• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Ubwanditsi 11 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe 2021, hirya no hino ku mugabane w’Afurika hakinirwaga imikino ifungura amatsinda y’irushanwa nyafrika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation, riri gukinwa ku nshuro ya 18.

Mu makipe 16 agabanyije mu matsinda ane, harimo amakipe atatu ari gukina amatsinda ku nshuro yayo ya mbere, Namungo yo muri Tanzaniya yageze mu matsinda isezereye igihangange Primeiro de Agosto yo muri Angola, Napsa Stars yo muri Zambiya yasezereye Gor Mahia na ASC Jaraaf yo muri Sénégal ikaba ari nayo kipe ya mbere yo muri iki gihugu ikinnye amatsinda ya CAF Confederation Cup.

CS Sfaxien na Etoile Sportive du Sahel zo muri Tuniziya niyo makipe amaze gukina imikino y’amatsinda inshuro nyinshi kuko bari gukina inshuro ya munani, CS Sfaxien niyo ibitse ibikombe byinshi (3) mu gihe RS Berkane ibitse igikombe giheruka irimo gukina amatsinda ku nshuro ya kane yikurikiranya.

Al Ahly Benghazi yo muri Libya niyo kipe imwe rukumbi yabashije kubona igitego hanze y’ikibuga cyayo, mu gihe ES Sétif (Entente sportive sétifienne) ariyo kipe yari mu rugo itabashije kubona intsinzi gusa nayo yakiriye Orlando Pirates yo muri Afrika y’epfo kuri stade mpuzamahanga y’i Accra muri Ghana, kubera ubwoko bushya bwa COVID-19 bwagaragaye muri Afrika y’epfo butuma nta mugenzi uva muri iki gihugu wemerewe kwinjira muri Algeria.

Uko imikino yagenze muri rusange:

▪️ Itsinda A

E S Sétif 0-0 Orlando Pirates
Enyimba 2-1 Al Ahly Benghazi
Ibitego bya Enyimba byatsinzwe na Austin Oladapo ku munota wa 9′ na Victor Mbaoma ku munota wa 43′ mu gihe kimwe cya Al Ahly Benghazi cyabonetse kuri penaliti gitsinzwe na Abdallah Imhamed ku munota wa 17′.

▪️ Itsinda B
JS Kabylie 1-0 Coton Sport
Muri uyu mukino hafashwe umwanya wo kwibuka umunya-Cameroon Albert Ebossé Bodjongo wakiniye aya makipe yombi, yitabye Imana kuya 23/08/2014 azize ikintu bivugwa ko yatewe n’abafana ba JS Kabyile bari barakaye, nyuma yo gutsindwa na USM Alger 2-1.

Igitego cya Badredine Souyad cyo mu munota wa 88′ n’icyo cyahesheje JS Kabylie yo muri Algeria imbere ya coton sport yo mur Cameroon.

RS Berkane 2-0 Napsa Stars
RS Berkane yo muri Maroc yatsindiwe na Zakaria Hadraf ku munota wa 12′ na Mouhsine Lajour ku munota wa 44′.

▪️ Itsinda C
CS Sfaxien 1-0 Salitas FC
Club Sportif Sfaxien yo muri Tuniziya yatsinze igitego kuri penaliti yatweyneza na Aymen Harzi ku munota wa 77′, Salitas yo muri Burkina Faso inanirwa kukishyura.

E S Sahel 2-0 ASC Jaraaf

Etoile du Sahel yo muri Tuniziya yatsindiwe na Hamza Lahmar ku munota wa 65′ n’uwa 90′ kuri penaliti

▪️ Itsinda D
Pyramids FC 3-0 Nkana FC

Pyramids FC ikipe yo mu Misiri yatsindiwe ku mukino wa nyuma uheruka yatsindiwe na Mahmoud Wadi ku munota wa kabiri, Issam Issa ku munota wa cyenda na Mohamed Farouk ku munota wa 90′.

Raja Casablanca 1-0 Namungo FC

Raja Casablanca yageze muri ½ cya CAF Champions League iheruka, yananiwe gukomeza mu matsinda ya CAFCL y’uyu mwaka imanuka muri iyi mikino, ni mugoroba yatsindiwe na Soufiane Rahimi wabaye umukinnyi mwiza wa CHAN iheruka kubera muri Cameroon, yatsinze kuri penaliti ku munota wa 54′, Haruna Shamte wa Namungo yabonye ikarita itukura.

Imikino ya kabiri y’amatsinda izagaruka kuwa Gatatu w’icyumweru gitaha tariki ya 17 Werurwe 2021.

2021-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura VS yatomboye Al Hilal Club mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup

Mukura VS yatomboye Al Hilal Club mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Ubwanditsi 26 Feb 2021
Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 25 Nov 2016
REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

Ubwanditsi 16 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.
POLITIKI

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije
Amakuru

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Ubwanditsi 26 Aug 2021
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC
UBUKUNGU

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Ubwanditsi 11 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru