• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Ubwanditsi 02 Jan 2016 Mu Rwanda

Perezida Pierre Nkurunziza yemeza ko u Burundi butifuza umubano mubi n’u Rwanda ndetse ko nta kibazo afitanye na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukuboza 2015 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ba radiyo zitandukanye zumvikana mu Burundi nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’Ingoro y’Umukuru w’Igihugu w’u Burundi.

Aho yahuriye n’amanyamakuru mu gace ka Gitega, Nkurunziza, mu magambo ye bwite, yagize ati “Nta kabi na kamwe kazova mu Burundi kaja kubanganira n’u Rwanda. Abanyarwanda ni ababanyi dusangiye vyinshi, amata… Nta mubano mubi twifuza. Umubanyi ni we muryango, ararivumereye nta mubano mubi dushaka ku Rwanda dutegerezwa kubana neza.”

Ubwo umunyamakuru yamubaza kuri Perezida Kagame, Nkurunziza yijeje ko nta kibazo gihari hagati ye na Perezida Kagame, ahubwo ngo ntawema kumusengera nk’umuyobozi washyizweho n’Imana.

Muri iki kiganiro kandi Perezida Nkurunziza yemeje nta kibazo cy’ubwoko kiri mu Burundi ashimangira ko umukoloni w’Umubiligi ari we wazanye amoko mu Burundi kugira ngo abone uko ategeka abantu bafite umwiryane.

-1540.jpg

Perezida Pierre Nkurunziza

Yagarutse kandi ku ngabo zishinzwe kubungabunga amahoro z’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika zishobora koherezwa muri iki gihugu, aho yagize ati “Abarundi n’u Burundi ntidukeneye ibigwanisho, dukeneye iterambere.” Ashimangira ko nta ngabo z’amahanga zikenewe ku butaka bw’u Burundi kuko nta mpande zishyamiranye.

Nkurunziza yabajijwe niba hari iperereza ryakozwe ku batwitse amaradiyo mu gihe cy’imvururu, maze avuga ko “amaradio yaturiwe n’abashatse guhirika ubutegetsi, ahubwo ni ukubahiga aho bari hose ngo bahanwe.”

Yasabye abashatse kumuhirika ku butegetsi ko bataha bakaburana nk’abagabo ndetse bagasaba imbabazi.

Abarundi batandukanye bagiye bakwirakwiza ibivugirwa mu kiganiro Perezida wabo yagiranaga n’abanyamakuru, babinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, bakoresheje hashtag yitwa #Ikiyago.

Ni ubwa mbere Perezida Nkurunziza akoresheje ikiganiro n’abanyamakuru kuva imvururu zatangira muri Mata uyu mwaka aho yanahaye rugari Abarundi bagahamagara bakamubaza ibibazo ku murongo wa telefone.

Yabijeje ko nta kibazo cy’ingengo y’imali u Burundi buzagira, ati “dufite inshuti, bamwe nibagenda, abandi bazaza.”

-1541.jpg

Abanyamakuru mukiganiro na Perezida Nkurunziza

-1542.jpg
Abarundi barenga ibihumbi 100 bamaze guhunga ibibera mu gihugu cyabo kuva muri Mata uyu mwaka, aho abasaga ibihumbi 70 bahungiye mu Rwanda, abandi bahungira muri Tanzania n’ahandi.

Imvururu zo mu Burundi zatangiye ubwo Perezida Nkurunziza yatangazaga ko aziyamamariza kuyobora u Burundi manda ya gatatu; ibintu bitavuzwe rumwe n’abantu banyuranye muri iki gihugu bamushinjaga guhonyora Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ndetse n’amasezerano ya Arusha.

Source: izuba Rirashe

2016-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Ubwanditsi 03 Jun 2025
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Ubwanditsi 03 Sep 2017
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage uko bitwaye muri Tour du Rwanda 2017

Ubwanditsi 21 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije
UBUKERARUGENDO

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.
Amakuru

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru