• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Ubwanditsi 16 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu mukino ubanza w’injonjora rya kabiri wo guhatanira itike yo kujya mu matsinda ya CAF Champion league, ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yanganyije na Etoile du Sahel i gitego kimwe kuri kimwe, ni mu mukino wabereye kuri sitade ya Kigali iherereye i Nyamirambo.

Ubwo hari ku munota wa 3, myugariro Fitina Omborenga yateye ku mutwe ashaka kuwukuraho birangira umunyezamu Ishimwe Jean Pierre atunguwe n’ishoti ryatewe na Tayeb Meziani abonera igitego cya mbere ikipe ya Etoile Du Sahel.

Uko umukino wakomezaga niko ikipe y’ingabo z’igihugu yakomezaga guhanahana neza, ibi byaje gutanga umusaruro ubwo hari ku munota wa 41, nibwo rutahizamu wa APR FC akaba na Kapiteni wayo Jacques Tuyisenge yahereje umupira Manishimwe Djabel ayibonera igitego cyo kwishyura.

Iki gitego cya Djabel cyakomeje guherekeza iyi kipe kugeza ubwo hari ku munota wa 45 ubwo amakipe yombi yaba APR FC ndetse na Etoile Sportif du Sahel yo mu gihugu cya Tunisia yagiye ku ruhuka anganya igitego kimwe kuri kimwe.

Mu gice cya Kabiri cy’umukino, ubwo hari ku munota wa 24 nibwo Tuyisenge Jacques yagize ikibazo cy’imvune ubwo bari bamuhaye umupira agerageje kuwuhagarika arawureka bitewe nuko asa nuwagize ikibazo mu kibero cy’ukuguru kw’iburyo, aha Tuyisenge yahise asimburwa na Nshuti Innocent.

Muzindi mpinduka zakozwe ku ruhande rwa APR FC, Mugunga Yves yasimbuye Mugisha Gilbert naho Ishimwe Anicet we yasimbuye Kwitonda Alain uzwi nka Bacca wavuye mu ikipe ya Bugesera FC yo mu karere ka Bugesera.

Biteganyijwe ko umukino wo kwishyura uzaba mu cyumweru gitaha tariki ya 23 Ukwakira 2021, uyu mukino wo uzabera muri mujyi wa Souse wo muri Tunisia.

2021-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”

Kigali: Abantu b’ingeri zose bitabiriye umunsi wa Siporo “Car Free day”

Ubwanditsi 18 Mar 2018
Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!

Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!

Ubwanditsi 04 Feb 2021
“Mr Blue” nta kigira urukundo kubera ubusitari

“Mr Blue” nta kigira urukundo kubera ubusitari

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Cristiano Ronaldo yabujije Portugal amahirwe akomeye, Espagne yigobotora Maroc bigoranye

Cristiano Ronaldo yabujije Portugal amahirwe akomeye, Espagne yigobotora Maroc bigoranye

Ubwanditsi 26 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine
IMIKINO

‘Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika
ITOHOZA

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?
Amakuru

Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru