• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Prophet Fire [ Pastor Bosco ] avuye i Burayi ahatangije itorero Patmos ndetse ngo ibitangaza byarakoretse

Prophet Fire [ Pastor Bosco ] avuye i Burayi ahatangije itorero Patmos ndetse ngo ibitangaza byarakoretse

Ubwanditsi 12 Oct 2017 Mu Rwanda

Pastor Bosco Nsabimana umuyobozi mukuru w’itorero Patmos of Faith church avuye i Burayi muri gahunda z’ivugabutumwa nkuko yabitangarije Itangazamakuru. Uyu mukozi w’Imana avuga ko avuye i Burayi ahatangije itorero.

Prophet Fire wagiye i burayi tariki 18/9/2017, agarutse mu Rwanda nyuma y’ibyumweru bibiri amazeyo (iminsi 15) aho yazengurutse ibihugu bitandukabye by’uyu mugabane birimo: u Busuwisi, Suwede na Danmark. Mu kiganiro na Inyarwanda.com, dukesha iyi nkuru Prophet Fire yatangaje ko usibye kuvuga ubutumwa kuri uyu mugabane, yanatangije itorero Patmos of Faith church ku mugabane w’iburayi mu gihugu cya Danemark.

-8324.jpg

Akiza abamugaye

Prophet Fire yashimiye Imana yabanye nawe benshi bakakira agakiza. Yagize ati: “Nakozwe ku mutima na byinshi, benshi bakiriye Yesu abandi bakira indwara zitandukanye.” Yakomeje avuga ko yatangije itorero i burayi. Yagize ati: “Nafunguye Patmos muri Danemark, Suwede naho ndatangizayo itorero vuba cyane.” Prophet Fire avuga ko itorero Patmos of Faith church yatangije muri Danemark riri kuyoborwa n’umupasiteri yasize yimitse ari we Pastor Nzigiyamana Frank. Prophet Fire avuga ko Imana yabanye nawe i Burayi asengera benshi bakira indwara zitandukanye ndetse ngo yamukoresheje ibitangaza byinshi. Yagize ati:

“Abanyarwanda basoma Ibinyamakuru muhabwe umugisha n’Imana. Yesu uko yari ejo ni uyu munsi ni ko akiri, nabonye ukuboko kw’Imana mu gihugu cy’u Busuwisi aho nageze tukabasha gusengera abantu benshi bakabohoka bakakira imbaraga z’Imana n’ubuhanuzi buvuye k’Uwiteka, abandi bakira indwara zitandukanye. Naje kuhava nkomereza mu gihugu cya Danemark aho nageze i Copenhgen, Imana yadukoresheje imirimo itandukanye ku buryo bufatika ntabwo navuga ngo ni igipimo kingana gutya ariko ukuboko kw’Imana kurahari, hamaze gukizwa abantu batanu, abo ni abemeye Yesu Kristo kandi ni abirabura ndetse n’abazungu, Uwiteka Imana yaduhaye ubw bubasha. Nakomereje no mu gihugu cya Suwede, Imana iratwiyereka “.

Kuri ubu Prophet Bosco Nsabimana (Prophet Fire) ari kubarizwa mu Rwanda akaba akomereje umurimo w’Imana muri Patmos of Faith church ku Muhima nkuko yabidutangarije.

Prophet Bosco Nsabimana ni umwe mu bapasiteri bazwi cyane mu Rwanda nyuma yo guhamya ko amaze gusengera abantu batatu bapfuye bakazuka. Si abo gusa ahubwo Pastor Fire avuga ko hari abo yasengeye bagakira indwara zari zarananiye abaganga zirimo SIDA, Cancer n’izindi.

[ Amafoto y’Iburayi ]

-8325.jpg

-8324.jpg

-8326.jpg

-8327.jpg

-8328.jpg

-8329.jpg

-8330.jpg

-8331.jpg

2017-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tuyishime Placide uyobora ikipe ya Musanze FC yamaganywe n’urugaga rw’abatoza kubera kwirukana Seninga Innocent.

Tuyishime Placide uyobora ikipe ya Musanze FC yamaganywe n’urugaga rw’abatoza kubera kwirukana Seninga Innocent.

Ubwanditsi 26 May 2021
Hari abaturage bategereje Mpayimana baramubura (yasobanuye icyabimuteye)

Hari abaturage bategereje Mpayimana baramubura (yasobanuye icyabimuteye)

Ubwanditsi 16 Jul 2017
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Ubwanditsi 21 Jan 2020
Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore
HIRYA NO HINO

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Umusirikare wa Congo uherutse gufatirwa mu Rwanda yasubijwe iwabo
HIRYA NO HINO

Umusirikare wa Congo uherutse gufatirwa mu Rwanda yasubijwe iwabo

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru