• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CNLG yashimye intambwe yatewe na Papa Francis mu mbabazi yasabye zikirimo icyuho

CNLG yashimye intambwe yatewe na Papa Francis mu mbabazi yasabye zikirimo icyuho

Editorial 21 Mar 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yishimiye intambwe yatewe n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yo gusabira imbabazi Kiliziya n’abayoboke bayo kubw’uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, igaragaza ko mu butumwa bwe yibagiwe abakomeje gupfobya iyo Jenoside.

Kuwa Mbere nibwo Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko i Vatican bakirwa na Papa Francis. Mu biganiro byahuje impande zombi, Umushumba wa Kiliziya Gatolika yasabye Imana imbabazi ku byaha ndetse no gutsindwa kwa Kiliziya n’abayo, barimo n’abihayimana batwawe n’urwango n’ubugizi bwa nabi, bagatatira inshingano zabo z’iyogezabutumwa bakagira uruhare mu byabereye mu Rwanda.

Mu kiganiro Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iyo Komisiyo, Dr. Jean Damascene Bizimana, yagiranye na RBA, yavuze ko ari intambwe ikomeye Papa yateye kuko yasabiye imbabazi Kiliziya yose, bitandukanye n’ibyari byakozwe n’Abasenyeri Gatolika mu mpera z’umwaka ushize.

Yagize ati “Ni intambwe nziza Papa umuyobozi wa Kiliziya Gatolika yateye kuko duhereye nko muri 96 Papa Yohani Pawulo II, yari yasabye ko Kiliziya y’u Rwanda ndetse n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagira ubutwari bwo kwemera uruhare rwabo ndetse bakanabisabira imbabazi.”

Akomeza avuga ko imbabazi za Papa zigaragaza ko yemeye ko Kiliziya nk’urwego hari uruhare ifite muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hari ibyaha yishinja inasabira imbabazi.

Yagize ati “Iyo niyo ntambwe ya mbere tubona ikomeye, kwemeza ko urwego rwa Kiliziya hari aho rwateshutse no kwemera ko mu bihayimana harimo abantu bakoze Jenoside. Ni intambwe nziza tubona ishobora gufasha mu gukemura icyo kibazo abantu benshi banengaga.”

Hari abihayimana bagiye bakatirwa n’inkiko nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, Dr Bizimana asanga imbabazi za Papa Francis zishimangira ibyo inkiko zamaze kwemeza bamwe barimo; Padiri Seromba Athanase wahanishijwe igihano cya burundu n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, ababikira b’i Sovu baciriwe urubanza mu Bubiligi, abapadiri bari mu Rwanda n’abandi.

Itandukaniro ku mbabazi za Papa Francis n’iza Papa Yohani Pawulo II?

Hashize imyaka 21 Papa Yohani Pawulo II asabye ko abihayimana bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku giti cyabo, bagomba kugira ubutwari bwo gukurikiranwa mu nkiko kandi bakabyemera.

Bizimana avuga ko icyo Kiliziya yo mu Rwanda n’izo mu mahanga zitakoze icyo gihe ari ugufasha abo bihayimana gutera iyo ntambwe kuko hagiye habaho kubarinda. Atanga urugero rwa Padiri Munyeshyaka ukomeje gukingirwa ikibaba na Kiliziya yo mu Bufaransa.

Yongeraho ko imbabazi za Papa Francis zitandukanye na ziriya za Yohani Pawulo II, kuko yemeye ko Kiliziya nk’umuryango yateshutse ku nshingano zayo.

Yagize ati “Papa Francis icyo akoze ni ugutera indi ntambwe ivuga ko abihayimana bakoze ibyaha ku giti cyabo bagomba no kubikurikiranwaho ariko noneho Kiliziya nk’umuryango, nk’urwego, nayo ifite ibintu yateshutseho igomba kwemera nk’aho ari uruhare rwayo ikarwakira, ikarusabira imbabazi, rugakurikiranwa. Iyo niyo ntambwe ikomeye.”

Hari abapfuye bagitegereje imbabazi za Kiliziya

Kiliziya Gatolika isabye imbabazi mu gihe Abanyarwanda bitegura kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi. Bizimana asanga byaratinze kuko hari abantu benshi bitabye Imana barimo abacitse ku icumu bari barifuje ko izo mbabazi za Kiliziya zisabwa.

Yagize ati “Kuba imbabazi zisabwe nyuma y’imyaka 23 byagombye kuba byarakozwe kera, mbona byaratinze, gusa n’ubundi ikiruta ni uko byaba kurusha y’uko byari gukomeza uko biteye.”

Icyuho mu mbabazi za Papa Francis

Bizimana avuga ko imbabazi za Papa Francis zigaragaza ko ari umuntu ukurikiza ukuri kandi washishoje akabona uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu byabaye mu Rwanda, cyane cyane ibikorwa bya Musenyeri Class na Padiri Perraudin bandikaga inyandiko z’urwango mu izina rya Kiliziya.

Icyakora ashimangira ko ubutumwa bwa Papa Francis nubwo ari bwiza burimo icyuho kuko nta kintu avuga ku bihayimana bapfobya banahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ipfobya n’ihakana ntaho ritaniye na Jenoside ubwayo.

-6145.jpg

Dr. Bizimana J. Damascene

2017-03-21
Editorial

IZINDI NKURU

Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Editorial 21 Jan 2022
Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Editorial 07 Feb 2016
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Editorial 04 Jun 2021
Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Editorial 27 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru