 2013, yamaganye bikomeye imikorere y’uru rukiko.

Icyo gihe yavuze ko Afurika ishyigikiye umuco wo guhana n’ishyirwaho ry’ubutabera mpuzamahanga, ariko ibya ruriya rukiko byo birangwa no kubogama gukabije iyo bigeze ku Banyafurika.

Ati “[Urukiko rwa ICC] Rwagaragaje ukubogama gukomeye ku Banyafurika, aho guteza imbere ubutabera n’amahoro, rwatsikamiye imbaraga zishyirwa mu gushaka ubwiyunge, rukoza isoni abayobozi bo muri Afurika.”

-8537.jpg

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku nama rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Yatanze urugero ku manza zaregwagamo Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, n’urwa Visi Perezida w’icyo gihugu William Ruto, avuga ko inenge zose z’uru rukiko ziri kwigaragariza muri izo manza.

Ati “Abanyakenya bagaragaje ubushake mu kwivura ibikomere byo mu bihe bishize, bariyunga ubundi bakomeza inzira igana imbere. Ni yo mpamvu batoye abayobozi babayobora kuri ubu.”

U Rwanda ntirwasinye amasezerano ya Roma

Mu mwaka w’2016, Perezida Kagame yasobanuye ko u Rwanda rutasinye amasezerano ya Roma ashyiraho uru rukiko, kubera ko rutumvaga aho ruganisha.

Yagize ati “Numvise uvuga ibintu bya ICC, ntabwo twigeze dusinya muri ICC kubera ko tutumvaga neza aho iganisha, hari abagiyemo bashaka kuvamo, hari abagiyemo baheramo ntacyo bavanamo, ntibazi icyo barimo ariko bahezemo.”

Ibihugu bya Afurika byakunze kunenga imikorere y’uru rukiko, kugeza ubwo bimwe mu bihugu byatangiye kuvana akarenge mu bigengwa n’amasezerano yarwo.

Mu nama ya AU iheruka kubera mu Rwanda mu mwaka w’2016 byari byitezwe ko abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bashoboraga kwemeza gatanya hagati y’urwo rukiko na Afurika, icyakora ntibyabaye ahubwo ibihugu birurimo byahawe umukoro wo kuruvamo hakongererwa ubushobozi urukiko rwa Afurika.

Icyo gihe u Rwanda rwari rwatezwe igisa n’umutego na ICC yarusabye guta muri yombi Perezida wa Sudani, Omar Al Bashir, witabiriye iyi nama. Icyo gihe Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo akaba yaravuze ko nta burenganzira rufite bwo kugira uwo ruta muri yombi, ndetse ko ubusabe bwa ICC ari ugushaka kurangaza abitabiriye inama.

Ati“U Rwanda ntirwasinye ku masezerano ya Roma, bityo nta burenganzira rufite bwo kugira ngo rute muri yombi umuntu uwo ariwe wese ariko ubusabe bwa ICC kuri guverinoma y’u Rwanda mu minsi ibiri ishize, twabufashe nk’ubushaka kuturangaza kandi twari duhuze cyane ku buryo tutari kubona umwanya w’ibyo bintu.”

Ubusanzwe ingingo ya 127 y’amasezerano ya Roma, yemerera igihugu kinyamuryango kwivana muri ayo masezerano ku mpamvu zacyo bwite, kandi uko kwivanamo ntikubangamire ubundi bufatanye bushobora gukenerwa n’urukiko kuri icyo gihugu.

Ibyo biherutse gukorwa n’u Burundi buherutse gutera iyi ntambwe itavugwaho kimwe n’abantu batandukanye. Bamwe bavuga ko ari uguhunga gukurikiranwa ku byaha bijyanye n’ihungabanywa ry’uburenganzira bwa muntu bivugwa muri icyo kibazo.

Uburyo abanyafurika bagaragaza ko badashyigikiye uru rukiko byakajije umurego ubwo rwatangiraga gukurikirana bamwe mu bayobozi ba Kenya; Uhuru Kenyatta na William Ruto, Perezida w’iki gihugu na Visi Perezida we. benshi bumvaga ko rutakurikirana umuntu akiri ku butegetsi.

Mu mpera za 2014 ubwo Kenya yizihizaga isabukuru y’imyaka 51, Perezida Museveni yagize ati “Mu nama y’ubutaha nzatanga icyifuzo gisaba ko ibihugu byose byo ku mugabane w’ Afurika biva mu rukiko rwa ICC”

Ikindi kimenyetso cyo kutarushaka cyagaragaye ubwo Perezida wa Sudan Omar Al- Bashir yacikaga uru rukiko mu gihe ubutabera bw’ Afurika y’Epfo bwari bwasohoye impapuro zo ku kumuta muri yombi nyuma yo kubisabwa na ICC.

Uumwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wamenyekanye cyane mu itangazamakuru no gukurikirana ibya Politiki mpuzamahanga Dr Kayumba Christopher avuga ko urukiko mpuzamahanga rutibasira Afurika ndetse akenshi rukora ibyo Abanyafurika barusabye. Asanga rutazigera rutanga ubutabera bwuzuye kubw’inyungu z’ibihugu bikomeye.

-8538.jpg

Dr Kayumba Christopher

Ati “Icyo nzi ni uko abari muri ruriya rukiko benshi ari abo ku mugabane w’Afurika. Gusa nta gihugu na kimwe ICC yagiye gufatamo umuntu kitabisabye”

Avuga ko Abanyakenya bagiye mu nteko bavuga ko uru rukiko ari rwo ruzabarenganura muri 2008, babonye bikomeye bararwamagana. Museveni nawe uruvumira ku gahera niwe warusabye gufata Joseph Kony ndetse na DR-Congo niyo yifuje ko Bemba atabwa muri yombi.

Yagize ati “Abavuga ko rubogamye ntabwo bazi amateka y’Afurika ndetse nuko aribo babisaba.Gusa urebye Abanyafurika rufata nibo benshi nubwo ugiye no kureba amakimbirane akomeye ku Isi ari naho abarizwa kurusha ahandi”

Uru rukiko rwatangira imirimo yarwo tariki ya 1 Nyakanga 2002, rwakunze kurwanywa n’abategetsi bo muri Afurika bavuga ko rwibasira uyu umugabane bagendeye ku bo uru rukiko rwataye muri yombi n’abo rwaburanishije.

Igihugu cya Gambia cyari cyatangaje ko kigiye kwivana mu masezerano y’uru rukiko ubwo cyaborwaga na Yahya Jammeh, ariko Adama Barrow uyobora iki gihugu yatangaje ko uwabirotaga yakanguka kuko atazabyemera.

Source : Bwiza

2017-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Ubwanditsi 30 May 2017
Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Ubwanditsi 01 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe
INKURU NYAMUKURU

Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Igisirikare cya Uganda cyavuze aho Gen Makenga wayoboraga M23 aherereye
ITOHOZA

Igisirikare cya Uganda cyavuze aho Gen Makenga wayoboraga M23 aherereye

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Mugihe igihugu kitegura icyunamo abarwanya u Rwanda bariye karungu
ITOHOZA

Mugihe igihugu kitegura icyunamo abarwanya u Rwanda bariye karungu

Ubwanditsi 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru