• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Ubwanditsi 30 Apr 2017 Mu Rwanda

Umutekamutwe Bishop Nkurikiyumukiza Jean de Dieu [ Uzwi cyane ku izina rya Imanizabayo ] wiyita Umuhanuzi n’abandi ba Pasiteri babiri barashinjwa gutekera imitwe umugabo witwa Christopher bakamurya amafaranga, bamubeshya ko ari abahanuzi bamubwira ko hari ibintu bamuteze mu buriri bwe kandi ari bo bari babishyizemo, bakamubwira ko yabaha amafaranga bakajya kubijunya muri Uganda.

Amakuru agera ku kinyamakuru Rushyashya .net avuga ko magingo aya aba ba Pasiteri uko ari batatu bari mu maboko ya polisi kuri station ya Polisi ya Kicukiro ndetse bakaba bamazemo iminsi.

Amakuru dufite ni uko ko bari kwemera icyaha bashinjwa. Bishop Nkurikiyumukiza Jean de Dieu nyuma yo kuva mu itorero Umusozi w’Ibyiringiro, kuri ubu bivugwa ko nta torero afite abarizwamo nkuko Rushyashya.net yabitangarijwe n’umwe mu bahasengeraga w’inshuti ye ya hafi utifuje ko dutangaza izina rye.

Uko ikibazo giteye

Nkurikiyumukiza Jean de Dieu Alias Imanizabayo, wahoze akorera mu itorero Umusozi w’ibyiringiro rikuriwe na Apotre Liliane Mukabandege, ubu butekamitwe ashinjwa yari abufatanyije na Pastor Siriyake n’undi mupasiteri tutabashije kumenya izina rye ndetse na Bishop Imanizabayo avuga ko atamwibuka izina.

-6429.jpg

Bagendagenda mungo biyita abahanuzi, benshi mu bapasiteri twabajije uyu mupasiteri wa gatatu tukabereka ifoto ye, bavuze ko batamuzi.

Tariki 15 Mata 2017 ni bwo aba bapasiteri bagiye i Kabuga gusengera umuntu witwa Christopher bagenda bitwaje ibintu mu mifuka bamubwira ko hari ibintu abanzi be bamuteze biri mu buriri.

Abo bapasiteri bagezeyo ngo bashyira mu buriri bya bintu bari bitwaje, barongera babikuramo, bamubwira ko bazajya kubijugunya muri Uganda. Icyo gihe bamwatse itike, abaha amafaranga 180.000 Frw barayarya. Nyuma yaho baje gusubirayo bajyanye ibindi bintu arabafata.

Bishop Imanizabayo [ CHEF DE BANDE ] nyuma yo gutabwa muri yombi na Polisi, yasabye imbabazi ndetse yemera icyaha yakoze nk’uko birI mu ijwi rye.

Mu itorero Umusozi w’Ibyiringiro hakunze kuvugwa bene ubu butekamutwe, amarozi , kuraguza n’ibindi nkibyo rushyashya .net yagerageje kuvugana na Apotre Liliane Mukabadege ngo tumubaze ku bivugwa kuri Bishop Imanizabayo wahoze ari umwe mu ba Pasiteri bafatanyaga kuyobora itorero Umusozi w’Ibyiringiro, ntitwabasha kumubona kuri terefone ye igendanwa kuku atigeze ayitaba.

Ibi bintu by’ubutekamutwe mu buhanuzi bireze hano mu Rwanda, byagiye bitera amakimbirane mu miryango, gusenya ingo, urwikekwe mu miryango, ubusambanyi kuko hari abagore basambanyirizwa mu byumba by’amasengesho, ubukene n’ibindi… kuko aba biyita abakozi b’Imana hari abo bategeka kugirisha n’ ibyo mu nzu batabyumvikanyeho n’abo bashakanye.

Abandi basigaye babaha imbago z’ibicumba bakamara igihe runaka babigisha uko bazacumbagira mu materaniro noneho bakaza kuvuga ko umwuka wabakozeho bagakira, abandi bakiturahasi ngo barimo abadayimoni. Ibi byose ari ubutekamutwe.

2017-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019
Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Ubwanditsi 29 Jul 2022
Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Ubwanditsi 24 Apr 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

Ubwanditsi 04 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija
ITOHOZA

Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose
Amakuru

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw
UBUKUNGU

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Ubwanditsi 29 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru