• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CNLG yashimye intambwe yatewe na Papa Francis mu mbabazi yasabye zikirimo icyuho

CNLG yashimye intambwe yatewe na Papa Francis mu mbabazi yasabye zikirimo icyuho

Ubwanditsi 21 Mar 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yishimiye intambwe yatewe n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yo gusabira imbabazi Kiliziya n’abayoboke bayo kubw’uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, igaragaza ko mu butumwa bwe yibagiwe abakomeje gupfobya iyo Jenoside.

Kuwa Mbere nibwo Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko i Vatican bakirwa na Papa Francis. Mu biganiro byahuje impande zombi, Umushumba wa Kiliziya Gatolika yasabye Imana imbabazi ku byaha ndetse no gutsindwa kwa Kiliziya n’abayo, barimo n’abihayimana batwawe n’urwango n’ubugizi bwa nabi, bagatatira inshingano zabo z’iyogezabutumwa bakagira uruhare mu byabereye mu Rwanda.

Mu kiganiro Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iyo Komisiyo, Dr. Jean Damascene Bizimana, yagiranye na RBA, yavuze ko ari intambwe ikomeye Papa yateye kuko yasabiye imbabazi Kiliziya yose, bitandukanye n’ibyari byakozwe n’Abasenyeri Gatolika mu mpera z’umwaka ushize.

Yagize ati “Ni intambwe nziza Papa umuyobozi wa Kiliziya Gatolika yateye kuko duhereye nko muri 96 Papa Yohani Pawulo II, yari yasabye ko Kiliziya y’u Rwanda ndetse n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagira ubutwari bwo kwemera uruhare rwabo ndetse bakanabisabira imbabazi.”

Akomeza avuga ko imbabazi za Papa zigaragaza ko yemeye ko Kiliziya nk’urwego hari uruhare ifite muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hari ibyaha yishinja inasabira imbabazi.

Yagize ati “Iyo niyo ntambwe ya mbere tubona ikomeye, kwemeza ko urwego rwa Kiliziya hari aho rwateshutse no kwemera ko mu bihayimana harimo abantu bakoze Jenoside. Ni intambwe nziza tubona ishobora gufasha mu gukemura icyo kibazo abantu benshi banengaga.”

Hari abihayimana bagiye bakatirwa n’inkiko nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, Dr Bizimana asanga imbabazi za Papa Francis zishimangira ibyo inkiko zamaze kwemeza bamwe barimo; Padiri Seromba Athanase wahanishijwe igihano cya burundu n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, ababikira b’i Sovu baciriwe urubanza mu Bubiligi, abapadiri bari mu Rwanda n’abandi.

Itandukaniro ku mbabazi za Papa Francis n’iza Papa Yohani Pawulo II?

Hashize imyaka 21 Papa Yohani Pawulo II asabye ko abihayimana bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku giti cyabo, bagomba kugira ubutwari bwo gukurikiranwa mu nkiko kandi bakabyemera.

Bizimana avuga ko icyo Kiliziya yo mu Rwanda n’izo mu mahanga zitakoze icyo gihe ari ugufasha abo bihayimana gutera iyo ntambwe kuko hagiye habaho kubarinda. Atanga urugero rwa Padiri Munyeshyaka ukomeje gukingirwa ikibaba na Kiliziya yo mu Bufaransa.

Yongeraho ko imbabazi za Papa Francis zitandukanye na ziriya za Yohani Pawulo II, kuko yemeye ko Kiliziya nk’umuryango yateshutse ku nshingano zayo.

Yagize ati “Papa Francis icyo akoze ni ugutera indi ntambwe ivuga ko abihayimana bakoze ibyaha ku giti cyabo bagomba no kubikurikiranwaho ariko noneho Kiliziya nk’umuryango, nk’urwego, nayo ifite ibintu yateshutseho igomba kwemera nk’aho ari uruhare rwayo ikarwakira, ikarusabira imbabazi, rugakurikiranwa. Iyo niyo ntambwe ikomeye.”

Hari abapfuye bagitegereje imbabazi za Kiliziya

Kiliziya Gatolika isabye imbabazi mu gihe Abanyarwanda bitegura kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi. Bizimana asanga byaratinze kuko hari abantu benshi bitabye Imana barimo abacitse ku icumu bari barifuje ko izo mbabazi za Kiliziya zisabwa.

Yagize ati “Kuba imbabazi zisabwe nyuma y’imyaka 23 byagombye kuba byarakozwe kera, mbona byaratinze, gusa n’ubundi ikiruta ni uko byaba kurusha y’uko byari gukomeza uko biteye.”

Icyuho mu mbabazi za Papa Francis

Bizimana avuga ko imbabazi za Papa Francis zigaragaza ko ari umuntu ukurikiza ukuri kandi washishoje akabona uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu byabaye mu Rwanda, cyane cyane ibikorwa bya Musenyeri Class na Padiri Perraudin bandikaga inyandiko z’urwango mu izina rya Kiliziya.

Icyakora ashimangira ko ubutumwa bwa Papa Francis nubwo ari bwiza burimo icyuho kuko nta kintu avuga ku bihayimana bapfobya banahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ipfobya n’ihakana ntaho ritaniye na Jenoside ubwayo.

-6145.jpg

Dr. Bizimana J. Damascene

2017-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Ubwanditsi 20 Jul 2021
Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Ubwanditsi 09 Dec 2025
Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Ubwanditsi 30 Jun 2021
RNC n’abayigize bafashwe bate muri Afurika y’Epfo

RNC n’abayigize bafashwe bate muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 09 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi
Mu Mahanga

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Ubwanditsi 17 May 2016
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR
Amakuru

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Ubwanditsi 09 Dec 2022
Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru