• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

Ubwanditsi 30 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Victoire Ingabire aherutse gushinga Ishyaka rishya riharanira iterambere n’ubwisanzure kuri bose (Development and Liberty For All), DALFA. Nkuko bigaragara Ingabire Victoire akaba yararibatije izina ry’Ikinyarwanda ariryo “Umurinzi”. Muri iyi nyandiko harasobanurwa impamvu Ingabire Victoire yise ishyaka rye « Umurinzi » n’icyo agamije ashyiraho ishyaka rishya.

Nkuko bizwi kwita izina ni gahunda  ibanza gutekerezwaho byaba mu muhango wo kwita umwana izina, guhitamo izina rya sosiyete cyangwa koperative n’ibindi. Urugero, nko mu muhango wo kwita umwana izina, umuryango uhitamo izina yitwa bitewe n’impamvu zitandukanye nk’ibihe bigezweho icyo gihe, bibabaje cyangwa bishimishije, uko uwo muryango ubana n’abaturanyi, ibihe by’ibyago cyangwa ibyiringiro umuryango waciyemo n’ibindi.

Ingabire Victoire yita ishyaka rye « Umurinzi » nawe yagendeye ku mpamvu nk’izo ariko zikaba zihariye kuko ziri mu rwego rwa politiki zikaba zinagaragaza imyumvire yihariye ya Ingabire n’ibyo yifuriza iki gihugu cy’u Rwanda.

Igitekerezo gihuriweho n’abasesenguzi benshi ni uko « Umurinzi » ari izina Ingabire Victoire yahisemo ari mu bihe byo gutsindwa. Mbere yari umuyobozi wa FDU Inkingi ishyaka rirwanya Leta y’u Rwanda rikaba ryari ryarifatanyije na P5 muri gahunda yo gutera no guhungabanya umutekano w’u Rwanda. P5 ikaba mu by’ukuri yarashegeshwe n’ibitero byayigabweho mu minsi yashize ndetse bihitana benshi barimo n’abayobozi bakuru b’imitwe bafatanyaga nka RNC, FDLR, RUD urunana n’iyindi.

Gusa kuba Ingabire Victoire yarashinze DALFA – Umurinzi ntibivuze na gato ko yavuye muri FDU Inkingi, ahubwo ni ukwanga kuguma yigaragaza nk’umuntu uhagarariye ishyaka ryatsinzwe, rifite kandi ryamanye imigambi mibisha ku Rwanda ubu atuyemo ndetse rifite icyasha gikomeye cyo kuba ryaragerageje inshuro nyinshi gahunda yo gutera u Rwanda no guhungabanya umutekano warwo.

Byumvikane neza ko DALFA – Umurinzi ari « version nshya » ya FDU Inkingi aya mashyaka yombi akaba ahuje neza ingengabitekerezo ishingiye ku macakubiri no kuzura ingengabitekerezo ya Jenoside.

Igishya ni uko ipfundo ry’iyo ingengabitekerezo Ingabire Victoire yarisobetse mw’izina yahaye Ishyaka rye rishya ari ryo « Umurinzi » maze aripfundika mu buryo bukurikira:

Ubusanzwe « Umurinzi » ni izina rizwi mu mihango itakigezweho yo kubandwa no guterekera. Abemera iyi mihango bayikoraga biyambaza abantu babo bapfuye bafataho urugero cyangwa bemera nk’intwari zabo. Muri iyi mihango igiti cy’umuko ari cyo kitwa “umurinzi” kirazirikanwa kandi kigahabwa agaciro gakomeye kuko ababandwa barakiramya kuko ngo cyaramiye Lyangombe (uwo abemera kubandwa no guterekera biyambaza) ubwo imbogo yamukubitaga ihembe ikamujugunya mu kirere akagwa mu mashami yacyo (umuko=umurinzi) mbere y’uko apfa.

Bityo mu kwita ishyaka rye « umurinzi » yapfunditsemo ingingo ebyiri : (1) Kwibuka, guterekera no gushima « abasekuruza be » no (2) gushyiraho ikimenyetso cyangwa ihuriro (ishyaka) (DALFA – Umurinzi) ry’ibitekerezo n’ingengabitekerezo nk’iy’abasekuruza « ideologique » ba Ingabire. Hano byumvikane neza ko abasekuruza ba Ingabire bavugwa atari ab’umubiri (biologique) ahubwo ni abasekuruza mu buryo ideologique/politiki.

Tugerageje kubisesengura mu gihe, abasekuruza ideologique/politiki ba Ingabire Victore si abo ku butegetsi buriho ubu mu Rwanda (Bw’Umuryango FPR Inkotanyi n’andi mashyaka bafatanyije), kuko ubutegetsi buriho ubu mu Rwanda Ingabire Victoire ntabwemera ndetse aranaburwanya.

Ahubwo ukurikije umurongo ideologique wa FDU Inkingi na DALF- Umurinzi Ingabire kwita ishyaka rye « Umurinzi » ni ukwibuka, kuzirikana, guterekera abasekuruza be ideologique/politique ba kera ba MDR PARMEHUTU, MRND, CDR, RDR, ALIR…. kuko aya mashyaka niyo yari afite umurongo nk’uwa Ingabire Victoire hamwe n’amashyaka ye: FDU Inkingi na DALF – Umurinzi.

Hejuru y’ibyo Ingabire Victoire anagamije kohereza ubutumwa muri rubanda (public) ababwira ko agamije kubaramira, kubacungura, kubakiza nkuko igiti cy’umurinzi (Umuko) cyaramiye Lyangombe amagara ye yatewe hejuru ari hafi gupfa (imbogo imaze kamukubita ihembe ikamujugunya hejuru akagwa mu giti cy’umuko ariwo murinzi).

Mu kwita ishyaka rye «umurinzi » kandi anakoresha igereranya risebya yohereza ubutumwa mu mitwe y’abantu agamije gutuka ubutegetsi bw’u Rwanda avuga ko bumereye nabi abaturage, bityo « umurinzi » nk’ishyaka rye rikaba rije kubacungura no kubaramira (nkuko umuko=umurinzi waramiye Lyangombe).

Mu izina « umurinzi » Ingabire Victoire yanapfunditsemo  uburyo azakora icengezamatwara (mobilisation) : Mu bihe bya kera Umuko (umurinzi) ni igiti wanasangaga giteye kuri buri rugo. Ibyo byahaye ishusho (inspiration) Ingabire y’uburyo yazajya akora ubukangurambaga « mobilization », akaba yifuza kuyikora mu buryo buteruye (ibanga) akoresheje uburyo kugenda no kwinjira mu muryango ku muryango (door to door) nkuko icyo giti (umuko=umurinzi) cyagaragaraga ku rugo ku rundi mu bihe byo hambere.

Gusa Ingabire Victoire yiteze Imbogamizi yo kuba ishyaka rye rishobora kutazemererwa gukora kubera ibitekerezo bibi rihishiriye. Ikindi   yiteze ni uko  ubukangurambaga bushobora  kuzamugora kuko ubu abaturage b’u Rwanda bagizwe ahanini n’urubyiruko rutazi kandi rutanakeneye izo politiki mbi za kera Ingabire Victoire iganishaho yita ishyaka rye “Umurinzi”.

Muri make nyuma yo gutsindwa kwa P5 yari ibumbiyemo amashyaka harimo n’irya Ingabire Victore, yashinze  DALF – Umurinzi agamije kwihisha mw’isura nshya ariko mu by’ukuri ibitekerezo ntibyahindutse.

Ingabire Victoire agamije ahanini kubyutsa amatwara ya politiki z’amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside nk’ibyaranze ibihe ubutegetsi bya kera bya MDR PARMEHUTU, MRND, CDR. Aranakoresha izina ry’ishyaka agaragaza Leta y’u Rwanda nabi akanagaragaza ko DALF – Umurinzi yababera Abanyarwanda umucunguzi.  Rimwe na rimwe kugirango wumve neza ikivugwa bisaba kurenga icyo amagambo avuga mu buryo busanzwe, ahubwo ukayahuza n’ibindi biriho (events) bityo ukamenya icyo uvuga agamije. Kubw’iyo mpamvu “umurinzi” wa Ingabire Victoire ntaho uhuriye no kurinda nko kurinda Igihugu n’ Abanyarwanda ahubwo ugamije kubatanya, kubasenya no kubasubiza inyuma.

Yanditswe na: E.The Sociolinguist

2019-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe

Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 31 Jan 2020
Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Ubwanditsi 28 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka
ITOHOZA

Kenya: Gen Kale Kayihura Uri Mu Bitaro Arinzwe Bikomeye Hirindwa Ko Yatoroka

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari
UBUKUNGU

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘
Mu Rwanda

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Ubwanditsi 30 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru