• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Mu mikino ifungura amatsinda y’irushanwa ny’Afurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation Cup, nta kipe n’imwe yari yasohotse yigeze ibona intsinzi.

Ubwanditsi 11 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe 2021, hirya no hino ku mugabane w’Afurika hakinirwaga imikino ifungura amatsinda y’irushanwa nyafrika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo CAF Confederation, riri gukinwa ku nshuro ya 18.

Mu makipe 16 agabanyije mu matsinda ane, harimo amakipe atatu ari gukina amatsinda ku nshuro yayo ya mbere, Namungo yo muri Tanzaniya yageze mu matsinda isezereye igihangange Primeiro de Agosto yo muri Angola, Napsa Stars yo muri Zambiya yasezereye Gor Mahia na ASC Jaraaf yo muri Sénégal ikaba ari nayo kipe ya mbere yo muri iki gihugu ikinnye amatsinda ya CAF Confederation Cup.

CS Sfaxien na Etoile Sportive du Sahel zo muri Tuniziya niyo makipe amaze gukina imikino y’amatsinda inshuro nyinshi kuko bari gukina inshuro ya munani, CS Sfaxien niyo ibitse ibikombe byinshi (3) mu gihe RS Berkane ibitse igikombe giheruka irimo gukina amatsinda ku nshuro ya kane yikurikiranya.

Al Ahly Benghazi yo muri Libya niyo kipe imwe rukumbi yabashije kubona igitego hanze y’ikibuga cyayo, mu gihe ES Sétif (Entente sportive sétifienne) ariyo kipe yari mu rugo itabashije kubona intsinzi gusa nayo yakiriye Orlando Pirates yo muri Afrika y’epfo kuri stade mpuzamahanga y’i Accra muri Ghana, kubera ubwoko bushya bwa COVID-19 bwagaragaye muri Afrika y’epfo butuma nta mugenzi uva muri iki gihugu wemerewe kwinjira muri Algeria.

Uko imikino yagenze muri rusange:

▪️ Itsinda A

E S Sétif 0-0 Orlando Pirates
Enyimba 2-1 Al Ahly Benghazi
Ibitego bya Enyimba byatsinzwe na Austin Oladapo ku munota wa 9′ na Victor Mbaoma ku munota wa 43′ mu gihe kimwe cya Al Ahly Benghazi cyabonetse kuri penaliti gitsinzwe na Abdallah Imhamed ku munota wa 17′.

▪️ Itsinda B
JS Kabylie 1-0 Coton Sport
Muri uyu mukino hafashwe umwanya wo kwibuka umunya-Cameroon Albert Ebossé Bodjongo wakiniye aya makipe yombi, yitabye Imana kuya 23/08/2014 azize ikintu bivugwa ko yatewe n’abafana ba JS Kabyile bari barakaye, nyuma yo gutsindwa na USM Alger 2-1.

Igitego cya Badredine Souyad cyo mu munota wa 88′ n’icyo cyahesheje JS Kabylie yo muri Algeria imbere ya coton sport yo mur Cameroon.

RS Berkane 2-0 Napsa Stars
RS Berkane yo muri Maroc yatsindiwe na Zakaria Hadraf ku munota wa 12′ na Mouhsine Lajour ku munota wa 44′.

▪️ Itsinda C
CS Sfaxien 1-0 Salitas FC
Club Sportif Sfaxien yo muri Tuniziya yatsinze igitego kuri penaliti yatweyneza na Aymen Harzi ku munota wa 77′, Salitas yo muri Burkina Faso inanirwa kukishyura.

E S Sahel 2-0 ASC Jaraaf

Etoile du Sahel yo muri Tuniziya yatsindiwe na Hamza Lahmar ku munota wa 65′ n’uwa 90′ kuri penaliti

▪️ Itsinda D
Pyramids FC 3-0 Nkana FC

Pyramids FC ikipe yo mu Misiri yatsindiwe ku mukino wa nyuma uheruka yatsindiwe na Mahmoud Wadi ku munota wa kabiri, Issam Issa ku munota wa cyenda na Mohamed Farouk ku munota wa 90′.

Raja Casablanca 1-0 Namungo FC

Raja Casablanca yageze muri ½ cya CAF Champions League iheruka, yananiwe gukomeza mu matsinda ya CAFCL y’uyu mwaka imanuka muri iyi mikino, ni mugoroba yatsindiwe na Soufiane Rahimi wabaye umukinnyi mwiza wa CHAN iheruka kubera muri Cameroon, yatsinze kuri penaliti ku munota wa 54′, Haruna Shamte wa Namungo yabonye ikarita itukura.

Imikino ya kabiri y’amatsinda izagaruka kuwa Gatatu w’icyumweru gitaha tariki ya 17 Werurwe 2021.

2021-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

Ubwanditsi 11 Jul 2018
Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ubwanditsi 11 Jun 2025
Hitegurwa shampiyona ya Besketball 2023, abakinnyi 6 bongerewe amasezerano muri APR WBBC

Hitegurwa shampiyona ya Besketball 2023, abakinnyi 6 bongerewe amasezerano muri APR WBBC

Ubwanditsi 12 Jan 2023
Tour du Rwanda 2020: Tesfatsion yegukanye agace ka Rusizi-Rubavu, anafata umwambaro w’umuhondo

Tour du Rwanda 2020: Tesfatsion yegukanye agace ka Rusizi-Rubavu, anafata umwambaro w’umuhondo

Ubwanditsi 27 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe
Mu Mahanga

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe

Ubwanditsi 04 May 2016
Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we
INKURU NYAMUKURU

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Ubwanditsi 04 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru